Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Baratanga impuruza kubera bamwe batakariza ubuzima aho bwagakwiye kuramirirwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Baratanga impuruza kubera bamwe batakariza ubuzima aho bwagakwiye kuramirirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bivuriza ku Bitaro bikuru bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu binubira serivisi mbi bahabwa na bamwe mu baganga, ku buryo hari n’abahatakariza ubuzima kubera kurangaranwa, basaba Leta kwinjira muri ibi bibazo.

Benshi mu banenga imitangire itanoze ya serivisi z’ibi Bitaro Bikuru by’Akarere ka Rubavu, ni ababyeyi bajya kuhabyarira, barimo n’abemeza ko hari abana babo bahatakarije ubuzima bababyara.

Nyirarukundo Diane wo mu Murenge wa Nyakiriba avuga ko yoherejwe kubyarira muri ibi Bitaro, ariko abaganga bakamukorera ibikorwa byangije umwana we akiri mu nda, bituma ahatakariza ubuzima.

Avuga ko abaganga bamujombaguye ibintu mu nda. Ati “Muganga akimuzana twamukubise amaso, yari yabyimbagatanye ari kuvirirana, bigeze aho mbonye n’imiti bari kuntuma ndatekereza, ndavuga nti ‘ariko aba baganga ko ari bo babikoze, njyewe ko nta n’ubushobozi mfite bwo kugura iyi miti’, mpita mfata nimero z’umukuru w’ibitaro ndamuhamagara arangije abwira abaganga bari barimo ngo bajye banyandikira agapapuro ngende njye gufata imiti ntayiguze.”

Undi mubyeyi witwa Umuhoza naw e wo mu Murenge wa Nyakiriba, na we avuga ko umwana we yazize serivisi mbi z’abaganga, avuga ko yabiyambaje inshuro nyinshi, bakamwima amatwi bikarangira ahasize ubuzima.

Ati “Nabasabye kenshi nzenguruka imbere y’abaganga ndongera ndagaruka inshuro ya kabiri nti ‘muganga ko ndi kubona umwana arembye’ ati ‘subirayo ndagusanga mu cyumba’. Ndongera nsubirayo inshuro 5 mugera mu maso ansubiza inyuma, nibwo yagiye mu nzu nyine areba umwana ngo umwana nta mutsi afite.”

Iyo serivise mbi ikunze kugarukwaho na bamwe mu baturage bagana ibitaro bya Gisenyi bamwe muri bo bagaragaza ko yabasigiye ibikomere n’ingaruka zitandukanye.

Umwe ati “Bamukuruza ibyuma yari amaze iminsi ibiri ari ku nda batamwitayeho ngo babe bamubaga cyangwa babe bamukorera ibindi bageze aho babona umwana arapfa na nyina arapfa bahitamo kumukuruza ibyuma umwana avuka afite ikibazo muri ubwo buryo, njye serivise ndayikemanga kuko iyo umuntu amaze iminsi ibiri ari gutaka umwuka uba wabaye mukeya ubwo rero niyo mpamvu njyewe umwana mfite yamazemo amafaranga.”

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr Tuganeyezu Oreste avuga ko bazi ikibazo cya serivisi ikiri hasi muri ibi Bitaro kubera ibibazo bitandukanye bityo ko bafashe ingamba zigamije kuyizamura ku bufatanye n’izindi nzego zitandukanye.

Ati “Ni ikibazo tuzi, ni intambara turwana umunsi ku wundi kugira ngo tugende tunoza imitangire ya serivisi, turabizi ko tukiri kure kubera uwo mubare munini w’abatugana ndetse uwugereranyije n’umubare w’abakozi bituma koko abarwayi bashobora kumara akanya kanini mu bitaro mbere y’uko babona serivisi zose bakeneye bagasohoka.”

Ibitaro bya Gisenyi bivuga ko byita ku baturage bagera ku bihumbi 546 bo mu karere ka Rubavu, hakiyongeraho abava muri imwe mu Mirenge y’Uturere twa Nyabihu na Rutsiro, bigatuma umubare w’abagana ibi bitaro uzamuka cyane ukaruta ubushobozi bwabyo kubera umubare w’abaganga ukiri muto.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eighteen =

Previous Post

France: Hatahangajwe icyahagaritse ibyo abakozi bari bateguye ngo bagaragaze umujinya wo kudahabwa agahimbazamusyi

Next Post

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.