Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

radiotv10by radiotv10
11/10/2021
in MU RWANDA
0
Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage baravuga ko kuba harikugaragara ubukwe bupfa ku munota wa nyuma kubera ko umwe mu bashyingiranwa yari asanzwe afite umuryango yirengagije, ngo bigaragaza ko inzego zishinzwe gusezeranya zigomba gufata ingamba zo kuvumbura bene aba kuko amazi atakiri ya yandi.

Ni ibintu bimaze iminsi byumvikana hirya no hino mu gihugu, aho ubukwe Ibupfa ku munota wa nyuma kubera ko hari umwe   ugaragaye avuga ko mu bagiye gusezerana hari uwo babyaranye umutanye abana.

Urugero rwa hafi ni urw’umubyeyi wo mu mujyi waKigali,uherutse  guhinguka  ku murenge aho umugabo we babyaranye abana batatu  yasezeraniraga nundi mugore,maze ubukwe buhagarikwa butyo .

Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Kigali twaganiriye bavuga ko ibibazo nkibi byiganje mu muryango nyarwanda ngo bitewe ahanini  nuko umwe mu bashkanye ava mu rugo rwe naho agiye ntiyigaragaze uwo ari we.

Umugore Radio&Tv10 yasanze ku biro by’umurenge wa Remera yahamije ko nawe yari yaje mu kibazo nk’iki cyo kwica ubukwe.

Ati “Umugabo wanjye yantaye tumaze kubyara abana icyenda,amaze imyaka ibiri kandi numvise ko aho yagiye yashatse undi mugore ndetse ngo bagiye gusezerana akavuga ko njye tutasezranye kandi nyamara twarasezeranye. Naje gushaka icyemezo cyo gushyingirwa hano kugirango ninumva yasezeranye nzajye kubitesha agaciro.”

Yakomeje avuga ko ibi byose biterwa no kutanyurwa kw’abashakanye kandi ntibumve ko bashaje.

Ibi abihurizaho na bagenzi be nabo bavuga ko kugirango ibibazo nkibi bikemuke burundu, inzego zibanze cyane ziriya zibasezeranya nazo zikwiye kubikangukira zikagaragaza ko amazi atakiri ya yandi.

Kanyandekwe Ephrem yagize ati “Icyaca iki kibazo burundu ni uko umuntu mbere yo kumusezeranya bajya babanza kureba niba nta bana bamwanditseho,ubundi bakamubaza uko abo bana bazabaho.”

Umuyobozi uhsinzwe irnagamimerere mu murenge wa Remra avuga ko nabo nkubuyobozi ntako baba batagize, ahubwo ngo hakwiye impinduka mu itegeko ryo gushyiranwa.

Ati” Ibyo byo kureba  abana umuntu afite byo birakorwa,ahubwo icyatanga umusaruro ni uko umuntu wese basanze ufite abana bajya bamwangira gusezerana, itegeko rigahinduka gutyo.”

Minisitieri yubutegetsi bwigihugu  ivuga ko ikibazo kiri ku baturage ,naho ubundi yo ngo nta kindi yakora kitari ubukangurambaga  kandi ngo ihora ibukora,nkuko  umuvugizi  Havugimana Joseph curio abivuga.

Ati “Ikibazo ni abaturage si inzego z’ibanze,abaturage ntibumva ,ubundi kuki wemera kubyarana n’umuntu inshuro ebyiri ,eshatu mutaraseranye,ubundi se kuki wemera kubana n’umuntu mutasezeranye?,twe icyo dukora ni ubukangurambaga kandi ntituzareka kubukora kugeza igihe abaturage babyumviye.”

Ubusanzwe itegeko ntiryemerera umuntu gushyingirwa mu gihe hari uwo bashyingiranywe mbere bataratandukana, naho mu gihe yaba babanaga batarasezeranye ariko barabyaranye, ba bana agomba kwmera kuzajya amufasha kubarera kandi bakaba bamwanditseho.

Ngo ikikiri imbogamizi, ni abaca ku ruhande bakajya gusezeranira ikantarange aho batabazi, ngo byahuza nuko systeme itamufite nkuwasezeranye, ugasanga akoze ubukwe bucece maze wa muryango we wa mbere ukabigenderamo.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

GATSIBO: Aborozi barataka igihombo baterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi

Next Post

Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.