• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in MU RWANDA
0
Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite imirima mu cyanya gihuriweho gihingwamo imbuto mu Mirenge ya Kabarondo na Murama mu Karere ka Kayonza n’igice gito cy’Akarere ka Ngoma, bataka ubujura bakorerwa n’abataramenyekana, bitwikira ijoro bakaza kwiba imyaka yabo, ku buryo babona bazacyura amaramasa.

Aba baturage bakorera ubuhinzi mu Midugudu ya Rugazi, Rurenge na Rwakigeri ahari icyanya gikorwamo ubuhinzi b’imbuto, bavuga ko nta cyizere cyo gusarura bafite kubera ubu bujura bakorerwa.

Uwiringimana Marcel ati “Ari voka barasoroma, ari imyembe barasoroma, ari amaronji barasoroma n’ibifenesi byose, urebye umuhinzi ntakintu abasha kuvanamo, cyane cyane ko ibifenesi byerera hasi usanga babitwaye.”

Mugenzi we na we yagize ati “Bahemgera nka nimugoroba, kuko iyo tugiye guhinga mu gitondo saa sita twahingura, bo bakaducunga duhinguye bagahita bajyamo. Ntabwo tumenya abo aribo ariko tumenya ko ari abajya kwahiramo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko aba bahinzi bashyizwe muri Koperative mu buryo bwo kwicungira ibikorwa byabo, gusa akavuga ko bagiye gukorana na bo bakarebera hamwe uko ikibazo giteye.

Ati “Icyo twasaba aba baturage ni ukumva ko ibikorwa bakwiye kubyumva nk’ibyabo kuko igihe hari hakirimo Akarere kabitaho konyine icyo gihe twabashaga kubirinda. Uyu munsi mu gihe twubakiye Koperative ubushobozi ikaba ibasha kuba iriho ifite ubushobozi, ntabwo byakabaye ngombwa ko Akarere kongera kurinda iriya mirima yabo.”

Uyu Muyobozi agira inama aba bahindi gusaba ubuyobozi bwa Koperative yabo, gukurikirana iki kibazo bugashyiraho n’uburyo bwo kurinda imirima yabo, ariko ko n’ubuyobozi bugiye kubaba hafi.

Imirima yabo ngo babona ntacyo bazakuramo
Aba baturage basaba ko hagirwa igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − thirteen =

Previous Post

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Next Post

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.