Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze impamvu itabaturukaho ituma bakivurisha ibicuncu n’imiravumba kandi bafite Mituweli banegereye Ivuriro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko Ivuriro rito (Poste de Sante) rya Kabere, ryanze kubavurira ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, bigatuma bamwe bahitamo gukomeza kwivuza mu buryo bwa gakondo.

Aba baturage bavuga ko kwivuza biyishyuriye 100% bitaborohera, ku buryo abadashoboye kujya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu, bahitamo kwivurisha uburyo bwa gakondo.

Bavuga ko iri vuriro rito rya Kabere ryari ryarahagaze, ubu rikaba rimaze amezi atandatu risubukuye ibikorwa, ariko rikaba ritemera kuvurira abantu ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Muhawenimana Florida ati “Ubwo rero iyo umuntu afite iyo mitweri ntabona uko ayivurizaho. Buriya iyi ni nka farumasi twivurizaho kuko hari igihe umuntu atanga amafaranga agafata nko mu bihumbi mirongo itatu.”

Uyu muturage avuga ko benshi bahitamo kwivuza mu buryo bwa gakondo, bakajya kwahira imiti y’ibyatsi, kuko ayo mafaranga abashobora kuyabona ari mbarwa. Ati “Nk’udafite ako gahene, ni ugushaka capsine (kimwe mu byatsi bakoresha bivura).”

Nzabahimana Florence na we ati “Hano biraduhangayikisha cyane kuko hari igihe umuntu yafatwa nijoro, rero aho kugira ngo umuntu azamuke ku Kivumu (centre de sante ya Kivumu) akemera agatanga nk’ingwate kugira ngo abone amafaranga yishyura, waba ufite nk’agahene rero kakaba gahingane n’ibihumbi 10 wivuje bityo bikadusubiza inyuma.”

Murengezi Modeste ufite mu nshingano kugenzura iri vuriro, avuga ko kuba aba baturage bishyura 100% bitari mu bushake bwabo dore ko na bo bibahombya mu gihe basabye uburenganzira bwo gukorana na mitweli bakaba batarabyemererwa.

Ati “Turahomba kandi RSSB twayihaye ibyangombwa byose kugira ngo dukorane n’ubwishingizi, none kuko twishyuza 100% haza abaturage bacye bashoboye kwiyishyurira.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) gikunze kugaragaza ko Ubuyobozi bw’Akarere ari bwo busura aya mavuriro mato, bukayorohereza kubona ibyangombwa kugira ngo yemererwe gukorana na mitweli.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yavuze ko iki kibazo cyo kuri ririya vuriro batari bakizi. Ati “Ntabwo twakumva amakuru nk’ayo ngo tubure icyo tuyakoresha, turasuzuma ko ari ukuri kandi ni byo turimo kuko izo poste de sante ziba zaragiyeho kugira ngo zegere abaturage.”

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gushyiraho amavuriro mato nk’aya mu rwego rwo gufasha abaturage kubonera serivisi z’ubuvuzi hafi kugira ngo hatagira abakomeza kurembera mu ngo, ndetse bakivuza bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 11 =

Previous Post

Gabon: Perezida yatunguye benshi ku munsi w’itangira ry’amashuri

Next Post

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.