Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamusanze aryamanye n’umugore w’abandi yambaye akenda k’imbere avuga ko yari amuzaniye impapuro z’urubanza

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
Bamusanze aryamanye n’umugore w’abandi yambaye akenda k’imbere avuga ko yari amuzaniye impapuro z’urubanza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo bafatiye mu buriri aryamanye n’umugore w’undi mugabo wo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, yisobanuye avuga ko yari azaniye uwo mugore impapuro z’urubanza.

Uyu mugabo bivugwa ko yari aturutse mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’umugabo w’umugore bikekwa ko bariho basambanya ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022.

Uwamahoro Telesphore uyobora Umurenge wa Masoro, yatangaje ko iyi nkuru ari impamo koko, ko uyu mugabo yafatiwe mu rugo rw’abandi ndetse yaba we ndetse n’umugore akekwaho gukorana imibonano mpuzabitsina bombi bajyanwe na RIB kugira ngo hakorwe iperereza.

Uyu mugabo wabafashe, avuga ko umugore we bafitanye abana batatu asanzwe amuca inyuma ndetse ko bari bamaze igihe bari mu nzira zo gutandukana ariko ko hari harabuze ibizibiti.

Abaturanyi kandi bavuga ko uyu mugore afite n’umwana yabyaranye n’undi mugabo utari uyu bafitanye isezerano ndetse utari n’uyu bari baryamanye.

Uwabafashe usanzwe anafitanye isezerano n’umugore ariko bakaba batakibana, avuga ko yahawe amakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ko umugore we aryamanye n’undi mugabo, agahita aza kureba agasanga koko ibyo bamubwiye ari impamo.

Akuhagera, yarungukiye mu idishya, abona umugore we ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’uwo mugabo wundi, agahita abimenyesha Mutwarasibo na Mudugudu.

Uyu mugabo avuga ko ubwo abo bayobozi bazaga, binjiye mu cyumba basanga umugabo ukekwaho gusambanya umugore w’abandi, yambaye akenda k’imbere “atubwira ko yari azaniye umugore wanjye impapuro z’urubanza afite.”

Ati “Twinjiye mu nzu dusanga bari mu cyumba, bari bafite n’amacupa y’inzoga, inyama bari batetse abana bari baje gushungera nibo baziririye.”

Uyu mugabo uvuga ko yahunze umugore we akajya mu bukode, avuga ko bamaze imyaka itandatu batabana akaba we yarajyanye n’abana babo batatu babyaranye bakaba babana mu bukode.

Avuga ko umugore we yanamuhozaga ku nkeke, ndetse anamuca inyuma agahitamo gufata iki cyemezo cyo kumuhunga akumusingira inzu ye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Gicumbi: Bane bafunzwe bakekwaho kwica umwarimu wasanzwe mu ishyamba yapfuye

Next Post

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.