Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka ibiri agonzwe n’imodoka y’Umushinga wa World Vision hakaba harabuze ubushobozi bwo gukomeza kumuvuza bikamuviramo kuba pararize ndetse kugeza ubu bakaba batazi irengero ku ndishyi z’iyo mpanuka.

Ubwo Habumugisha Frank yari afite imyaka irindwi yaratangiye amashuri abanza, ni bwo yagonzwe n’imodoka ya World Vision ndetse uwo mushinga uhita umutangira mituweri uranamuvuza, akimara kuva muri koma ntiwongera kumukurikirana.

Nyuma yo gusezererwa n’Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Huye, uyu mwana yajyanwaga mu Bitaro bya Mibilizi kugororwa ingingo, ariko ubushobozi buza kubura bimuviramo kuba pararize nk’uko Uwizeyimana Jeanne umurera abivuga.

Ati “Twamujyanaga i Mibilizi bakamukoresha siporo biza kurangira ubushobozi buhagaze. Ubwo rero nyuma yo kubura ubwo bushobozi twamurekeye mu nzu. Ntahaguruka aho ari, kwihagarika na byo abikorera aho aryamye nta n’ubwo abasha kuvuga.”

Abaturage banenga World Vision ubusanzwe izwiho guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ariko ikaba yaratereranye uyu mwana kugeza aho amugariye ku kirago kubera kubura ubuvuzi.

Mukamanzi Rachel ati “Nyuma y’aho aviriye i Butare nta kintu World Vision yongeye kumukorera. Uretse iyo mituweri bamwishyuriye rimwe, ariko nyuma yaho batereye agati mu ryinyo ntakugaruka kumureba mu gihe ari bo bari bakagombye kumuba hafi kugeza igihe n’iyo asiranse ibonetse.”

Nkeshamugabo Ephrem na we ati “Rwose baba baramuvuje, uriya mushinga ngo ufasha abababaye, none umuntu baramugonze reba ukuntu ameze, aho kugira ngo bamwiteho dore baramutereranye.”

Uretse kuba uyu mwana atarakurikiranywe ngo abone ubuvuzi bw’ingingo zaje kumugara, hari n’ikindi kibazo cy’uko batamenye amaherezo y’ibijyanye n’ubwishingizi kuko umunyamategeko bari biyambaje yaba yarababereye gito.

Uwizeyimana Jeanne ati “Twebwe twaheze mu gihirahiro kandi nta bushobozi twifitiye bwo kubikurikirana. Iyo duhamagaye umunyamategeko aratubwira ngo igihe ntikiragera kandi twarateganyaga ko ayo mafaranga tuyabonye byadufasha uyu mwana akaba yanavuzwa.”

Umuyobozi wa World Vision muri Rusizi na Nyamasheke, Mupenzi Frank yemera ko uyu mwana yagonzwe n’imodoka y’uyu mushinga ariko akavuga ko bahise bamuha ubutabazi bw’ibanze mu kumuvuza, ku rundi ruhande bikumvikana ko hatabayeho gutera intambwe mu gukurikirana ubwishingizi (insurance).

Agira ati “Iyi case yabayeho koko turayizi. Imodoka yaciyeho abana bari munsi y’umuhanda baza biruka kubera ko bari benshi basunikana bafashe ku modoka umwana yikubita hasi mu muhanda arakomereka. Twahamagaye polisi iraza irapima ikora raporo. Ntabwo twigeze turegwa mu Rukiko kugeza ubu. Twamuhaye ubutabazi bw’ibanze, ibindi by’ubufasha twibwiye ko iwabo w’umwana bari bukomeze gukurikirana insurance bakabona icyo amategeko yaba ateganya.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel yabwiye RADIOTV10 ko akimara kumenya iki kibazo yihutiye gusura uyu mwana ndetse avugana n’ubuyobozi bwa World Vision bemeranya ko buzamanuka nabwo bukamusura kugira ngo hareberwe hamwe icyo gukora.

Ntibyashobokeye umunyamakuru wa RADIOTV10 kubona umwunganizi mu by’amategeko wari witabajwe ngo akurikirane iby’amategeko ateganyiriza uyu mwana kubera iyi mpanuka ngo imubaze aho ageze abikurikirana kuko we ngo yaba avuga ko urubanza rutarageza igihe cyo kuburanishwa, nyamara World Vision yo ikavuga ko nta ntambwe yatewe.

Bivugwa ko kubera impamvu z’ubukene, umubyeyi w’uyu mwana yaje kubura ubushobozi bwo kumwitaho biba ngombwa ko umuturanyi amujyana iwe kugira ngo ntiyicwe n’inzara ariko nabwo bitewe no kuba atabasha kuva aho ari bavuga ko bamukingirana mu nzu by’amaburakindi mu gihe baba bagiye gushakisha imibereho.

Umuturage umwitaho avuga ko biba bitamworoheye kubera amikoro adahagije

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Next Post

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Related Posts

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15...

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda RAB, cyagaragarije abatunze imbwa ibyo bagomba kubahiriza, aho buri wese uyitunze agomba kubimenyesha...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere ‘Meteo Rwanda’ cyatangaje ko imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, iri hejuru y’ikigero...

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

Kirehe: Hari Abajyanama b’Ubuzima bari mu rujijo rw’icyo batangiye Miliyoni 17Frw

by radiotv10
01/09/2025
0

Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Mushikiri, bavuga ko hashize myaka ibiri batanze Miliyoni 17 Frw nk’umugabane mu mushinga wo...

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

by radiotv10
01/09/2025
0

President Paul Kagame has arrived in Dakar, Senegal, where he is attending the Africa Food Systems Forum, a summit focused...

IZIHERUKA

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

by radiotv10
01/09/2025
0

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

01/09/2025
Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

01/09/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

01/09/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

01/09/2025
Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

01/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.