• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in Uncategorized
0
Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye Abanyarwanda kuzakirana ubwuzu abazitabira inama ya CHOGM ku buryo bazasubirayo bagikumbuye u Rwanda bikazatuma bagarukana n’imiryango yabo.

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo i Kigali mu Rwanda hateranire inama ikomeye izwi nka CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bigize Commonwealth izatangira tariki 20 Kamena 2022.

Leta y’u Rwanda yakoze ibikorwa binyuranye bigamije kwitegura iyi nama kimwe n’abikorera, ariko n’abaturage na bo ntibasigaye kuko bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali na bo batangiye kwitegura uko bazakirana ubwuzu aba bashyitsi bazaturuka mu Bihugu 54 bigize uyu muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko Abaturarwanda basabwa kuzarangwa n’isuku.

Yavuze kandi ko abaturarwanda basabwa kuzakirana ubwuzu abashyitsi, babereka urugwiro, bagasuhuza abo bazanyuraho kuko hari abo bazahurira mu nzira bagenda n’amaguru cyangwa abo bazahurira mu maguriro.

Ati “Ikindi ni umutekano, ngira ngo ntihagire umuntu rwose […] urabizi iyo ibintu nk’ibi byabaye hari n’abandi bashobora kuziramo bashaka inyungu zabo, bagakora ibitari byiza, buri wese akaba yatabara cyangwa yarengera uwamuhungabanya yaba ku muhanda aria ho aba muri hoteli. Amahoteli akabasha, ntihagire umuvuga ngo ‘natashye mbura mudasobwa nabuze amafaranga yanjye.”

Minisititi Gatabazi wavugaga ko ibi bireba byumwihariko abakora mu nzego zishinzwe kwakira abashyitsi, ariko n’abaturage na bo bagakora ibyo bashoboye byose ku buryo abashyitsi bazishimira u Rwanda.

Ati “Uko aba bantu bazaza kudusura, tuvuge ko haje abantu ibihumbi bitanu, bitandatu cyangwa birindwi umunani, iyo aje agafatwa neza aho yaraye akakirwa neza, ari uburyo yakirwa hanze, mu kabari, muri restaurant ari uburyo yakirwa aho anyura hose ni byo bimwubakamo kuzagaruka vuba, ndetse yanagaruka akazazana n’umuryango we, umugore n’abana wenda yari yaraje ari umuntu umwe. Baze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti.”

U Rwanda rugiye kwakira iyi nama ya CHOGM itaherukaga kuba kubera icyorezo cya COVID-19, gisanzwe ari cyo Gihugu gishya muri uyu muryango wa Commonwealth ariko kikaba kimaze kuba ubukombe mu kwakira inama zikomeye kubera ibikorwa byorohereza abazitabira, byaba ari ibikorwa remezo, umutekano ndetse n’ibindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Rusizi: Abavuzi gakondo batanu bakurikiranyweho gukata zimwe mu ngingo z’abana

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.