Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze ibibatungura iyo bagiye gufata irangamuntu byerecyeye amafaranga baba bagomba kwishyura

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA
0
Bavuze ibibatungura iyo bagiye gufata irangamuntu byerecyeye amafaranga baba bagomba kwishyura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko mu gihe bizwi ko amafaranga yishyurwa kugira ngo bahabwe irangamuntu ari 500 Frw, bo bacibwa ayikubye kabiri, bigatuma bamwe batahira aho.

Ni Mu gihe Ikigo Gishinzwe Indangamuntu (NIDA) kivuga ko umuturage usaba indangamuntu agomba kwishyura amafaranga 500.

Umwe muri aba baturage, ni Muhire David w’imyaka 17 wagiye kuyireba nyuma yo kumenya ko yageze ku Kagari yamara kuyibona mu zindi agasabwa kwishyura 1 000 Frw nyamara yari yitwaje 500 Frw, bigatuma ataha atayicyuye.

Agira ati “Tugezeyo baratubwira ngo tubahe igihumbi buri muntu, ayo mafaranga ntabwo nzi ari ay’iki twabonye bayaduca gusa.”

Umwe mu babyeyi b’aba bimwe irangamuntu kubera kudatanga ayo mafaranga, avuga ko we amaze kujya ku Biro by’Akagari gukurikirana iby’irangamuntu y’umwana we ariko ntive aho iri.

Yagize ati “N’ejo nagiyeyo Gitifu arayinyima ngo kereka tumuhaye igihumbi igihumbi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatsiro, Ndagijimana Japhet ahakana ibitangazwa n’aba baturage ahubwo agasanga ngo bashobora kuba baratekewe umutwe.

Ati “Aaturage bacu birashoboka ko haza n’uwigira najyuwa akaba yabasaba kugira ibyo bamuha kugira ngo agire ibyo abakorera ari ukubabeshya.”

Nubwo Gitifu ahakana iby’uko abaturage baba basabwa amafaranga 1 000 ngo babone irangamuntu zabo, hari bamwe mu baturage bavuga ko bemeye gutanga aya mafaranga, bazihabwa.

Umwe muri bo witwa Biruta Yves yagize ati “Maze kuyibona ngiye kuyitwara gitifu w’akagari arambwira ngo ugomba gusiga igihumbi cya ejo heza. Narabikoze kuko nari nyafite kandi nkeneye ibyangombwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux avuga ko ibi biramutse ari uko biri byaba binyuranyije n’amabwiriza kandi ko uwaba yarabikoze yabibazwa.

Ati ”Tuzabikurikirana tumenye impamvu yabyo. Hazabaho kubazwa inshingano cyangwa se gukurikirana uwaba yarabigizemo uruhare.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Icyo Gen.Muganga yaganiriye n’Umugaba w’Ingabo z’Igihugu cyo muri Asia gisanganywe imikoranire n’u Rwanda

Next Post

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.