Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko Ivuriro rito (Poste de Sante) rya Kabere, ryanze kubavurira ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, bigatuma bamwe bahitamo gukomeza kwivuza mu buryo bwa gakondo.

Aba baturage bavuga ko kwivuza biyishyuriye 100% bitaborohera, ku buryo abadashoboye kujya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu, bahitamo kwivurisha uburyo bwa gakondo.

Bavuga ko iri vuriro rito rya Kabere ryari ryarahagaze, ubu rikaba rimaze amezi atandatu risubukuye ibikorwa, ariko rikaba ritemera kuvurira abantu ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Muhawenimana Florida ati “Ubwo rero iyo umuntu afite iyo mitweri ntabona uko ayivurizaho. Buriya iyi ni nka farumasi twivurizaho kuko hari igihe umuntu atanga amafaranga agafata nko mu bihumbi mirongo itatu.”

Uyu muturage avuga ko benshi bahitamo kwivuza mu buryo bwa gakondo, bakajya kwahira imiti y’ibyatsi, kuko ayo mafaranga abashobora kuyabona ari mbarwa. Ati “Nk’udafite ako gahene, ni ugushaka capsine (kimwe mu byatsi bakoresha bivura).”

Nzabahimana Florence na we ati “Hano biraduhangayikisha cyane kuko hari igihe umuntu yafatwa nijoro, rero aho kugira ngo umuntu azamuke ku Kivumu (centre de sante ya Kivumu) akemera agatanga nk’ingwate kugira ngo abone amafaranga yishyura, waba ufite nk’agahene rero kakaba gahingane n’ibihumbi 10 wivuje bityo bikadusubiza inyuma.”

Murengezi Modeste ufite mu nshingano kugenzura iri vuriro, avuga ko kuba aba baturage bishyura 100% bitari mu bushake bwabo dore ko na bo bibahombya mu gihe basabye uburenganzira bwo gukorana na mitweli bakaba batarabyemererwa.

Ati “Turahomba kandi RSSB twayihaye ibyangombwa byose kugira ngo dukorane n’ubwishingizi, none kuko twishyuza 100% haza abaturage bacye bashoboye kwiyishyurira.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) gikunze kugaragaza ko Ubuyobozi bw’Akarere ari bwo busura aya mavuriro mato, bukayorohereza kubona ibyangombwa kugira ngo yemererwe gukorana na mitweli.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yavuze ko iki kibazo cyo kuri ririya vuriro batari bakizi. Ati “Ntabwo twakumva amakuru nk’ayo ngo tubure icyo tuyakoresha, turasuzuma ko ari ukuri kandi ni byo turimo kuko izo poste de sante ziba zaragiyeho kugira ngo zegere abaturage.”

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gushyiraho amavuriro mato nk’aya mu rwego rwo gufasha abaturage kubonera serivisi z’ubuvuzi hafi kugira ngo hatagira abakomeza kurembera mu ngo, ndetse bakivuza bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri

Next Post

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.