Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko Ivuriro rito (Poste de Sante) rya Kabere, ryanze kubavurira ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, bigatuma bamwe bahitamo gukomeza kwivuza mu buryo bwa gakondo.

Aba baturage bavuga ko kwivuza biyishyuriye 100% bitaborohera, ku buryo abadashoboye kujya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu, bahitamo kwivurisha uburyo bwa gakondo.

Bavuga ko iri vuriro rito rya Kabere ryari ryarahagaze, ubu rikaba rimaze amezi atandatu risubukuye ibikorwa, ariko rikaba ritemera kuvurira abantu ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Muhawenimana Florida ati “Ubwo rero iyo umuntu afite iyo mitweri ntabona uko ayivurizaho. Buriya iyi ni nka farumasi twivurizaho kuko hari igihe umuntu atanga amafaranga agafata nko mu bihumbi mirongo itatu.”

Uyu muturage avuga ko benshi bahitamo kwivuza mu buryo bwa gakondo, bakajya kwahira imiti y’ibyatsi, kuko ayo mafaranga abashobora kuyabona ari mbarwa. Ati “Nk’udafite ako gahene, ni ugushaka capsine (kimwe mu byatsi bakoresha bivura).”

Nzabahimana Florence na we ati “Hano biraduhangayikisha cyane kuko hari igihe umuntu yafatwa nijoro, rero aho kugira ngo umuntu azamuke ku Kivumu (centre de sante ya Kivumu) akemera agatanga nk’ingwate kugira ngo abone amafaranga yishyura, waba ufite nk’agahene rero kakaba gahingane n’ibihumbi 10 wivuje bityo bikadusubiza inyuma.”

Murengezi Modeste ufite mu nshingano kugenzura iri vuriro, avuga ko kuba aba baturage bishyura 100% bitari mu bushake bwabo dore ko na bo bibahombya mu gihe basabye uburenganzira bwo gukorana na mitweli bakaba batarabyemererwa.

Ati “Turahomba kandi RSSB twayihaye ibyangombwa byose kugira ngo dukorane n’ubwishingizi, none kuko twishyuza 100% haza abaturage bacye bashoboye kwiyishyurira.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) gikunze kugaragaza ko Ubuyobozi bw’Akarere ari bwo busura aya mavuriro mato, bukayorohereza kubona ibyangombwa kugira ngo yemererwe gukorana na mitweli.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yavuze ko iki kibazo cyo kuri ririya vuriro batari bakizi. Ati “Ntabwo twakumva amakuru nk’ayo ngo tubure icyo tuyakoresha, turasuzuma ko ari ukuri kandi ni byo turimo kuko izo poste de sante ziba zaragiyeho kugira ngo zegere abaturage.”

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gushyiraho amavuriro mato nk’aya mu rwego rwo gufasha abaturage kubonera serivisi z’ubuvuzi hafi kugira ngo hatagira abakomeza kurembera mu ngo, ndetse bakivuza bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 10 =

Previous Post

Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri

Next Post

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Related Posts

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.