Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Bavuga ko batasaniwe inzu kandi Perezida yarabahaye Miliyoni 10 bakanayobona ashyikirizwa ubuyobozi

Inkunga ya Perezida Kagame yari yashyikirijwe ubuyobozi bw'Inzego z'Ibanze

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara basenyewe n’ibiza by’imvura, baravuga ko inkunga ya Miliyoni 10 Frw bahawe na Perezida wa Repubulika yo gusana inzu zabo, ikanyuzwa mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, itigeze ibageraho.

Aba baturage basenyewe n’ibiza by’imvura nyinshi yaguye tariki 24 Mutarama 2022, ni abo mu Tugari twa Zivu na Musha.

Icyo gihe ibi biza byari byahitanye umuntu umwe, bisenya burundu inzu 18 mu gihe izigera muri 69 zari zangiritse bikomeye.

Ubwo Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yabasuragara, yabamenyesheje ko Perezida Paul Kagame yabahaye inkunga ya Miliyoni 10 Frw yo kwifashisha mu gusana inzu zabo ndetse na Dr Iyamuremye yongerago izindi Miliyoni 2 Frw.

Aya mafaranga yose yahise ashyikirizwa Ubuyobozi bw’Umurenge wa Save kugira ngo azakoreshwe mu gutabara aba baturage bari bagize ibyago.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye kureba niba aba baturage barabashije gusana inzu zabo ariko bamwakirizanya amarira bavuga inkunga biherewe n’Umukuru w’Igihugu itigeze ibageraho.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Kugeza n’ubu inkunga twarayibuze kandi bamwe twari twatangiye kugerageza gusana kubera ko turi mu gihe cy’imvura bimwe twari twatangiye gukora byongeye byaguye.”

Aba baturage bavuga ko ikibagoye cyane ari ukubona isakaro, baboneyeho kongera gushima Perezida Kagame wabatekerejeho ariko bagasaba ko inkunga yabahaye ibageraho ikabatabara nk’uko ari cyo yayibahereye.

Undi ati “Bagarageje badufasha iyi nkunga ikatugeraho kandi mudushimirire Umukuru w’Igihugu.”

Guverine Kayitesi Alice yabwiye RADIOTV10 ko yasabye aba baturage kwihangana kuko iyi nkunga yabanje gufasha abari bababaye kurusha abandi.

Yagize ati “Gufashwa k’umuryango bijyana n’ubushobozi buhari ariko bikajyana n’ubushobozi bw’uwo muryango uko bumeze, birumvikana ntabwo ubushobozi buba buhari bwo guhita dufasha imiryango yose icyarimwe, na Save harebwe imiryango yari ibabaye kurusha iyindi.”

Guverineri Kayitesi avuga ko imiryango yifashishije izisanira inzu zabo zangiritse, ku buryo yahabwa inkunga y’umuganda cyangwa iy’ibikoresho runaka yaba akeneye.

Perezida wa Sena yagiyeyo abashyiriye inkunga ya Perezida
Yari agenewe gufasha abasenyewe n’ibiza

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Next Post

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Musanze: Umuganga ukurikiranyweho kwica uwo yari yarateye inda yasabiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.