Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino

radiotv10by radiotv10
21/11/2021
in SIPORO
0
Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino w’intoranywa wa shampiyona ya Basketball 2021 (BK All Star Game 21) yegukanywe na Team Shyaka itsinze Team Ndizeye amanota 77-73.

Uyu munsi nibwo habaye umukino w’intoranywa muri shampiyoma ya Basketball mu Rwanda “BK All Star Game 2021” wabereye muri Kigali Arena, Team Shyaka yegukanye iki gikombe.

Nk’uko abakapiteni bari babyumvikanye( Shyaka na Ndizeye), bakaba bahisemo ko ibihembo byagiherekeje bihabwa Rwampungu Meshack wahoze ari umukinnyi wa KBC akaza gukora impanuka muri 2015 ubu akaba agendera mu kagare, akaba yahise ashyikirizwa sheki ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda ndetse na FERWABA ikaba yamugeneye miliyoni 2.

Team Shyaka yari yahuye na Team Ndizeye muri uyu mukino w’amateka, aho abakinnyi baba bakina bishimisha mu rwego rwo gusoza umwaka w’imikino.

Agace ka mbere karangiye Team Shyaka iri imbere na 29-13 ya Team Ndizeye, iki kinyuranyo cy’amanota 15 bari bashyizemo, Team Ndizeye yaje kukigabanya maze amakipe yombi ajya kuruhuka ari 44 ya Team Shyaka kuri 37 ya Team Ndizeye.

Team Ndizeye yaje gusubira inyuma mu gace ka 3, Team Shyaka yongera ikinyuranyo ibifashijwemo n’abakinnyi barimo Wakukota Bush amanota ava kuri 7 agera 11 kuko agace akarangiye ari 59 ya Team Shyaka kuri 48 ya Team Ndizeye.

Agace ka nyuma Team Ndizeye yaje yashyizemo imbaraga maze ibifashijwemo na Ndizeye Dieudonne na Kaje Elie baza gukuramo amanota yose bari bashyizwemo, umukino urangira ari 68-68, biba ngombwa ko bitabaza iminota 5 ya kamarampaka.

Iminota ya nyuma Team Shyaka yabyitwayemo neza birangira ari yo itsinze umukino ku manota 77-73.

Uyu mukino ukaba wari wabanjirijwe n’indi mukino irimo guhatana gutsinda amanota 3, Ndizeye Dieudonne ni we waje gutsinda, akaba ari n’igihembo yegukanye umwaka wa 2019.

 

Muri Slum Dunk, Nkundwa Thierry usanzwe ukunira APR BBC ni we watsinze. Muri ibi byiciro kimwe na MVP wabaye Wamukota Bush, buri umwe yahembwe miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

BK All-Star Game yaherukaga kuba mu 2019,  aho ikipe ya Nijimbere Guibert yatsinze iya Mugabe Aristide amanota 89-83.

AMAFOTO : 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Ambasaderi Shyaka Anastase yashyikirijwe inkingo 300.000 u Rwanda rwahawe na Pologne

Next Post

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.