Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ku mugaragaro ko icyorezo cya Marburg cyarangiye muri iki Gihugu, kandi ishimira abakora mu rwego rw’ubuzima bagize uruhare mu gutuma ibi bishoboka.

Byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, nyuma yuko hashize iminsi 42 nta murwayi mushya ugaragara nyuma yuko uwa nyuma asezerewe mu Bitaro.

Iyi minsi ni yo isanzwe iteganywa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) ko iyi ndwara iba yarangiye iyo ishize nta murwayi mushya ugaragaye.

Iyi ndwara ya Marburg kuva yagera mu Rwanda mu kwezi kwa Nzeri 2024, yanduwe ndetse isanganwa abantu 66, aho yahitanye ubuzima bw’abantu 15, mu gihe abayikize ari 51.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzima yatangaje ko “iyi ni intambwe ishimishije mu rwego rw’Ubuzima mu Rwanda. Kandi mu gihe tuzirikana abahaburiye ubuzima, turanishimira ibyakozwe.”

Yakomeje agira ati “Twageze kuri iyi ntego kubera umuhate n’ubushake bw’abakora mu rwego rw’ubuzima, ubwa Guverinoma ndetse n’ubw’abafatanyabikorwa bacu twakoranye neza mu guhuza ibikorwa byatumye byose bishoboka mu kwikura muri iki cyorezo neza.”

Dr. Sabin Nsanzimana yatangaje kandi ko inzego z’ubuzima zabashije kumenya ahaturutse iyi virus, kandi ko hakomeje gushyirwa imbaraga mu gukurikirana ibyayo.

Minisiteri y’Ubuzima kandi itangaza ko kuva iki cyorezo cyagaragara mu Gihugu, u Rwanda rwihutiye gushyiraho ingamba zo guhangana nacyo kandi bigakorwa igihe cyose, amasaha 24 kuri 24, aho hashyizweho uburyo bw’ubugenzuzi, gusuzuma, gukurikirana abagaragaweho iyi Virus ndetse no gukingira.

Iti “Izi ngamba zari zihuriweho na Guverinoma, abakora mu rwego rw’ubuzima n’abafatanyabikorwa zari zigamije gutuma iki cyorezo gikurikiranwa ndetse no kugihagarika.”

Iyi Minisiteri kandi ivuga ko kuba iyi ndwara yararangiye, byashimangiye umuhate n’ubushobozi by’urwego rw’Ubuzima mu Rwanda, ndetse n’uburyo rushobora kwitwara mu kuba rwahangana byihuse n’ibindi byorezo bishobora kuzaza mu bihe biri imbere.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yemeje ko Marburg yarangiye mu Rwanda
Yashimiye abafatanyabikorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Next Post

Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.