Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Barashinja Akagari kuba nyirabayazana y’ibishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga

radiotv10by radiotv10
09/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Barashinja Akagari kuba nyirabayazana y’ibishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, barashinza ubuyobozi bw’aka Kagari kuba nyirabayazana y’ikibazo kiri gutuma bajya kwa muganga ntibavurwe, nyamara barishyuye imisansu y’ubwisungane mu kwivuza.

Aba baturage baganiriye na RADIOTV10, bari ku Kigo cy’Ubuzima cya Bunyetongo, aho bari baje kwivuza, bavugaga ko bangiwe kuvurwa kuko ngo badafite inyemezabwishyu zigaragaza aho bishyuriye Ubwisungane mu kwivuza bw’uyu mwaka.

Mujawamariya Anne Marie wo mu Mudugudu wa Mpirindi muri aka Kagari, yagize ati “Umuntu ari kujya kwivuza bakamubwira ngo nazane inyemezabwishyu, ubundi ukayibura ugasanga banze kukuvura.”

Mukankusi Marthe we yavuze yagiye kwivuza, bakamubwira ko batamubona muri sisiteme, kandi yarishyuye umusanzu we.

Ati “Tugeze kwa muganga bati ‘ntabwo tukuvura nta mituweri watanze’. Ndavuga nti ‘ko se nayitanze imiryango yanjye yose nkaba narayishyuriye kubera iki mutamvura?’ Narayishyuye. Aya’mbere nayatanze mu kwezi kwa Gatanu, uwa nyuma namutangiye muri uku kwezi kwa Gatandatu mu matariki icumi.”

Aba baturage bahuriza ku gusaba ko bahabwa inyemezabwishyu kuko bikomeje kubagiraho ingaruka mu kwivuza, gusa kuri bo ngo ntibagakwiye kureka kubavuza kandi barishyuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien yemereye RADIOTV10 ko amafaranga yose abaturage bayamuhaye yayishyuye gusa ngo inyemezabwishyu ntiziraboneka kandi ko habayemo ikibazo cya Sisiteme ikoreshwa na benshi, gusa ngo bategereje kwemezwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB).

Ati “Icyo kibazo cyo cyari cyabayemo bitagaragara ko bishyuye n’inyemezabwishyu nazo zihari ariko bikanagaragara nanone ko umuntu atishyuye. Dutegereje ko byemezwa n’Ikigo cy’ubwiteganyirize RSSB kuko kwishyura bwo twarishyuye.”

Umukozi wa MobiCash ukorera muri uyu Murenge wa Murama, Munyakaragwe Syliver, uvugwaho ko yishyuriye aba baturage bose, we avuga ko yamaze kubishyurira ndetse ko n’izi nyemezabwishyu abayobozi bakwiye kuza kuzifara abakaziha abaturage.

Ati “Hari izasohowe zihari za cyera ahubwo abayobozi ni bo bakaza kuzifata kuko njyewe si njye wazibashyira.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize RSSB mu Karere ka Kayonza, Mushimiyimana Jerome avuga ko ubusanzwe iyo umuntu amaze kwishyura, ahita ujya kwivuza kuko aba yamaze kujya muri sisiteme.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Karama, gisanzwe gicunga iki kigo cy’ubuzima cya Bunyetongo, bushimangira ko butakwakira abaturage batagaragara muri sisiteme ko bishyuye, kuko ngo byateza igihombo Ikigo Nderabuzima.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seven =

Previous Post

Senegal: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yatangaje ibikanganye ku ngingo ikomeye ireba Abanyagihugu bose

Next Post

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.