Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka ibiri agonzwe n’imodoka y’Umushinga wa World Vision hakaba harabuze ubushobozi bwo gukomeza kumuvuza bikamuviramo kuba pararize ndetse kugeza ubu bakaba batazi irengero ku ndishyi z’iyo mpanuka.

Ubwo Habumugisha Frank yari afite imyaka irindwi yaratangiye amashuri abanza, ni bwo yagonzwe n’imodoka ya World Vision ndetse uwo mushinga uhita umutangira mituweri uranamuvuza, akimara kuva muri koma ntiwongera kumukurikirana.

Nyuma yo gusezererwa n’Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Huye, uyu mwana yajyanwaga mu Bitaro bya Mibilizi kugororwa ingingo, ariko ubushobozi buza kubura bimuviramo kuba pararize nk’uko Uwizeyimana Jeanne umurera abivuga.

Ati “Twamujyanaga i Mibilizi bakamukoresha siporo biza kurangira ubushobozi buhagaze. Ubwo rero nyuma yo kubura ubwo bushobozi twamurekeye mu nzu. Ntahaguruka aho ari, kwihagarika na byo abikorera aho aryamye nta n’ubwo abasha kuvuga.”

Abaturage banenga World Vision ubusanzwe izwiho guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ariko ikaba yaratereranye uyu mwana kugeza aho amugariye ku kirago kubera kubura ubuvuzi.

Mukamanzi Rachel ati “Nyuma y’aho aviriye i Butare nta kintu World Vision yongeye kumukorera. Uretse iyo mituweri bamwishyuriye rimwe, ariko nyuma yaho batereye agati mu ryinyo ntakugaruka kumureba mu gihe ari bo bari bakagombye kumuba hafi kugeza igihe n’iyo asiranse ibonetse.”

Nkeshamugabo Ephrem na we ati “Rwose baba baramuvuje, uriya mushinga ngo ufasha abababaye, none umuntu baramugonze reba ukuntu ameze, aho kugira ngo bamwiteho dore baramutereranye.”

Uretse kuba uyu mwana atarakurikiranywe ngo abone ubuvuzi bw’ingingo zaje kumugara, hari n’ikindi kibazo cy’uko batamenye amaherezo y’ibijyanye n’ubwishingizi kuko umunyamategeko bari biyambaje yaba yarababereye gito.

Uwizeyimana Jeanne ati “Twebwe twaheze mu gihirahiro kandi nta bushobozi twifitiye bwo kubikurikirana. Iyo duhamagaye umunyamategeko aratubwira ngo igihe ntikiragera kandi twarateganyaga ko ayo mafaranga tuyabonye byadufasha uyu mwana akaba yanavuzwa.”

Umuyobozi wa World Vision muri Rusizi na Nyamasheke, Mupenzi Frank yemera ko uyu mwana yagonzwe n’imodoka y’uyu mushinga ariko akavuga ko bahise bamuha ubutabazi bw’ibanze mu kumuvuza, ku rundi ruhande bikumvikana ko hatabayeho gutera intambwe mu gukurikirana ubwishingizi (insurance).

Agira ati “Iyi case yabayeho koko turayizi. Imodoka yaciyeho abana bari munsi y’umuhanda baza biruka kubera ko bari benshi basunikana bafashe ku modoka umwana yikubita hasi mu muhanda arakomereka. Twahamagaye polisi iraza irapima ikora raporo. Ntabwo twigeze turegwa mu Rukiko kugeza ubu. Twamuhaye ubutabazi bw’ibanze, ibindi by’ubufasha twibwiye ko iwabo w’umwana bari bukomeze gukurikirana insurance bakabona icyo amategeko yaba ateganya.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel yabwiye RADIOTV10 ko akimara kumenya iki kibazo yihutiye gusura uyu mwana ndetse avugana n’ubuyobozi bwa World Vision bemeranya ko buzamanuka nabwo bukamusura kugira ngo hareberwe hamwe icyo gukora.

Ntibyashobokeye umunyamakuru wa RADIOTV10 kubona umwunganizi mu by’amategeko wari witabajwe ngo akurikirane iby’amategeko ateganyiriza uyu mwana kubera iyi mpanuka ngo imubaze aho ageze abikurikirana kuko we ngo yaba avuga ko urubanza rutarageza igihe cyo kuburanishwa, nyamara World Vision yo ikavuga ko nta ntambwe yatewe.

Bivugwa ko kubera impamvu z’ubukene, umubyeyi w’uyu mwana yaje kubura ubushobozi bwo kumwitaho biba ngombwa ko umuturanyi amujyana iwe kugira ngo ntiyicwe n’inzara ariko nabwo bitewe no kuba atabasha kuva aho ari bavuga ko bamukingirana mu nzu by’amaburakindi mu gihe baba bagiye gushakisha imibereho.

Umuturage umwitaho avuga ko biba bitamworoheye kubera amikoro adahagije

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + fifteen =

Previous Post

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Next Post

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.