Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bahoze ari abayoboke b’itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa 7, babujije abana babo  kujya ku ishuri ngo baziga bageze mu Ijuru kuko ngo mu mashuri yo ku Isi barya ibiryo byo kwa satani.

Akoresheje ingingo y’Itegeko Nshinga rya Republika y’u Rwanda, Rukerikibaye Dawidi, umwe muri abo babyeyi badakozwa ibyo kohereza abana ku ishuri kubera imyemerere ye, avuga ko ari ukwishyira ukizana ndetse yiyama umunyamakuru gufata amajwi n’amafoto.

Ati “Mu Itegeko Nshinga twatoye, ntihabayeho kuvuga ngo umuntu yishyire yizane…”

Uyu mugabo nyuma yo gukeka ko umunyamakuru ari kumufata amajwi yafashe umwanzuro wo kumusobanurira ukwizera kwe yikingiranye mu nzu ndetse ashimangira ko ariwe wigisha abana be kuko ngo ariryo shuri ry’ukuri.

Uyu mubyeyi yageze aho abwira umunyamakuru ko abana babo biga, ariko ko bafite imyigire yabo yihariye, kandi ko batigishwa n’abarimu bigisha abandi bose.

Ati “Abana bacu bariga biga gusoma, biga iby’ubwenge n’iby’umwuka […] kwigana n’abandi bwo, dusoma ngo ishuri rya mbere ni ishuri rya kirisito.”

Ni ingingo bamwe mu baturanyi babo banenga, bakavuga ko

Sure mu murenge wa Mushubati aho atuye bamaganira kure bakavuga ko aba babyeyi bihaye kwigisha abana babo, batabifitiye ubushobozi.

Umwe ati “N’iyo turi nko mu kabari tukaganira na bagenzi bacu tukajya inama, turavuga ngo iki kintu ariko nticyari gikwiye.”

Tuyisenge Camille, Umuyobozi wungirije ushinzwe imyitwarire n’imico GS Sure yigagaho bamwe muri aba bana, avuga ko bagerageje kuganiriza bamwe muri abo babyeyi umwaka ushize wa 2023 ariko ngo bamwe banze kuva ku izima.

Ati “Umwe yarabyumvise ndetse abana yemera kubarekura nubwo bigoranye kugira icyo abagenera wenda dushyiramo imbaraga zacu nk’ikigo dufatanyije n’abarezi dukorana, abandi bo ntabwo bari babyumva barakinangiye.”

Bamwe mu bana bagaruwe ku ishuri n’iki kigo, batekerereje umunyamakuru ibyo bari babwiwe n’ababyeyi babo kugira ngo bahagarike ishuri.

Umwe ati “Ngo tuzigishwa n’abamalayika, inaha ngo tuzajya twigishwa n’ababyeyi bacu, ngo mbere yo kujya ku ishuri ngo tuzabanze ngo dusenge Imana kandi ngo ibiryo barya hano ngo bituruka kwa satani, bo barya ibijumba ngo nta n’ubwo barya imyumbati n’ibishyimbo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umuganwa Marie Chantal yabwiye RADIOTV10 ko iby’iki kibazo batari babizi.

Yagize ati “Ubwo niba hari aho wabibonye turabikurikirana turebe ikibazo bafite tubabwira ko abana bagomba kujya kwiga kuko ari bo Rwanda rw’ejo.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo bagaragaye i Roma basa nk’abaganira bamwenyura

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.