Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bararira ayo kwarika kubera umushoramari wabizeje ibitangaza none umwaka urihiritse baramubuze

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bararira ayo kwarika kubera umushoramari wabizeje ibitangaza none umwaka urihiritse baramubuze
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’urusenda bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, bararira ayo kwarika nyuma yuko umushoramari aje abizeza ko azaboherereza umusaruro i Burayi no muri Korea, akawukusanya, none umwaka ukaba ushize barayobewe irengero rye.

Aba bahinzi b’urusenda, bavuga ko rwiyemezamirimo witwa Musabyimana Clement yabatwariye umusaruro w’ibilo 500 abizeza ko mu gihe cya vuba azabishyura.

Nyuma baramutegereje baramubura, bagera n’aho bamuhamagara kuri telefone ariko akaba yaranze kubitaba, none bagasaba ko ubuyobozi bubyinjiramo

Mpatswenumugabo Pierre Celestin ati “Yatubwiraga ko afite ikompanyi yohereza urusenda mu Buholandi no muri Koreya ndetse no mu Bushinwa twumva ko ari umuntu tuzakorana neza, ariko twategereje ko atwishyura turaheba ku buryo iyo tumuhamagaye akabona ni nimero yacu ntabwo atwitaba.”

Aba bahinzi basaba ko Leta yabafasha nk’uko ijya ikurikirana ba rwiyemezamirimo bambura abaturage, na we akaba yabishyura kuko byabasubije inyuma mu rugendo rw’iterambere bari batangiye.

Mukasikiriza Mariya agira ati “Umuntu wo kuza agasanga abahinzi mu murima akabambura ibyabo ntaba abagiriye neza. Badufasha akatwishyura amafaranga yacu.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Ndagijimana Louis Munyemanzi yavuze ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Turi gushaka amakuru y’imyirondoro ye ya nyayo kugira ngo dukorane n’inzego z’umutekano. Umuntu wambuye abaturage wese nk’uko byatanzweho umurongo na nyakubahwa Perezida wa Repubulika agomba gukurikiranwa akishyura.”

Amafaranga uyu rwiyemezamirimo ashinjwa kwambura abaturage, ni ay’ibiro 500 by’umusaruro w’urusenga yajyanye muri Werurwe 2022 angana n’ibihumbi 540 Frw.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Next Post

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.