Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Inkunga ya Perezida Kagame yari yashyikirijwe ubuyobozi bw'Inzego z'Ibanze

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara basenyewe n’ibiza by’imvura, baravuga ko inkunga ya Miliyoni 10 Frw bahawe na Perezida wa Repubulika yo gusana inzu zabo, ikanyuzwa mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, itigeze ibageraho.

Aba baturage basenyewe n’ibiza by’imvura nyinshi yaguye tariki 24 Mutarama 2022, ni abo mu Tugari twa Zivu na Musha.

Icyo gihe ibi biza byari byahitanye umuntu umwe, bisenya burundu inzu 18 mu gihe izigera muri 69 zari zangiritse bikomeye.

Ubwo Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yabasuragara, yabamenyesheje ko Perezida Paul Kagame yabahaye inkunga ya Miliyoni 10 Frw yo kwifashisha mu gusana inzu zabo ndetse na Dr Iyamuremye yongerago izindi Miliyoni 2 Frw.

Aya mafaranga yose yahise ashyikirizwa Ubuyobozi bw’Umurenge wa Save kugira ngo azakoreshwe mu gutabara aba baturage bari bagize ibyago.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye kureba niba aba baturage barabashije gusana inzu zabo ariko bamwakirizanya amarira bavuga inkunga biherewe n’Umukuru w’Igihugu itigeze ibageraho.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Kugeza n’ubu inkunga twarayibuze kandi bamwe twari twatangiye kugerageza gusana kubera ko turi mu gihe cy’imvura bimwe twari twatangiye gukora byongeye byaguye.”

Aba baturage bavuga ko ikibagoye cyane ari ukubona isakaro, baboneyeho kongera gushima Perezida Kagame wabatekerejeho ariko bagasaba ko inkunga yabahaye ibageraho ikabatabara nk’uko ari cyo yayibahereye.

Undi ati “Bagarageje badufasha iyi nkunga ikatugeraho kandi mudushimirire Umukuru w’Igihugu.”

Guverine Kayitesi Alice yabwiye RADIOTV10 ko yasabye aba baturage kwihangana kuko iyi nkunga yabanje gufasha abari bababaye kurusha abandi.

Yagize ati “Gufashwa k’umuryango bijyana n’ubushobozi buhari ariko bikajyana n’ubushobozi bw’uwo muryango uko bumeze, birumvikana ntabwo ubushobozi buba buhari bwo guhita dufasha imiryango yose icyarimwe, na Save harebwe imiryango yari ibabaye kurusha iyindi.”

Guverineri Kayitesi avuga ko imiryango yifashishije izisanira inzu zabo zangiritse, ku buryo yahabwa inkunga y’umuganda cyangwa iy’ibikoresho runaka yaba akeneye.

Perezida wa Sena yagiyeyo abashyiriye inkunga ya Perezida
Yari agenewe gufasha abasenyewe n’ibiza

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Next Post

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.