Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamusanze aryamanye n’umugore w’abandi yambaye akenda k’imbere avuga ko yari amuzaniye impapuro z’urubanza

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
Bamusanze aryamanye n’umugore w’abandi yambaye akenda k’imbere avuga ko yari amuzaniye impapuro z’urubanza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo bafatiye mu buriri aryamanye n’umugore w’undi mugabo wo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, yisobanuye avuga ko yari azaniye uwo mugore impapuro z’urubanza.

Uyu mugabo bivugwa ko yari aturutse mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’umugabo w’umugore bikekwa ko bariho basambanya ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022.

Uwamahoro Telesphore uyobora Umurenge wa Masoro, yatangaje ko iyi nkuru ari impamo koko, ko uyu mugabo yafatiwe mu rugo rw’abandi ndetse yaba we ndetse n’umugore akekwaho gukorana imibonano mpuzabitsina bombi bajyanwe na RIB kugira ngo hakorwe iperereza.

Uyu mugabo wabafashe, avuga ko umugore we bafitanye abana batatu asanzwe amuca inyuma ndetse ko bari bamaze igihe bari mu nzira zo gutandukana ariko ko hari harabuze ibizibiti.

Abaturanyi kandi bavuga ko uyu mugore afite n’umwana yabyaranye n’undi mugabo utari uyu bafitanye isezerano ndetse utari n’uyu bari baryamanye.

Uwabafashe usanzwe anafitanye isezerano n’umugore ariko bakaba batakibana, avuga ko yahawe amakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ko umugore we aryamanye n’undi mugabo, agahita aza kureba agasanga koko ibyo bamubwiye ari impamo.

Akuhagera, yarungukiye mu idishya, abona umugore we ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’uwo mugabo wundi, agahita abimenyesha Mutwarasibo na Mudugudu.

Uyu mugabo avuga ko ubwo abo bayobozi bazaga, binjiye mu cyumba basanga umugabo ukekwaho gusambanya umugore w’abandi, yambaye akenda k’imbere “atubwira ko yari azaniye umugore wanjye impapuro z’urubanza afite.”

Ati “Twinjiye mu nzu dusanga bari mu cyumba, bari bafite n’amacupa y’inzoga, inyama bari batetse abana bari baje gushungera nibo baziririye.”

Uyu mugabo uvuga ko yahunze umugore we akajya mu bukode, avuga ko bamaze imyaka itandatu batabana akaba we yarajyanye n’abana babo batatu babyaranye bakaba babana mu bukode.

Avuga ko umugore we yanamuhozaga ku nkeke, ndetse anamuca inyuma agahitamo gufata iki cyemezo cyo kumuhunga akumusingira inzu ye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Gicumbi: Bane bafunzwe bakekwaho kwica umwarimu wasanzwe mu ishyamba yapfuye

Next Post

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.