• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in MU RWANDA
0
Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, haravugwa impfu z’abantu batatu barimo umugabo n’umugore we, bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga y’inkorano, mu gihe undi umwe basangiye na we arembeye mu Bitaro.

Impfu z’aba bantu bo mu Kagari ka Murama muri uriya Murenge wa Bweramana zamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana Nsanzimfura Jean de Dieu.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya dukesha aya makuru, uyu muyobozi uvuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyaba cyahitanye aba bantu, yatangaje ko undi muntu umwe arembeye mu Bitaro, mu gihe imirambo ya bariya batatu iri mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Ruhango.

Yagize ati “Ntabwo twakwemeza ko bazize inzoga, kuko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza ku cyaba cyihishe inyuma y’urupfu rw’aba bantu.”

Akomeza agira ati “Ntabwo bapfiriye rimwe kuko bagiye bapfa mu bihe bitandukanye. Ikindi ni uko aba bari umuryango w’umugore n’umugabo.”

Gitifu Nsanzimfura Jean de Dieu avuga ko ubuyobozi na bwo bwahawe amakuru ko bariya bantu basangiye inzoga y’inkorano, ariko ko butahita bwemeza ko ari yo yabahitanye, ahubwo ko bizagaragazwa n’iperereza ryatangiye gukorwa.

Ati “Ku makuru dufite kugeza ubu ni uko abo batatu bitabye Imana undi akaba arembye, mu gihe rero abitabye Imana icyibishe kitaramenyekana natwe ubwo ayo ni yo makuru dufite ubwo.”

Abatuye muri aka gace, bavuga ko aba bantu bafashwe bababara mu nda n’umutwe nyuma yo kunywa iyo nzoga bari basangiye, nyuma bakaza kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + one =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Next Post

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.