Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ku mugaragaro ko icyorezo cya Marburg cyarangiye muri iki Gihugu, kandi ishimira abakora mu rwego rw’ubuzima bagize uruhare mu gutuma ibi bishoboka.

Byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, nyuma yuko hashize iminsi 42 nta murwayi mushya ugaragara nyuma yuko uwa nyuma asezerewe mu Bitaro.

Iyi minsi ni yo isanzwe iteganywa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) ko iyi ndwara iba yarangiye iyo ishize nta murwayi mushya ugaragaye.

Iyi ndwara ya Marburg kuva yagera mu Rwanda mu kwezi kwa Nzeri 2024, yanduwe ndetse isanganwa abantu 66, aho yahitanye ubuzima bw’abantu 15, mu gihe abayikize ari 51.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzima yatangaje ko “iyi ni intambwe ishimishije mu rwego rw’Ubuzima mu Rwanda. Kandi mu gihe tuzirikana abahaburiye ubuzima, turanishimira ibyakozwe.”

Yakomeje agira ati “Twageze kuri iyi ntego kubera umuhate n’ubushake bw’abakora mu rwego rw’ubuzima, ubwa Guverinoma ndetse n’ubw’abafatanyabikorwa bacu twakoranye neza mu guhuza ibikorwa byatumye byose bishoboka mu kwikura muri iki cyorezo neza.”

Dr. Sabin Nsanzimana yatangaje kandi ko inzego z’ubuzima zabashije kumenya ahaturutse iyi virus, kandi ko hakomeje gushyirwa imbaraga mu gukurikirana ibyayo.

Minisiteri y’Ubuzima kandi itangaza ko kuva iki cyorezo cyagaragara mu Gihugu, u Rwanda rwihutiye gushyiraho ingamba zo guhangana nacyo kandi bigakorwa igihe cyose, amasaha 24 kuri 24, aho hashyizweho uburyo bw’ubugenzuzi, gusuzuma, gukurikirana abagaragaweho iyi Virus ndetse no gukingira.

Iti “Izi ngamba zari zihuriweho na Guverinoma, abakora mu rwego rw’ubuzima n’abafatanyabikorwa zari zigamije gutuma iki cyorezo gikurikiranwa ndetse no kugihagarika.”

Iyi Minisiteri kandi ivuga ko kuba iyi ndwara yararangiye, byashimangiye umuhate n’ubushobozi by’urwego rw’Ubuzima mu Rwanda, ndetse n’uburyo rushobora kwitwara mu kuba rwahangana byihuse n’ibindi byorezo bishobora kuzaza mu bihe biri imbere.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yemeje ko Marburg yarangiye mu Rwanda
Yashimiye abafatanyabikorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

Next Post

Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Bwa mbere America yagiye kuganira n’umutwe wahiritse ubutegetsi muri Syria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.