Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Inkunga ya Perezida Kagame yari yashyikirijwe ubuyobozi bw'Inzego z'Ibanze

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara basenyewe n’ibiza by’imvura, baravuga ko inkunga ya Miliyoni 10 Frw bahawe na Perezida wa Repubulika yo gusana inzu zabo, ikanyuzwa mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, itigeze ibageraho.

Aba baturage basenyewe n’ibiza by’imvura nyinshi yaguye tariki 24 Mutarama 2022, ni abo mu Tugari twa Zivu na Musha.

Icyo gihe ibi biza byari byahitanye umuntu umwe, bisenya burundu inzu 18 mu gihe izigera muri 69 zari zangiritse bikomeye.

Ubwo Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yabasuragara, yabamenyesheje ko Perezida Paul Kagame yabahaye inkunga ya Miliyoni 10 Frw yo kwifashisha mu gusana inzu zabo ndetse na Dr Iyamuremye yongerago izindi Miliyoni 2 Frw.

Aya mafaranga yose yahise ashyikirizwa Ubuyobozi bw’Umurenge wa Save kugira ngo azakoreshwe mu gutabara aba baturage bari bagize ibyago.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye kureba niba aba baturage barabashije gusana inzu zabo ariko bamwakirizanya amarira bavuga inkunga biherewe n’Umukuru w’Igihugu itigeze ibageraho.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Kugeza n’ubu inkunga twarayibuze kandi bamwe twari twatangiye kugerageza gusana kubera ko turi mu gihe cy’imvura bimwe twari twatangiye gukora byongeye byaguye.”

Aba baturage bavuga ko ikibagoye cyane ari ukubona isakaro, baboneyeho kongera gushima Perezida Kagame wabatekerejeho ariko bagasaba ko inkunga yabahaye ibageraho ikabatabara nk’uko ari cyo yayibahereye.

Undi ati “Bagarageje badufasha iyi nkunga ikatugeraho kandi mudushimirire Umukuru w’Igihugu.”

Guverine Kayitesi Alice yabwiye RADIOTV10 ko yasabye aba baturage kwihangana kuko iyi nkunga yabanje gufasha abari bababaye kurusha abandi.

Yagize ati “Gufashwa k’umuryango bijyana n’ubushobozi buhari ariko bikajyana n’ubushobozi bw’uwo muryango uko bumeze, birumvikana ntabwo ubushobozi buba buhari bwo guhita dufasha imiryango yose icyarimwe, na Save harebwe imiryango yari ibabaye kurusha iyindi.”

Guverineri Kayitesi avuga ko imiryango yifashishije izisanira inzu zabo zangiritse, ku buryo yahabwa inkunga y’umuganda cyangwa iy’ibikoresho runaka yaba akeneye.

Perezida wa Sena yagiyeyo abashyiriye inkunga ya Perezida
Yari agenewe gufasha abasenyewe n’ibiza

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 3 =

Previous Post

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Next Post

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.