Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in Uncategorized
0
Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye Abanyarwanda kuzakirana ubwuzu abazitabira inama ya CHOGM ku buryo bazasubirayo bagikumbuye u Rwanda bikazatuma bagarukana n’imiryango yabo.

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo i Kigali mu Rwanda hateranire inama ikomeye izwi nka CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bigize Commonwealth izatangira tariki 20 Kamena 2022.

Leta y’u Rwanda yakoze ibikorwa binyuranye bigamije kwitegura iyi nama kimwe n’abikorera, ariko n’abaturage na bo ntibasigaye kuko bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali na bo batangiye kwitegura uko bazakirana ubwuzu aba bashyitsi bazaturuka mu Bihugu 54 bigize uyu muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko Abaturarwanda basabwa kuzarangwa n’isuku.

Yavuze kandi ko abaturarwanda basabwa kuzakirana ubwuzu abashyitsi, babereka urugwiro, bagasuhuza abo bazanyuraho kuko hari abo bazahurira mu nzira bagenda n’amaguru cyangwa abo bazahurira mu maguriro.

Ati “Ikindi ni umutekano, ngira ngo ntihagire umuntu rwose […] urabizi iyo ibintu nk’ibi byabaye hari n’abandi bashobora kuziramo bashaka inyungu zabo, bagakora ibitari byiza, buri wese akaba yatabara cyangwa yarengera uwamuhungabanya yaba ku muhanda aria ho aba muri hoteli. Amahoteli akabasha, ntihagire umuvuga ngo ‘natashye mbura mudasobwa nabuze amafaranga yanjye.”

Minisititi Gatabazi wavugaga ko ibi bireba byumwihariko abakora mu nzego zishinzwe kwakira abashyitsi, ariko n’abaturage na bo bagakora ibyo bashoboye byose ku buryo abashyitsi bazishimira u Rwanda.

Ati “Uko aba bantu bazaza kudusura, tuvuge ko haje abantu ibihumbi bitanu, bitandatu cyangwa birindwi umunani, iyo aje agafatwa neza aho yaraye akakirwa neza, ari uburyo yakirwa hanze, mu kabari, muri restaurant ari uburyo yakirwa aho anyura hose ni byo bimwubakamo kuzagaruka vuba, ndetse yanagaruka akazazana n’umuryango we, umugore n’abana wenda yari yaraje ari umuntu umwe. Baze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti.”

U Rwanda rugiye kwakira iyi nama ya CHOGM itaherukaga kuba kubera icyorezo cya COVID-19, gisanzwe ari cyo Gihugu gishya muri uyu muryango wa Commonwealth ariko kikaba kimaze kuba ubukombe mu kwakira inama zikomeye kubera ibikorwa byorohereza abazitabira, byaba ari ibikorwa remezo, umutekano ndetse n’ibindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Rusizi: Abavuzi gakondo batanu bakurikiranyweho gukata zimwe mu ngingo z’abana

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.