Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Barashinja Akagari kuba nyirabayazana y’ibishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga

radiotv10by radiotv10
09/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Barashinja Akagari kuba nyirabayazana y’ibishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, barashinza ubuyobozi bw’aka Kagari kuba nyirabayazana y’ikibazo kiri gutuma bajya kwa muganga ntibavurwe, nyamara barishyuye imisansu y’ubwisungane mu kwivuza.

Aba baturage baganiriye na RADIOTV10, bari ku Kigo cy’Ubuzima cya Bunyetongo, aho bari baje kwivuza, bavugaga ko bangiwe kuvurwa kuko ngo badafite inyemezabwishyu zigaragaza aho bishyuriye Ubwisungane mu kwivuza bw’uyu mwaka.

Mujawamariya Anne Marie wo mu Mudugudu wa Mpirindi muri aka Kagari, yagize ati “Umuntu ari kujya kwivuza bakamubwira ngo nazane inyemezabwishyu, ubundi ukayibura ugasanga banze kukuvura.”

Mukankusi Marthe we yavuze yagiye kwivuza, bakamubwira ko batamubona muri sisiteme, kandi yarishyuye umusanzu we.

Ati “Tugeze kwa muganga bati ‘ntabwo tukuvura nta mituweri watanze’. Ndavuga nti ‘ko se nayitanze imiryango yanjye yose nkaba narayishyuriye kubera iki mutamvura?’ Narayishyuye. Aya’mbere nayatanze mu kwezi kwa Gatanu, uwa nyuma namutangiye muri uku kwezi kwa Gatandatu mu matariki icumi.”

Aba baturage bahuriza ku gusaba ko bahabwa inyemezabwishyu kuko bikomeje kubagiraho ingaruka mu kwivuza, gusa kuri bo ngo ntibagakwiye kureka kubavuza kandi barishyuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien yemereye RADIOTV10 ko amafaranga yose abaturage bayamuhaye yayishyuye gusa ngo inyemezabwishyu ntiziraboneka kandi ko habayemo ikibazo cya Sisiteme ikoreshwa na benshi, gusa ngo bategereje kwemezwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB).

Ati “Icyo kibazo cyo cyari cyabayemo bitagaragara ko bishyuye n’inyemezabwishyu nazo zihari ariko bikanagaragara nanone ko umuntu atishyuye. Dutegereje ko byemezwa n’Ikigo cy’ubwiteganyirize RSSB kuko kwishyura bwo twarishyuye.”

Umukozi wa MobiCash ukorera muri uyu Murenge wa Murama, Munyakaragwe Syliver, uvugwaho ko yishyuriye aba baturage bose, we avuga ko yamaze kubishyurira ndetse ko n’izi nyemezabwishyu abayobozi bakwiye kuza kuzifara abakaziha abaturage.

Ati “Hari izasohowe zihari za cyera ahubwo abayobozi ni bo bakaza kuzifata kuko njyewe si njye wazibashyira.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize RSSB mu Karere ka Kayonza, Mushimiyimana Jerome avuga ko ubusanzwe iyo umuntu amaze kwishyura, ahita ujya kwivuza kuko aba yamaze kujya muri sisiteme.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Karama, gisanzwe gicunga iki kigo cy’ubuzima cya Bunyetongo, bushimangira ko butakwakira abaturage batagaragara muri sisiteme ko bishyuye, kuko ngo byateza igihombo Ikigo Nderabuzima.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 3 =

Previous Post

Senegal: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yatangaje ibikanganye ku ngingo ikomeye ireba Abanyagihugu bose

Next Post

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.