Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

radiotv10by radiotv10
17/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwo mu Rwanda, bavuga ko hari benshi basigaye bishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ngo kuko agakingirizo kadatuma umuntu ashira ipfa ngo anishimane byuzuye n’uwo bishimiranye.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) giherutse gutangaza ko abantu bandura Virusi itera SIDA mu Rwanda buri mwaka ari ibihumbi bitanu (5 000) kandi ko abenshi bandura ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24.

Umukozi w’iki kigo (RBC) ushinzwe ubushakashatsi kuri virusi itera SIDA, Dr Eric Remera aherutse kugira ati “Noneho muri ibyo bihumbi bitanu 33% yabo ni urubyiruko; ni ukuvuga ngo byibuze ni abantu 1500.”

Bamwe mu rubyiruko baganirije RADIOTV10, bavuze ko hari bamwe bahitamo gukorera aho mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina kuko baba bizeye abo bagiye kuyikorana kandi babishimiye.

Umwe ati “Urabizi ko mu buzima gukora imibonano mpuzabitsina ni ibintu karemano, ni ibintu turemwemo, buri wese akenera. Hari igihe uba ugiye kuryamana n’umuntu wishimiye wizeye muziranye, aho nawe birumvikana ntabwo…”

Uyu mukobwa akomeza avuga ko benshi mu bakobwa bafite abahungu b’abakunzi bamaranye igihe, badakunze gukoresha udukingirizo kuko tudatuma bagera ku ngingo y’ibyishimo.

Ati “Nk’urugero nshobora kuba mfite nk’umukunzi, tumaranye igihe, icyo gihe njyewe nshobora kugenda tukarya bango [imvugo y’abato ivuga gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye].”

Bamwe muri uru rubyiruko rurimo n’urwiga muri kaminuza, ruvuga ko bamwe muri bo muri iki gihe bafite ubushyuhe bwinshi ku buryo hari n’abadatinya gukorera imibonano mpuzabitsina mu nzira, bigatuma batabasha kubona utwo dukingirizo.

Undi ati “Nk’abahurira muri za campus, hari ababirangiriza mu mashyamba bisindiye ntahantu yagura agakingirizo ayo majoro, ugasanga apfuye kubikora nyine. N’ubujiji buzamo, umuntu agakora ikintu atabanje gutekereza bihagije.”

Hari n’abagabo kandi bajya mu tubari bamara guhembuka bagashaka gukomereza ibyishimo mu mibonano mpuzabitsina kandi ko ntawibuka gukoresha agakigingirizo.

Bamwe bavuga ko aba bagabo baba basanzwe bafite abagore, bagatinya kugenda udukingirizo kugira ngo abagore babo batazabatahura ko babaca inyuma.

Umwe mu baturage yagize ati “Kubera ko abenshi baba bafite ingo, buriya batinya kugura udukingirizo kuko aba avuga ati ‘ese ngasize mu ipantalo, umugore akakabona kandi tutagakoresha, yabyumva gute?’.”

Impuguke akaba n’umuganga w’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, Dr Makangari Denis avuga ko abakomeje gukerensa virusi itera SIDA hari byinshi birengagiza kuko uretse kuba iyi ndwara inagira ingaruka ku mitekerereze y’uwayanduye.

Iyi mpuguke ivuga ko gukoresha agakingirizo hirindwa SIDA ari no kwirinda ibindi bibazo byo mu mutwe ko iyo umuntu azi ko yakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye ahora ikikango ko yanduye bigatuma ntakintu yakora agishyizeho umwete.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − four =

Previous Post

“Haba hameze nk’ahazanywe batayo y’indaya”…Hari ahiswe irimbukiro kubera uburaya bukabije

Next Post

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.