Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya world vision yari yishingiwe na Old mutual insuarence Rwanda, iki kigo cy’ubwishingizi kiravugwaho guseta ibirenge mu nzira iganisha ku kwishyura indishyi kuri iyo mpanuka mu gihe cyo kivuga ko atari uko biri nyamara hari ubuvuzi uyu mwana atarabona bitewe no kubura ubushobozi.

Muri Kanama 2025 ni bwo Radio&Tv10 yagaragaje ikibazo cya Habumugisha Frank wagonzwe n’imodoka ya world vision muri 2024 bikamusigira ubumuga bukomeye bumutera guhora aryamye ndetse n’ingingo ntizikore .

Ubuyobozi bw’umushinga world viosion bwahise bujya kureba uyu mwana ahita yishyurirwa ubwisungane mu kwivuza anajyanwa mu bitaro bya Gatagara n’iby’i Ndera ariko uyu mushinga uza guhagarika ubwo bufasha uvuga ko ibisigaye bizakorwa n’umwishingizi w’imodoka yamugonze ari we old mutual nk’uko umubyeyi we Uwimana Charlotte abivuga.

Ati “Bampaye gahunda yo gusubira indera ku ya 23 Ukuboza 2025, ariko ntsbwo nagiye yo kuko bambwiye ngo ni mbwire asiranse abe ari yo ikomeza kuvuza umwana. Hari imiti bari bamutangije ituma atagagara ngo aniture hasi none nabuze ubushobozi bwo kugura indi”.

Me Muhumba Merari uhagarariye uruhande rw’uyu mwana mu mategeko, avuga ko nyuma y’impanuka yagerageje kwegera ikigo cy’ubwishingizi cya Old mutual ngo habeho ubwumvikane ariko ngo akahasuzugurirwa ubugira kabiri banga kwakira amabaruwa ye.

Me Merari agira ati “Nafashe dosiye nyijyana ku mwishingizi witwa old mutual, umuntu nasanze yo yanga kuyakira. Nongeye kujyana ya dosiye barayisoma banga kuyisinyaho. Nabonaga bansuzugura kandi koko ni ko byagenze”.

Uruhande rw’ikigo cy’ubwishingizi cya old mutual ruhakana ibyo gusuzugura uyu munyamategeko rukavuga ko rwamusabye kwerekana umukozi warwo wamusuzuguye ntabikore, ku bijyanye no gutanga indishyi rukavuga ko batanze igitekerezo (proposal) y’uko bakwishyura ariko nticyemerwe bikaba ngombwa ko bategereza gukizwa n’urukiko.

Umwali Sonia ushinzwe imenyekanishabikorwa muri old mutual ati “Umwavoka ntabwo twigeze tumugora, yavuze ko yaje ntitumwakire ariko twamusabye kutwereka umukozi wacu wamusuzuguye yanga kumwerekana. Ni byo koko ikirego kiri mu rukiko kuko twamuhaye uburyo twumva twatanga indishyi ariko ntibabyemera batujyana mu rukiko”.

Mu gihe biteganyijwe ko inama ntegurarubanza y’urubanza old mutual yarezwemo mu rukiko rukuru rwa Nyarugenge izaba ku ya 25 Gashyantare 2026, Uruhande rw’uyu mwana ruvuga ko ruhangayikishijwe no kutabasha kumubonera ibyo akenera by’ibanze.

Raporo ya muganga wo mu bitaro by’ i Ndera yagaragaje ko ubwoko bw’uyu mwana bwangiritse ndeste uruhande rumwe rwe ntirukora bigatuma akenshi ahora aryamye byiyongera ho ko yaba kwihagarika byoroshye n’ibikomeye abikorera aho ari, Umubyeyi we akavuga ko mu gihe yahabwa ibyo amategeko amwemerera byamufasha mu mibereho kuko kugeza ubu yabaye amushyize ku muturanyi kuko we adafite ubushobozi bwo kumurera.

Umwana yaheze mu kirago
Impanuka yamusigiye ingaruka zikomeye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Next Post

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.