Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bitunguranye urubanza rwa Prince Kid rwashyizwe mu muhezo, we yifuzaga ko Abanyarwanda bose barukurikirana

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu isuti y’Ubururu bwijimye Prince Kid yageze mu Rukiko bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, rwashyizwe mu muhezo mu gihe uregwa we yifuzaga ko rubera mu ruhame kugira ngo Abanyarwanda bose barukurikire kuko banamenyeshejwe ifatwa rye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022, ibitangazamakuru byikoze byerecyeza ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Kagarama bigiye gukurikirana uru rubanza.

Ubwo Inteko iburanisha uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ruregwamo Prince Kid, Umucamanza yibukije uregwa ibyaha akurikiranyweho uko ari bitatu, icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, icyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko ko uru rubanza rushyirwa mu muhezo kuko bukiri gukora iperereza bityo ko kuba rwabera mu ruhame bishobora kuribangamira.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko iki cyifuzo gishingiye ku kurindira umutekano abatangabuhamya batanze ubuhamya muri uru rubanza.

Uregwa we yabwiye Urukiko ubwo yafatwaga byashyizwe ku karubanda, abantu bose bakabimenya bityo ko bakwiye no kumenya imigendekere y’urubanza.

Prince Kid wavugaga ko atumva impamvu urubanza rwe rwashyirwa mu muhezo kuko atari urwa politiki, yavuze ko kuba rwabera mu ruhame ntacyo abona byakwangiza.

Yagize ati “Byaba bitangaje kubona umuntu afatwa bikamenyeshwa abantu na nyuma yaho ariko byagera mu rukiko bikagirwa ubwiru.”

Me Nyembo Emelyne wunganira uregwa, yavuze ko uregwa ari mu maboko y’inzego z’ubutabera bityo ko nta mpungenge n’imwe ihari yo kwica iperereza.

Uyu munyamategeko wavugaga ko impamvu zatazwe n’Ubushinjacyaha zidafite ishingiro, yavuze ko umukiliya we akiri umwere ku buryo atagomba kwimwa uburenganzira bwo kuburanira mu ruhame.

Nyuma y’impaka z’impande zombi, Urukiko rwafashe umwanzuro, rwanzura ko uru rubanza rugomba kubera mu muhezo, ruhita rutegeka ko abari mu cyumba cy’iburanisha basohoka.

Ni iburanisha rya ryaje gukurikiranwa na bamwe mu bo mu muryango wa Prince Kid n’inshuti ze ndetse n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru binyuranye.

Uru rubanza rwagombaga kuba kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi ariko rusubikwa ku mpamvu zatanzwe n’uruhande rw’uregwa rwagaragarije Urukiko ko rutiteguye kuburana kuko rwatinze kubona dosiye y’ikirego, rusaba umwanya wo kuyisoma no kuyisesengura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Next Post

Ni nko kwihimura: Abamotari basobanuye impamvu nijoro badakoresha mubazi bakanahenda abagenzi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nko kwihimura: Abamotari basobanuye impamvu nijoro badakoresha mubazi bakanahenda abagenzi

Ni nko kwihimura: Abamotari basobanuye impamvu nijoro badakoresha mubazi bakanahenda abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.