Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in MU RWANDA
0
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo, bitewe n’uko zegereye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, nyamara bwarahasanze ari mu miturire.

Bamwe mu baturage batuye mu midugudu ya Rebero na Byimana, ndetse n’abandi baturiye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwa kompanyi ya Hajos mu Murenge wa Karenge, bavuga ko babujijwe n’ubuyobozi bw’Umurenge kubaka no kuvugurura inzu zabo bitewe n’uko baturiye ubwo bucukuzi. Aba baturage basaba ko, niba batemerewe kubaka no kuvugurura inzu zabo kandi ubucukuzi bwarabasanze bahatuye, bahabwa ingurane bakimurwa.

Mukakarera Chantal ati “Twahaguze dufite icyangombwa cyanditseho ko ari ugutura. Twakijyanye kugicisha muri machine, batubwira ngo ni mu mabuye y’agaciro, nyamara urabona ko ari ku muhanda twari twahaguze dushaka aho gucururiza. Nta kintu batubwira uretse ngo mureke kubaka.”

Undi muturage witwa Maniraho Cyrilo ati “Inaha twahatuye mu 1972. Niba umuntu afite aho atuye ntemererwe kuvugurura inzu ye cyangwa kubaka, kandi akaba ataraguriwe, ni ikibazo gikomeye. Icyo dusaba ni uko, niba bashaka kuduhagarika mu byo dukora, baduha ingurane bakatugurira.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buvuga ko umuturage wari usanzwe atuye aho igishushanyo mbonera cyasanze yemerewe gusana inzu ye, ariko ko itemewe ari ukubaka inzu nshya. Ibi byatangajwe na Mbonyumuvunyi Radjab.

Ati “Ubutaka bwose buri mu Rwanda bugira icyo bwagenewe. Hari ahagenewe ubuhinzi, amashyamba, ibishanga, ndetse n’ahagenewe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kandi ntawemerewe kubakamo. Umuturage wari usanzwe atuye ahasanze Master Plan ashobora gukomeza kuhatura, kandi inzu ye ishaje yemerewe gusaba uruhushya rwo kuyisana cyangwa guhindura amabati. Ariko ikitemewe ni ukubaka inzu nshya itari isanzwe ihari, kuko aho hantu hatagenewe imiturire kugeza igihe hazaboneka ubushobozi bwo kwimura abahatuye.”

Ni ikibazo abaturage baturiye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwa kompanyi ya Hajos basaba ko cyakwitabwaho kigahabwa umurongo urambye, kuko bavuga ko kutemererwa gusana cyangwa kubaka inzu mu buryo bugezweho bikomeje gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Aba baturage bavuga ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwaje bubasanga bari mu miturire
Bavuga ko inzu zabo zangiritse
Basaba kurenganurwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 1 =

Previous Post

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Next Post

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Related Posts

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, rugaragaza...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

IZIHERUKA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze
MU RWANDA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b'ingenzi bayo Bassané

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.