Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Benin: Hasobanuwe uko abarimo uwari Minisitiri n’Umujepe batahuweho umugambi ukomeye bakurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Benin: Hasobanuwe uko abarimo uwari Minisitiri n’Umujepe batahuweho umugambi ukomeye bakurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu barimo uwahoze ari Minisitiri wa Siporo, n’umwe mu bashinzwe umutekano wa Perezida muri Benin, bagejejwe imbere y’Urukiko ngo baburane ku gushaka gukura ku butegetsi Umukuru w’iki Gihugu, aho Ubushinjacyaha bwasobanuye uko batahuwe.

Aba bombi baregwa hamwe kandi n’umucuruzi ukomeye usanzwe ari inshuti ya hafi ya Perezida Patrice Talon, aho bose uko ari batatu bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi.

Umushinjacyaha yavuze ko ku wa Kabiri w’iki cyomweru, Oswald Homeky wahoze ari Minisitiri wa Siporo, yaguwe gitumo afite ibikapu bitandatu byuzuye amafranga abarirwa muri miliyari 1,5 y’amafranga akoreshwa muri iki Gihugu anagana na miliyoni 2,5 USD.

Aya mafaranga ngo yari agiye kuyatangamo ruswa ku muyobozi ukuriye abarinzi b’Umukuru w’Igihugu, kugira ngo bahirike ubutegetsi bwa Talon.

Ubushinjacyaha kandi bwatangaje ko uwo mugambi wo guhirika Ubutegsti bwa Perezida Patrice Talon, wari gushyirwa mu bikorwa kuri wa Gatanu tariki 27 Nzeri 2024.

Iyi nshuti ya Perezida iri mu bakurikiranyweho uyu mugambi, yari iherutse gutangaza ko igiye kwinjira muri politiki.

Naho uyu wari Minisitiri wa Siporo na we yari aherutse gutangaza ko azahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu mwaka wa 2026.

Umushinjacyaha yagize ati “Umucuruzi Olivier Boko, inshuti ya hafi y’Umukuru w’Igihugu yari aherutse no gutangaza ko agiye kwinjira byeruye muri politiki. Iperereza riracyakomeje hanakusanywa ibindi bimenyetso.”

Ni mu gihe umwe mu banyamategeko barimo kunganira abakekwaho uyu mugambi, yatangaje ko ubushinjacyaha bubeshya, akavuga ko ahubwo bashimuswe bakagerekwaho icyo cyaha gikomeye.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − six =

Previous Post

Umunyarwandakazi ufite amateka mu gutwara indege yateye indi ntambwe ikomeye

Next Post

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.