Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bahoze ari abayoboke b’itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa 7, babujije abana babo  kujya ku ishuri ngo baziga bageze mu Ijuru kuko ngo mu mashuri yo ku Isi barya ibiryo byo kwa satani.

Akoresheje ingingo y’Itegeko Nshinga rya Republika y’u Rwanda, Rukerikibaye Dawidi, umwe muri abo babyeyi badakozwa ibyo kohereza abana ku ishuri kubera imyemerere ye, avuga ko ari ukwishyira ukizana ndetse yiyama umunyamakuru gufata amajwi n’amafoto.

Ati “Mu Itegeko Nshinga twatoye, ntihabayeho kuvuga ngo umuntu yishyire yizane…”

Uyu mugabo nyuma yo gukeka ko umunyamakuru ari kumufata amajwi yafashe umwanzuro wo kumusobanurira ukwizera kwe yikingiranye mu nzu ndetse ashimangira ko ariwe wigisha abana be kuko ngo ariryo shuri ry’ukuri.

Uyu mubyeyi yageze aho abwira umunyamakuru ko abana babo biga, ariko ko bafite imyigire yabo yihariye, kandi ko batigishwa n’abarimu bigisha abandi bose.

Ati “Abana bacu bariga biga gusoma, biga iby’ubwenge n’iby’umwuka […] kwigana n’abandi bwo, dusoma ngo ishuri rya mbere ni ishuri rya kirisito.”

Ni ingingo bamwe mu baturanyi babo banenga, bakavuga ko

Sure mu murenge wa Mushubati aho atuye bamaganira kure bakavuga ko aba babyeyi bihaye kwigisha abana babo, batabifitiye ubushobozi.

Umwe ati “N’iyo turi nko mu kabari tukaganira na bagenzi bacu tukajya inama, turavuga ngo iki kintu ariko nticyari gikwiye.”

Tuyisenge Camille, Umuyobozi wungirije ushinzwe imyitwarire n’imico GS Sure yigagaho bamwe muri aba bana, avuga ko bagerageje kuganiriza bamwe muri abo babyeyi umwaka ushize wa 2023 ariko ngo bamwe banze kuva ku izima.

Ati “Umwe yarabyumvise ndetse abana yemera kubarekura nubwo bigoranye kugira icyo abagenera wenda dushyiramo imbaraga zacu nk’ikigo dufatanyije n’abarezi dukorana, abandi bo ntabwo bari babyumva barakinangiye.”

Bamwe mu bana bagaruwe ku ishuri n’iki kigo, batekerereje umunyamakuru ibyo bari babwiwe n’ababyeyi babo kugira ngo bahagarike ishuri.

Umwe ati “Ngo tuzigishwa n’abamalayika, inaha ngo tuzajya twigishwa n’ababyeyi bacu, ngo mbere yo kujya ku ishuri ngo tuzabanze ngo dusenge Imana kandi ngo ibiryo barya hano ngo bituruka kwa satani, bo barya ibijumba ngo nta n’ubwo barya imyumbati n’ibishyimbo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umuganwa Marie Chantal yabwiye RADIOTV10 ko iby’iki kibazo batari babizi.

Yagize ati “Ubwo niba hari aho wabibonye turabikurikirana turebe ikibazo bafite tubabwira ko abana bagomba kujya kwiga kuko ari bo Rwanda rw’ejo.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − one =

Previous Post

Abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo bagaragaye i Roma basa nk’abaganira bamwenyura

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.