Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Baratanga impuruza kubera bamwe batakariza ubuzima aho bwagakwiye kuramirirwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Baratanga impuruza kubera bamwe batakariza ubuzima aho bwagakwiye kuramirirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bivuriza ku Bitaro bikuru bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu binubira serivisi mbi bahabwa na bamwe mu baganga, ku buryo hari n’abahatakariza ubuzima kubera kurangaranwa, basaba Leta kwinjira muri ibi bibazo.

Benshi mu banenga imitangire itanoze ya serivisi z’ibi Bitaro Bikuru by’Akarere ka Rubavu, ni ababyeyi bajya kuhabyarira, barimo n’abemeza ko hari abana babo bahatakarije ubuzima bababyara.

Nyirarukundo Diane wo mu Murenge wa Nyakiriba avuga ko yoherejwe kubyarira muri ibi Bitaro, ariko abaganga bakamukorera ibikorwa byangije umwana we akiri mu nda, bituma ahatakariza ubuzima.

Avuga ko abaganga bamujombaguye ibintu mu nda. Ati “Muganga akimuzana twamukubise amaso, yari yabyimbagatanye ari kuvirirana, bigeze aho mbonye n’imiti bari kuntuma ndatekereza, ndavuga nti ‘ariko aba baganga ko ari bo babikoze, njyewe ko nta n’ubushobozi mfite bwo kugura iyi miti’, mpita mfata nimero z’umukuru w’ibitaro ndamuhamagara arangije abwira abaganga bari barimo ngo bajye banyandikira agapapuro ngende njye gufata imiti ntayiguze.”

Undi mubyeyi witwa Umuhoza naw e wo mu Murenge wa Nyakiriba, na we avuga ko umwana we yazize serivisi mbi z’abaganga, avuga ko yabiyambaje inshuro nyinshi, bakamwima amatwi bikarangira ahasize ubuzima.

Ati “Nabasabye kenshi nzenguruka imbere y’abaganga ndongera ndagaruka inshuro ya kabiri nti ‘muganga ko ndi kubona umwana arembye’ ati ‘subirayo ndagusanga mu cyumba’. Ndongera nsubirayo inshuro 5 mugera mu maso ansubiza inyuma, nibwo yagiye mu nzu nyine areba umwana ngo umwana nta mutsi afite.”

Iyo serivise mbi ikunze kugarukwaho na bamwe mu baturage bagana ibitaro bya Gisenyi bamwe muri bo bagaragaza ko yabasigiye ibikomere n’ingaruka zitandukanye.

Umwe ati “Bamukuruza ibyuma yari amaze iminsi ibiri ari ku nda batamwitayeho ngo babe bamubaga cyangwa babe bamukorera ibindi bageze aho babona umwana arapfa na nyina arapfa bahitamo kumukuruza ibyuma umwana avuka afite ikibazo muri ubwo buryo, njye serivise ndayikemanga kuko iyo umuntu amaze iminsi ibiri ari gutaka umwuka uba wabaye mukeya ubwo rero niyo mpamvu njyewe umwana mfite yamazemo amafaranga.”

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr Tuganeyezu Oreste avuga ko bazi ikibazo cya serivisi ikiri hasi muri ibi Bitaro kubera ibibazo bitandukanye bityo ko bafashe ingamba zigamije kuyizamura ku bufatanye n’izindi nzego zitandukanye.

Ati “Ni ikibazo tuzi, ni intambara turwana umunsi ku wundi kugira ngo tugende tunoza imitangire ya serivisi, turabizi ko tukiri kure kubera uwo mubare munini w’abatugana ndetse uwugereranyije n’umubare w’abakozi bituma koko abarwayi bashobora kumara akanya kanini mu bitaro mbere y’uko babona serivisi zose bakeneye bagasohoka.”

Ibitaro bya Gisenyi bivuga ko byita ku baturage bagera ku bihumbi 546 bo mu karere ka Rubavu, hakiyongeraho abava muri imwe mu Mirenge y’Uturere twa Nyabihu na Rutsiro, bigatuma umubare w’abagana ibi bitaro uzamuka cyane ukaruta ubushobozi bwabyo kubera umubare w’abaganga ukiri muto.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

France: Hatahangajwe icyahagaritse ibyo abakozi bari bateguye ngo bagaragaze umujinya wo kudahabwa agahimbazamusyi

Next Post

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.