Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

radiotv10by radiotv10
09/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 
Share on FacebookShare on Twitter

Abacuruzi bato na ba rwiyemezamirimo bo mu Mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi bagemuye ibiribwa ku bigo by’amashuri muri 2023 bamaze umwaka n’igice basiragira ku Karere ngo kabishyure, bageze aho bahiga kurara ku biro byaho bakahava ari uko bishyuwe.

Ngabonziza Theoneste avuga ko amaze kuza ku Biro by’Akarere inshuro zitari munsi y’icumi agenzwa no kubaza amafaranga agera kuri miliyoni 30 Frw.

Agira ati “Kuva 2023 buri gihe tuza aha ku buryo njyewe maze kuhaza inshuro cumi na, mayor ubushize yari yaduhaye ku itariki 30 z’ukwezi gushize, none twagarutse nabwo nta gisubizo gifatika aduhaye.”

Bavuga ko kumara icyo gihe cyose batarishyurwa amafaranga yabo byabagizeho ingaruka zirimo ubukene ndetse no kuba amabanki bagujijemo amafaranga bakoresheje bagemura ibyo biribwa yaratangiye gufatira ingwate zabo

Nyirahategekimana Leonie ati “Njyewe ndishyuza miliyoni enye n’igice , maze kuza inshuro esheshatu nturuka i Nyakabuye. Nkanjye nari nagujije banki miliyoni ebyiri none barenda kuza gufata ingwate nari naratanze.”

Nyuma yo kutanyurwa n’ibyo Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ku kibazo cyabo, aba bacuruzi bato bahise bahiga kutava ku Karere bakaharara kugeza igihe bishyuriwe amafaranga yabo kugira ngo na bo bishyure imyenda bafashe.

Ngabonziza ati “Nta tariki baduhaye nta n’umunsi. Turaguma aha, turaguma ku Karere batwishyure amafaranga y’abandi.”

Nyirahategekimana na we ati “Twiyemeje kuhaguma tuzahave baduhaye amafaranga yacu kandi mudukorere ubuvugizi bizagera no kuri perezida wa Repuburika wenda twakwishyurwa.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred avuga ko kurara ku Karere kwabo bidakwiye nkuko ikibazo cyabo kizwi kandi kiri gukorwaho.

Ati “Kurara ku Karere ntabwo byaba ari byo, kuko ibyo byo kumvikanisha ikibazo babikora mu gihe abantu batacyumva kandi ikibazo turacyumva. Twabatumye impapuro zigaragaza ko ibyo biribwa babigemuye barazizana tuzishyikiriza ababigenzura. Uyu munsi aho bigeze turi gushaka aho twakura amafaranga mu ngengo y’imari ngo tubishyure. Rwose nibabe bihanganye Leta ntabwo yambura.”

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, avuga ko amafaranga bose hamwe bishyuza baba abaje ku Karere n’abatahageze agera kuri miliyoni 600 Frw.

Mu gihe bagisiragira kuri ayo mafaranga gutyo, abagemuye ibiribwa nyuma yabo muri 2024 bo ngo batangiye kwishyurwa bityo bikabatera kwibaza impamvu aba 2024 bishyurwa mbere yabo.

Bavugaga ko bava ku Biro by’Akarere ari uko bishyuwe
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere yavugaga ko ibyo bidakwiye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + one =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu nama yiga ku bya Congo

Next Post

Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.