Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in MU RWANDA
0
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo, bitewe n’uko zegereye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, nyamara bwarahasanze ari mu miturire.

Bamwe mu baturage batuye mu midugudu ya Rebero na Byimana, ndetse n’abandi baturiye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwa kompanyi ya Hajos mu Murenge wa Karenge, bavuga ko babujijwe n’ubuyobozi bw’Umurenge kubaka no kuvugurura inzu zabo bitewe n’uko baturiye ubwo bucukuzi. Aba baturage basaba ko, niba batemerewe kubaka no kuvugurura inzu zabo kandi ubucukuzi bwarabasanze bahatuye, bahabwa ingurane bakimurwa.

Mukakarera Chantal ati “Twahaguze dufite icyangombwa cyanditseho ko ari ugutura. Twakijyanye kugicisha muri machine, batubwira ngo ni mu mabuye y’agaciro, nyamara urabona ko ari ku muhanda twari twahaguze dushaka aho gucururiza. Nta kintu batubwira uretse ngo mureke kubaka.”

Undi muturage witwa Maniraho Cyrilo ati “Inaha twahatuye mu 1972. Niba umuntu afite aho atuye ntemererwe kuvugurura inzu ye cyangwa kubaka, kandi akaba ataraguriwe, ni ikibazo gikomeye. Icyo dusaba ni uko, niba bashaka kuduhagarika mu byo dukora, baduha ingurane bakatugurira.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buvuga ko umuturage wari usanzwe atuye aho igishushanyo mbonera cyasanze yemerewe gusana inzu ye, ariko ko itemewe ari ukubaka inzu nshya. Ibi byatangajwe na Mbonyumuvunyi Radjab.

Ati “Ubutaka bwose buri mu Rwanda bugira icyo bwagenewe. Hari ahagenewe ubuhinzi, amashyamba, ibishanga, ndetse n’ahagenewe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kandi ntawemerewe kubakamo. Umuturage wari usanzwe atuye ahasanze Master Plan ashobora gukomeza kuhatura, kandi inzu ye ishaje yemerewe gusaba uruhushya rwo kuyisana cyangwa guhindura amabati. Ariko ikitemewe ni ukubaka inzu nshya itari isanzwe ihari, kuko aho hantu hatagenewe imiturire kugeza igihe hazaboneka ubushobozi bwo kwimura abahatuye.”

Ni ikibazo abaturage baturiye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwa kompanyi ya Hajos basaba ko cyakwitabwaho kigahabwa umurongo urambye, kuko bavuga ko kutemererwa gusana cyangwa kubaka inzu mu buryo bugezweho bikomeje gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Aba baturage bavuga ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwaje bubasanga bari mu miturire
Bavuga ko inzu zabo zangiritse
Basaba kurenganurwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 11 =

Previous Post

Simple steps you can follow to build real confidence

Next Post

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n'icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.