Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere bagejejweho na Perezida Paul Kagame, ntakindi babonaga babyitura uretse kubimwitirira bikanajyana no kumushimira.

Uyu mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi, ugaragaramo ibikorwa remezo binyuranye byanditseho ‘Shimwa Paul’ birimo amashuri, amavuriro n’isoko, byashyizweho mu myaka 17 ishize.

Gracien Rwakana uri mu bahaye izina rya ‘Shimwa Paul’ avuga ko igitekerezo cyo kuwitirira Perezida Paul Kagame, ari ibyiza yagiye ageza ku Banyarwanda benshi na we ubwe arimo aho yahawe ubutaka bwa Hegitari kimwe n’abandi bagenzi be.

Ati “Aha rwose twahise Shimwa Paul muri 2008. Impamvu twahise Shimwa Paul yadusaranganyije (Paul Kagame) amasambu ku buntu, noneho twe duteranye turavuga tuti ‘nta rindi zina rikwiye ni SHIMWAPAUL. Yahamapaye Hegitari imwe mfite abana icyenda n’umudamu, abana bose babashije gukura, bariga, babaho barashaka ubu mfite abuzukuru, nkeshamo byinshi muri iyo sambu rero.”

Kuva icyo gihe, abaturage barenga 400 bahabwa ubutaka bityo bagahitamo guhita bashimira Umukuru w’Igihugu, bahamwitirira.

Rwakana Gracien akomeza agira ati “Aha hari ishyamba, baduhaye amasambu none urabona n’amashanyarazi barayahagejeje.”

Uwayezu Chantal avuga ko ibikorwa by’amajyambere begerejwe muri aka gace, byoroheje ubuzima, ku buryo bwarushijeho kuba bwiza.

Ati “Iyo washakaga gukoresha urugi cyangwa gusudiriza ikindi kintu wajyaga iyo ku muhanda Nyirangegene, ariko ubu byose bikorerwa hano Shimwa Paul. Abana bigaga kure ariko ntawe ugikora urugendo rurerure amashuri ari hano hafi.”

Mukasangwa Odette na we ati “Turashima Kagame Paul waduhaye Ivuriro hano akadutekererezaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Mutesi Hope yasabye aba baturage gufata neza ibyo Umukuru w’Igihugu yabagejejeho.

Ati “Icyo dusaba abo baturage ni ugukomeza kubirinda, kubibyaza umusaruro bakaba ku ntambwe bariho bakomeza batera imbere.”

Uyu Mudugudu wa Nkomo ya Kabiri wiswe Shimwa Paul ugizwe n’ingo 1 150, abawutuye bahuriza ku cyifuzo cyo kuzabona Umukuru w’Igihugu abasura, kugira bazamushimire imbonankubone.

Batujwe mu nzu nziza zigezweho
Ibikorwa byo muri uyu Mudugudu babyise Shimwa Paul’

Hagaragara ibikorwa bigezweho

Gracien Rwakana avuga ko amajyambere yaboneye aha ntakindi gihe yabonetse
Mukasangwa Odette na we avuga ko ibyo gushima ari byinshi
Uwayezu Chantal na we avuga ko bajya babura imvugo bakoresha mu gushimira Perezida Kagame
Ubu kwiyogoshesha ni hafi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 14 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Next Post

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.