Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko ubutaka bwe bwiswe ubwa Leta kubera kubura ibihumbi 50 Frw yasabwaga n’umuyobozi ngo abwandikweho, avuga ko muri 2019 ubwo yari agiye kugeza ikibazo cye kuri Perezida Paul Kagame, abayobozi bamukumiriye bamwizeza ko ikibazo cye cyakemutse, none amaze imyaka ine asiragira

Uyu muturage witwa Mucumbitsi Paul utuye mu Mudugudu wa Gahinga mu Kagari ka Basa, avuga ko mu mwaka wa 1947 ari bwo haje umushinga witwa Fond du Bien Etre Indigene FBI wasimbuwe n’uwitwa Association International Pour le Development Rural AIDR wubaka ibikorwa by’amazi ahantu hatandukanye mu mirima y’abaturage.

Umurima w’ababyeyi b’uyu muturage, uri mu yubatsweho ibi bikorwa remezo, ariko ayo mavomero aza kwangirika, bituma ubutaka yari yubatseho busubizwa ba nyirabwo, na we asubirana ubu bwahoze ari ubw’ababyeyi be nk’umuzungura.

Mucumbitsi avuga ko yakomeje kubyaza umusaruro ubu butaka kugeza ubwo hazagaho gahunda yo kwandika ubutaka ku baturage.

Avuga ko icyo gihe ari bwo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burinda yamwatse amafaranga ibihumbi 50 Frw kugira ngo yandikweho ubwo butaka, arayabura, buhita bwitwa ubwa Leta.

Ati “Igihe ngiye kubarura, Gitifu aba arampagaritse ngo ni ubwa Leta, ngo niba utampaye amafara ibihumbi 50 ngo simpaguha, nanjye ngo sindaguha ayo mafaranga kandi ntari kugura mu bukode bwa data.”

Uyu muturage akomeza avuga ko yahise atangira kwandikira inzego za Leta kuva ku Kagari n’Umurenge kugeza ku Karere, abasaba kumurenganura ariko ngo zikomeza kumusiragiza.

Ati “Kugeza n’ubu ndacyandika kandi mfite n’ibipapuro natangiriyeho.”

Mu kwezi kwa 05 muri 2019 Perezida wa Repubulika yasuye Akarere ka Rubavu uyu muturage ngo ashatse kumugeza ikibazo cye abayobozi baramukumira bamubwira ko ikibazo cye cyakemutse yaza gufata icyangombwa cy’ubutaka bwe.

Ati “Perezida aje ku Gisenyi, hariya ku Nyundo, ngize ngo ngiye kukimubaza barangarura abayobozi, n’uw’Akarere utanga iby’ubutaka witwa Bigaya, ngo wowe ikibazo cyawe twaracyujuje  ejo uzaze gufata icyangombwa cyawe tugusubize umurima wawe.”

Akomeza avuga ko yagiyeyo bakomeza kumusiragiza kugeza bamubwiye ko basanze umurima ari uwa Leta.

Muri 2018 ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwagiriye Inama ubw’Akarere ka Rubavu, kureba abantu bose bafite ubutaka bwakoreshwaga mu buryo bumwe n’ubwa Mucumbitsi Paul kugira ngo busubizwe mu maboko ya Leta niba kandi bidakozwe bityo uyu na we agahabwa ubutaka yita ubwe kuko bwakoreshwaga mu buryo bumwe akabwamburwa wenyine mu gihe abandi babufite.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Nagane urukiko rumwegereye, ahereye ku bunzi, abaturanyi nibo bazi ukuri kurusha aba kure. Umwanzuro wabo natawishimira ajurirure urukiko rw’ibanze bizakemuka. Kuva ataragana ubutabera mu rwego rw’amategeko bivuze ko atararengana. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Next Post

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.