Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze ibibatungura iyo bagiye gufata irangamuntu byerecyeye amafaranga baba bagomba kwishyura

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA
0
Bavuze ibibatungura iyo bagiye gufata irangamuntu byerecyeye amafaranga baba bagomba kwishyura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko mu gihe bizwi ko amafaranga yishyurwa kugira ngo bahabwe irangamuntu ari 500 Frw, bo bacibwa ayikubye kabiri, bigatuma bamwe batahira aho.

Ni Mu gihe Ikigo Gishinzwe Indangamuntu (NIDA) kivuga ko umuturage usaba indangamuntu agomba kwishyura amafaranga 500.

Umwe muri aba baturage, ni Muhire David w’imyaka 17 wagiye kuyireba nyuma yo kumenya ko yageze ku Kagari yamara kuyibona mu zindi agasabwa kwishyura 1 000 Frw nyamara yari yitwaje 500 Frw, bigatuma ataha atayicyuye.

Agira ati “Tugezeyo baratubwira ngo tubahe igihumbi buri muntu, ayo mafaranga ntabwo nzi ari ay’iki twabonye bayaduca gusa.”

Umwe mu babyeyi b’aba bimwe irangamuntu kubera kudatanga ayo mafaranga, avuga ko we amaze kujya ku Biro by’Akagari gukurikirana iby’irangamuntu y’umwana we ariko ntive aho iri.

Yagize ati “N’ejo nagiyeyo Gitifu arayinyima ngo kereka tumuhaye igihumbi igihumbi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatsiro, Ndagijimana Japhet ahakana ibitangazwa n’aba baturage ahubwo agasanga ngo bashobora kuba baratekewe umutwe.

Ati “Aaturage bacu birashoboka ko haza n’uwigira najyuwa akaba yabasaba kugira ibyo bamuha kugira ngo agire ibyo abakorera ari ukubabeshya.”

Nubwo Gitifu ahakana iby’uko abaturage baba basabwa amafaranga 1 000 ngo babone irangamuntu zabo, hari bamwe mu baturage bavuga ko bemeye gutanga aya mafaranga, bazihabwa.

Umwe muri bo witwa Biruta Yves yagize ati “Maze kuyibona ngiye kuyitwara gitifu w’akagari arambwira ngo ugomba gusiga igihumbi cya ejo heza. Narabikoze kuko nari nyafite kandi nkeneye ibyangombwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux avuga ko ibi biramutse ari uko biri byaba binyuranyije n’amabwiriza kandi ko uwaba yarabikoze yabibazwa.

Ati ”Tuzabikurikirana tumenye impamvu yabyo. Hazabaho kubazwa inshingano cyangwa se gukurikirana uwaba yarabigizemo uruhare.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Icyo Gen.Muganga yaganiriye n’Umugaba w’Ingabo z’Igihugu cyo muri Asia gisanganywe imikoranire n’u Rwanda

Next Post

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.