Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi nubwo ritarafungura mu buryo bwemewe n’amategeko.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA yateganyije ko muri uyu mwaka amakipe yo mu Rwanda azemererwa kugura abakinnyi hagati ya tariki 10 Kamena na tariki 30 Kanama 2025.

Nubwo amakipe yo mu Rwanda azemererwa gutangira kwandikisha abakinnyi bashya ku wa Kabiri w’iki cyumweru ariko Rayon Sports yamaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wa mbere mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino 2025-26 kare.

Ni myugariro w’ibumoso Michel Prince Musore w’imyaka 26 wakinaga muri Vital’O FC y’i Burundi, usanzwe anakinira Ikipe y’Igihugu y’u Burundi (Intamba ku rugamba), yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri. Bivugwa ko yaguzwe miliyoni 10 Frw, akazajya ahembwa ibihumbi 800 Frw ku kwezi.

Yabaye uwa mbere utangajwe n’ikipe ko yasinye, ariko Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup hari abandi bakinnyi bamaze kumvikana na yo barimo Umunyekongo, Mosengo Tansele wakiniraga Kiyovu Sports, na Chris Rushema wakiniraga Mukura VS.

Mucyeba wa Rayon Sports ari we APR FC yegukanye ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda muri mwaka w’imikino dusoje wa 2024-2025, na we ntasinziriye. Iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda ntiratangaza ku mugaragaro ko yasinyishije umukinnyi, gusa amakuru agera kuri RADIOTV10 ni uko izi mpera z’icyumweru zisize isinyishije abakinnyi batatu b’Abanyarwanda.

Abo bakinnyi ni Hadji Iraguha, rutahizamu usatira aca ku mpande wari umaze imyaka ine akinira Rayon Sports, Hakim Bugingo ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports na Pacifique Ngaboyisonga wakiniraga Police FC hagati mu kibuga.

Aba bakinnyi bivugwa ko batanzweho miliyoni 75 Frw uko ari batatu babaye intangiriro kuko APR FC irateganya kurema isoko mpuzamahanga ikazana abakinnyi b’amazina akomeye muri Afurika kuko ifite intego yo kugera mu matsinda ya CAF Champions League uyu mwaka.

Nubwo APR FC ikomeje gusinyisha mu ibanga rikomeye ariko, ntabwo irabona umutoza uzayitoza uyu mwaka kuko yatandukanye n’uwari umutoza wayo, Umunya-Serbia Darko Novic mu kwezi gushize. Abatoza bifuzwa muri iyi kipe bakomeje kuganirizwa n’ubuyobozi bwayo ariko nta mwanzuro urafatwa.

Biteganyijwe ko aya makipe yombi azasohokera u Rwanda azatangira imyitozo tariki 23 Kamena 2025.

Hadji Iraguha na Hakim Bugingo bakiniraga Rayon Sports bageze muri APR FC
Umukinnyo wo hagati w’Amavubi ya CHAN Pacifique Ngabonziza yateye umugongo Police FC ajya muri APR FC
Prince Michel Musore yabimburiye abandi atangazwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Roben NGABO
RAIDIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + fourteen =

Previous Post

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Next Post

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.