Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

radiotv10by radiotv10
09/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 
Share on FacebookShare on Twitter

Abacuruzi bato na ba rwiyemezamirimo bo mu Mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi bagemuye ibiribwa ku bigo by’amashuri muri 2023 bamaze umwaka n’igice basiragira ku Karere ngo kabishyure, bageze aho bahiga kurara ku biro byaho bakahava ari uko bishyuwe.

Ngabonziza Theoneste avuga ko amaze kuza ku Biro by’Akarere inshuro zitari munsi y’icumi agenzwa no kubaza amafaranga agera kuri miliyoni 30 Frw.

Agira ati “Kuva 2023 buri gihe tuza aha ku buryo njyewe maze kuhaza inshuro cumi na, mayor ubushize yari yaduhaye ku itariki 30 z’ukwezi gushize, none twagarutse nabwo nta gisubizo gifatika aduhaye.”

Bavuga ko kumara icyo gihe cyose batarishyurwa amafaranga yabo byabagizeho ingaruka zirimo ubukene ndetse no kuba amabanki bagujijemo amafaranga bakoresheje bagemura ibyo biribwa yaratangiye gufatira ingwate zabo

Nyirahategekimana Leonie ati “Njyewe ndishyuza miliyoni enye n’igice , maze kuza inshuro esheshatu nturuka i Nyakabuye. Nkanjye nari nagujije banki miliyoni ebyiri none barenda kuza gufata ingwate nari naratanze.”

Nyuma yo kutanyurwa n’ibyo Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ku kibazo cyabo, aba bacuruzi bato bahise bahiga kutava ku Karere bakaharara kugeza igihe bishyuriwe amafaranga yabo kugira ngo na bo bishyure imyenda bafashe.

Ngabonziza ati “Nta tariki baduhaye nta n’umunsi. Turaguma aha, turaguma ku Karere batwishyure amafaranga y’abandi.”

Nyirahategekimana na we ati “Twiyemeje kuhaguma tuzahave baduhaye amafaranga yacu kandi mudukorere ubuvugizi bizagera no kuri perezida wa Repuburika wenda twakwishyurwa.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred avuga ko kurara ku Karere kwabo bidakwiye nkuko ikibazo cyabo kizwi kandi kiri gukorwaho.

Ati “Kurara ku Karere ntabwo byaba ari byo, kuko ibyo byo kumvikanisha ikibazo babikora mu gihe abantu batacyumva kandi ikibazo turacyumva. Twabatumye impapuro zigaragaza ko ibyo biribwa babigemuye barazizana tuzishyikiriza ababigenzura. Uyu munsi aho bigeze turi gushaka aho twakura amafaranga mu ngengo y’imari ngo tubishyure. Rwose nibabe bihanganye Leta ntabwo yambura.”

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, avuga ko amafaranga bose hamwe bishyuza baba abaje ku Karere n’abatahageze agera kuri miliyoni 600 Frw.

Mu gihe bagisiragira kuri ayo mafaranga gutyo, abagemuye ibiribwa nyuma yabo muri 2024 bo ngo batangiye kwishyurwa bityo bikabatera kwibaza impamvu aba 2024 bishyurwa mbere yabo.

Bavugaga ko bava ku Biro by’Akarere ari uko bishyuwe
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere yavugaga ko ibyo bidakwiye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 7 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu nama yiga ku bya Congo

Next Post

Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.