Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino

radiotv10by radiotv10
21/11/2021
in SIPORO
0
Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino w’intoranywa wa shampiyona ya Basketball 2021 (BK All Star Game 21) yegukanywe na Team Shyaka itsinze Team Ndizeye amanota 77-73.

Uyu munsi nibwo habaye umukino w’intoranywa muri shampiyoma ya Basketball mu Rwanda “BK All Star Game 2021” wabereye muri Kigali Arena, Team Shyaka yegukanye iki gikombe.

Nk’uko abakapiteni bari babyumvikanye( Shyaka na Ndizeye), bakaba bahisemo ko ibihembo byagiherekeje bihabwa Rwampungu Meshack wahoze ari umukinnyi wa KBC akaza gukora impanuka muri 2015 ubu akaba agendera mu kagare, akaba yahise ashyikirizwa sheki ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda ndetse na FERWABA ikaba yamugeneye miliyoni 2.

Team Shyaka yari yahuye na Team Ndizeye muri uyu mukino w’amateka, aho abakinnyi baba bakina bishimisha mu rwego rwo gusoza umwaka w’imikino.

Agace ka mbere karangiye Team Shyaka iri imbere na 29-13 ya Team Ndizeye, iki kinyuranyo cy’amanota 15 bari bashyizemo, Team Ndizeye yaje kukigabanya maze amakipe yombi ajya kuruhuka ari 44 ya Team Shyaka kuri 37 ya Team Ndizeye.

Team Ndizeye yaje gusubira inyuma mu gace ka 3, Team Shyaka yongera ikinyuranyo ibifashijwemo n’abakinnyi barimo Wakukota Bush amanota ava kuri 7 agera 11 kuko agace akarangiye ari 59 ya Team Shyaka kuri 48 ya Team Ndizeye.

Agace ka nyuma Team Ndizeye yaje yashyizemo imbaraga maze ibifashijwemo na Ndizeye Dieudonne na Kaje Elie baza gukuramo amanota yose bari bashyizwemo, umukino urangira ari 68-68, biba ngombwa ko bitabaza iminota 5 ya kamarampaka.

Iminota ya nyuma Team Shyaka yabyitwayemo neza birangira ari yo itsinze umukino ku manota 77-73.

Uyu mukino ukaba wari wabanjirijwe n’indi mukino irimo guhatana gutsinda amanota 3, Ndizeye Dieudonne ni we waje gutsinda, akaba ari n’igihembo yegukanye umwaka wa 2019.

 

Muri Slum Dunk, Nkundwa Thierry usanzwe ukunira APR BBC ni we watsinze. Muri ibi byiciro kimwe na MVP wabaye Wamukota Bush, buri umwe yahembwe miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

BK All-Star Game yaherukaga kuba mu 2019,  aho ikipe ya Nijimbere Guibert yatsinze iya Mugabe Aristide amanota 89-83.

AMAFOTO : 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + one =

Previous Post

Ambasaderi Shyaka Anastase yashyikirijwe inkingo 300.000 u Rwanda rwahawe na Pologne

Next Post

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Related Posts

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.