Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere bagejejweho na Perezida Paul Kagame, ntakindi babonaga babyitura uretse kubimwitirira bikanajyana no kumushimira.

Uyu mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi, ugaragaramo ibikorwa remezo binyuranye byanditseho ‘Shimwa Paul’ birimo amashuri, amavuriro n’isoko, byashyizweho mu myaka 17 ishize.

Gracien Rwakana uri mu bahaye izina rya ‘Shimwa Paul’ avuga ko igitekerezo cyo kuwitirira Perezida Paul Kagame, ari ibyiza yagiye ageza ku Banyarwanda benshi na we ubwe arimo aho yahawe ubutaka bwa Hegitari kimwe n’abandi bagenzi be.

Ati “Aha rwose twahise Shimwa Paul muri 2008. Impamvu twahise Shimwa Paul yadusaranganyije (Paul Kagame) amasambu ku buntu, noneho twe duteranye turavuga tuti ‘nta rindi zina rikwiye ni SHIMWAPAUL. Yahamapaye Hegitari imwe mfite abana icyenda n’umudamu, abana bose babashije gukura, bariga, babaho barashaka ubu mfite abuzukuru, nkeshamo byinshi muri iyo sambu rero.”

Kuva icyo gihe, abaturage barenga 400 bahabwa ubutaka bityo bagahitamo guhita bashimira Umukuru w’Igihugu, bahamwitirira.

Rwakana Gracien akomeza agira ati “Aha hari ishyamba, baduhaye amasambu none urabona n’amashanyarazi barayahagejeje.”

Uwayezu Chantal avuga ko ibikorwa by’amajyambere begerejwe muri aka gace, byoroheje ubuzima, ku buryo bwarushijeho kuba bwiza.

Ati “Iyo washakaga gukoresha urugi cyangwa gusudiriza ikindi kintu wajyaga iyo ku muhanda Nyirangegene, ariko ubu byose bikorerwa hano Shimwa Paul. Abana bigaga kure ariko ntawe ugikora urugendo rurerure amashuri ari hano hafi.”

Mukasangwa Odette na we ati “Turashima Kagame Paul waduhaye Ivuriro hano akadutekererezaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Mutesi Hope yasabye aba baturage gufata neza ibyo Umukuru w’Igihugu yabagejejeho.

Ati “Icyo dusaba abo baturage ni ugukomeza kubirinda, kubibyaza umusaruro bakaba ku ntambwe bariho bakomeza batera imbere.”

Uyu Mudugudu wa Nkomo ya Kabiri wiswe Shimwa Paul ugizwe n’ingo 1 150, abawutuye bahuriza ku cyifuzo cyo kuzabona Umukuru w’Igihugu abasura, kugira bazamushimire imbonankubone.

Batujwe mu nzu nziza zigezweho
Ibikorwa byo muri uyu Mudugudu babyise Shimwa Paul’

Hagaragara ibikorwa bigezweho

Gracien Rwakana avuga ko amajyambere yaboneye aha ntakindi gihe yabonetse
Mukasangwa Odette na we avuga ko ibyo gushima ari byinshi
Uwayezu Chantal na we avuga ko bajya babura imvugo bakoresha mu gushimira Perezida Kagame
Ubu kwiyogoshesha ni hafi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Next Post

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.