Bidasubirwaho umuhanzi ufite abakunzi benshi mu Rwanda yashimangiye ko yahinduye amayira

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy, yahamije bidasubirwaho ko kuririmba indirimbo z’Isi, ari amateka kuri we, kuko ubu yamaze kwiyegurira burundu izaririmbiwe Uwiteka.

Uyu muhanzi wigeze kubitangaza mu minsi yashize, anemeza ko yamaze kumenya ko Yesu Kristo ari Umwami n’Umukiza, yongeye kubishimangira.

Izindi Nkuru

Meddy yongeye kubishimangirira imwe mu nshuti za hafi ko atazongera kuririmba indirimbo z’isi, ahubwo azakomeza gukora indirimbo zihimbaza Imana.

Yagize ati “Nk’uko wabisomye mu bitangazamakuru nzajya nkora gospel gusa.”

Meddy akomeza avuga ko indirimbo yateguje abantu, ageze kure ayikoraho, akavuga ko arimo gufashwa na producer Lick Lick.

Nubwo yiyemeje gukora indirimbo zo guhimbaza Imana gusa, Meddy n’ubundi yigeze kujya azikora dore ko n’iri mu zo yahereyeho izwi nka ‘Ngirira Ubuntu’ ari iy’Imana, akaba yarakoze n’izindi nka Holy Spirit.

Kuva aho atangarije ko yiyeguriye Imana ndetse n’umuziki wa Gaspel, Meddy yanashyize hanze indirimbo yise ‘Grateful’ aheruka gushyira hanze muri Mutarama uyu mwaka.

Kugera ubu Meddy ni we muhanzi uri ku gasongero mu Rwanda ufite abamukurikira benshi bakunda n’ibihangano bye ku rubuga rwa YouTube afite umubare munini kurusha abandi mu bamaze kureba ibihangano bye ni Miliyoni 200.

Meddy ni umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10 

Comments 1

  1. Levywizzy says:

    Hhhh nuk azi icyo yakuyemo nazisibe kuma channels ye yose atangire ashyireho iza gospel nyine

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru