Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in MU RWANDA
0
Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, haravugwa impfu z’abantu batatu barimo umugabo n’umugore we, bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga y’inkorano, mu gihe undi umwe basangiye na we arembeye mu Bitaro.

Impfu z’aba bantu bo mu Kagari ka Murama muri uriya Murenge wa Bweramana zamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana Nsanzimfura Jean de Dieu.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya dukesha aya makuru, uyu muyobozi uvuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyaba cyahitanye aba bantu, yatangaje ko undi muntu umwe arembeye mu Bitaro, mu gihe imirambo ya bariya batatu iri mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Ruhango.

Yagize ati “Ntabwo twakwemeza ko bazize inzoga, kuko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza ku cyaba cyihishe inyuma y’urupfu rw’aba bantu.”

Akomeza agira ati “Ntabwo bapfiriye rimwe kuko bagiye bapfa mu bihe bitandukanye. Ikindi ni uko aba bari umuryango w’umugore n’umugabo.”

Gitifu Nsanzimfura Jean de Dieu avuga ko ubuyobozi na bwo bwahawe amakuru ko bariya bantu basangiye inzoga y’inkorano, ariko ko butahita bwemeza ko ari yo yabahitanye, ahubwo ko bizagaragazwa n’iperereza ryatangiye gukorwa.

Ati “Ku makuru dufite kugeza ubu ni uko abo batatu bitabye Imana undi akaba arembye, mu gihe rero abitabye Imana icyibishe kitaramenyekana natwe ubwo ayo ni yo makuru dufite ubwo.”

Abatuye muri aka gace, bavuga ko aba bantu bafashwe bababara mu nda n’umutwe nyuma yo kunywa iyo nzoga bari basangiye, nyuma bakaza kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

Related Posts

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

by radiotv10
03/02/2026
0

Abarimu bigisha mu mshuri y’incuke  barasabwa  kwitondera no kugenzura ikoranabuhanga bifashisha mu kwigisha abana bato kuko iyo rikoreshwejwe nabi,  bigira...

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya...

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

IZIHERUKA

Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura
MU RWANDA

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/02/2026
0

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

03/02/2026
Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.