Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze ibibatungura iyo bagiye gufata irangamuntu byerecyeye amafaranga baba bagomba kwishyura

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA
0
Bavuze ibibatungura iyo bagiye gufata irangamuntu byerecyeye amafaranga baba bagomba kwishyura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko mu gihe bizwi ko amafaranga yishyurwa kugira ngo bahabwe irangamuntu ari 500 Frw, bo bacibwa ayikubye kabiri, bigatuma bamwe batahira aho.

Ni Mu gihe Ikigo Gishinzwe Indangamuntu (NIDA) kivuga ko umuturage usaba indangamuntu agomba kwishyura amafaranga 500.

Umwe muri aba baturage, ni Muhire David w’imyaka 17 wagiye kuyireba nyuma yo kumenya ko yageze ku Kagari yamara kuyibona mu zindi agasabwa kwishyura 1 000 Frw nyamara yari yitwaje 500 Frw, bigatuma ataha atayicyuye.

Agira ati “Tugezeyo baratubwira ngo tubahe igihumbi buri muntu, ayo mafaranga ntabwo nzi ari ay’iki twabonye bayaduca gusa.”

Umwe mu babyeyi b’aba bimwe irangamuntu kubera kudatanga ayo mafaranga, avuga ko we amaze kujya ku Biro by’Akagari gukurikirana iby’irangamuntu y’umwana we ariko ntive aho iri.

Yagize ati “N’ejo nagiyeyo Gitifu arayinyima ngo kereka tumuhaye igihumbi igihumbi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatsiro, Ndagijimana Japhet ahakana ibitangazwa n’aba baturage ahubwo agasanga ngo bashobora kuba baratekewe umutwe.

Ati “Aaturage bacu birashoboka ko haza n’uwigira najyuwa akaba yabasaba kugira ibyo bamuha kugira ngo agire ibyo abakorera ari ukubabeshya.”

Nubwo Gitifu ahakana iby’uko abaturage baba basabwa amafaranga 1 000 ngo babone irangamuntu zabo, hari bamwe mu baturage bavuga ko bemeye gutanga aya mafaranga, bazihabwa.

Umwe muri bo witwa Biruta Yves yagize ati “Maze kuyibona ngiye kuyitwara gitifu w’akagari arambwira ngo ugomba gusiga igihumbi cya ejo heza. Narabikoze kuko nari nyafite kandi nkeneye ibyangombwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux avuga ko ibi biramutse ari uko biri byaba binyuranyije n’amabwiriza kandi ko uwaba yarabikoze yabibazwa.

Ati ”Tuzabikurikirana tumenye impamvu yabyo. Hazabaho kubazwa inshingano cyangwa se gukurikirana uwaba yarabigizemo uruhare.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + three =

Previous Post

Icyo Gen.Muganga yaganiriye n’Umugaba w’Ingabo z’Igihugu cyo muri Asia gisanganywe imikoranire n’u Rwanda

Next Post

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.