Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bahoze ari abayoboke b’itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa 7, babujije abana babo  kujya ku ishuri ngo baziga bageze mu Ijuru kuko ngo mu mashuri yo ku Isi barya ibiryo byo kwa satani.

Akoresheje ingingo y’Itegeko Nshinga rya Republika y’u Rwanda, Rukerikibaye Dawidi, umwe muri abo babyeyi badakozwa ibyo kohereza abana ku ishuri kubera imyemerere ye, avuga ko ari ukwishyira ukizana ndetse yiyama umunyamakuru gufata amajwi n’amafoto.

Ati “Mu Itegeko Nshinga twatoye, ntihabayeho kuvuga ngo umuntu yishyire yizane…”

Uyu mugabo nyuma yo gukeka ko umunyamakuru ari kumufata amajwi yafashe umwanzuro wo kumusobanurira ukwizera kwe yikingiranye mu nzu ndetse ashimangira ko ariwe wigisha abana be kuko ngo ariryo shuri ry’ukuri.

Uyu mubyeyi yageze aho abwira umunyamakuru ko abana babo biga, ariko ko bafite imyigire yabo yihariye, kandi ko batigishwa n’abarimu bigisha abandi bose.

Ati “Abana bacu bariga biga gusoma, biga iby’ubwenge n’iby’umwuka […] kwigana n’abandi bwo, dusoma ngo ishuri rya mbere ni ishuri rya kirisito.”

Ni ingingo bamwe mu baturanyi babo banenga, bakavuga ko

Sure mu murenge wa Mushubati aho atuye bamaganira kure bakavuga ko aba babyeyi bihaye kwigisha abana babo, batabifitiye ubushobozi.

Umwe ati “N’iyo turi nko mu kabari tukaganira na bagenzi bacu tukajya inama, turavuga ngo iki kintu ariko nticyari gikwiye.”

Tuyisenge Camille, Umuyobozi wungirije ushinzwe imyitwarire n’imico GS Sure yigagaho bamwe muri aba bana, avuga ko bagerageje kuganiriza bamwe muri abo babyeyi umwaka ushize wa 2023 ariko ngo bamwe banze kuva ku izima.

Ati “Umwe yarabyumvise ndetse abana yemera kubarekura nubwo bigoranye kugira icyo abagenera wenda dushyiramo imbaraga zacu nk’ikigo dufatanyije n’abarezi dukorana, abandi bo ntabwo bari babyumva barakinangiye.”

Bamwe mu bana bagaruwe ku ishuri n’iki kigo, batekerereje umunyamakuru ibyo bari babwiwe n’ababyeyi babo kugira ngo bahagarike ishuri.

Umwe ati “Ngo tuzigishwa n’abamalayika, inaha ngo tuzajya twigishwa n’ababyeyi bacu, ngo mbere yo kujya ku ishuri ngo tuzabanze ngo dusenge Imana kandi ngo ibiryo barya hano ngo bituruka kwa satani, bo barya ibijumba ngo nta n’ubwo barya imyumbati n’ibishyimbo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umuganwa Marie Chantal yabwiye RADIOTV10 ko iby’iki kibazo batari babizi.

Yagize ati “Ubwo niba hari aho wabibonye turabikurikirana turebe ikibazo bafite tubabwira ko abana bagomba kujya kwiga kuko ari bo Rwanda rw’ejo.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 11 =

Previous Post

Abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo bagaragaye i Roma basa nk’abaganira bamwenyura

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.