Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko ubutaka bwe bwiswe ubwa Leta kubera kubura ibihumbi 50 Frw yasabwaga n’umuyobozi ngo abwandikweho, avuga ko muri 2019 ubwo yari agiye kugeza ikibazo cye kuri Perezida Paul Kagame, abayobozi bamukumiriye bamwizeza ko ikibazo cye cyakemutse, none amaze imyaka ine asiragira

Uyu muturage witwa Mucumbitsi Paul utuye mu Mudugudu wa Gahinga mu Kagari ka Basa, avuga ko mu mwaka wa 1947 ari bwo haje umushinga witwa Fond du Bien Etre Indigene FBI wasimbuwe n’uwitwa Association International Pour le Development Rural AIDR wubaka ibikorwa by’amazi ahantu hatandukanye mu mirima y’abaturage.

Umurima w’ababyeyi b’uyu muturage, uri mu yubatsweho ibi bikorwa remezo, ariko ayo mavomero aza kwangirika, bituma ubutaka yari yubatseho busubizwa ba nyirabwo, na we asubirana ubu bwahoze ari ubw’ababyeyi be nk’umuzungura.

Mucumbitsi avuga ko yakomeje kubyaza umusaruro ubu butaka kugeza ubwo hazagaho gahunda yo kwandika ubutaka ku baturage.

Avuga ko icyo gihe ari bwo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burinda yamwatse amafaranga ibihumbi 50 Frw kugira ngo yandikweho ubwo butaka, arayabura, buhita bwitwa ubwa Leta.

Ati “Igihe ngiye kubarura, Gitifu aba arampagaritse ngo ni ubwa Leta, ngo niba utampaye amafara ibihumbi 50 ngo simpaguha, nanjye ngo sindaguha ayo mafaranga kandi ntari kugura mu bukode bwa data.”

Uyu muturage akomeza avuga ko yahise atangira kwandikira inzego za Leta kuva ku Kagari n’Umurenge kugeza ku Karere, abasaba kumurenganura ariko ngo zikomeza kumusiragiza.

Ati “Kugeza n’ubu ndacyandika kandi mfite n’ibipapuro natangiriyeho.”

Mu kwezi kwa 05 muri 2019 Perezida wa Repubulika yasuye Akarere ka Rubavu uyu muturage ngo ashatse kumugeza ikibazo cye abayobozi baramukumira bamubwira ko ikibazo cye cyakemutse yaza gufata icyangombwa cy’ubutaka bwe.

Ati “Perezida aje ku Gisenyi, hariya ku Nyundo, ngize ngo ngiye kukimubaza barangarura abayobozi, n’uw’Akarere utanga iby’ubutaka witwa Bigaya, ngo wowe ikibazo cyawe twaracyujuje  ejo uzaze gufata icyangombwa cyawe tugusubize umurima wawe.”

Akomeza avuga ko yagiyeyo bakomeza kumusiragiza kugeza bamubwiye ko basanze umurima ari uwa Leta.

Muri 2018 ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwagiriye Inama ubw’Akarere ka Rubavu, kureba abantu bose bafite ubutaka bwakoreshwaga mu buryo bumwe n’ubwa Mucumbitsi Paul kugira ngo busubizwe mu maboko ya Leta niba kandi bidakozwe bityo uyu na we agahabwa ubutaka yita ubwe kuko bwakoreshwaga mu buryo bumwe akabwamburwa wenyine mu gihe abandi babufite.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Nagane urukiko rumwegereye, ahereye ku bunzi, abaturanyi nibo bazi ukuri kurusha aba kure. Umwanzuro wabo natawishimira ajurirure urukiko rw’ibanze bizakemuka. Kuva ataragana ubutabera mu rwego rw’amategeko bivuze ko atararengana. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Next Post

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.