Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Bonane Janvier yasezeye ruhago ku myaka 23 y’amavuko

radiotv10by radiotv10
03/10/2021
in SIPORO
0
Bonane Janvier yasezeye ruhago ku myaka 23 y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Bonane Janvier wari umaze igihe ari umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Kiyovu SC yafashe umwanya asezera abakunzi b’umupira w’amaguru ababwira ko gahunda y’umwuga wo gukina umupira abaye ayishyize ku ruhande.

Bonane Janvier “Bojan” w’imyaka 23, anyuze ku mbuga ze nkoranyambaga yavuze ko avuye mu mupira w’amaguru akaba agiye mu kandi kazi gatandukanye no gukina umupira.

Bonane wari umaze imyaka itandatu mu mupira w’amaguru by’umwihariko imyaka ine muri Kiyovu SC avuga ko mu gihe yari amaze mu kibuga anashima abanyamakuru ba siporo bakora mu kugeza amakuru ku banyarwanda no hanze y’igihugu.

Bonane yashimye abatoza bamutoje mu makipe arimo Isonga FA, Kiyovu SC n’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 aherukamo mu 2018-2019.

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga

Bonane Janvier (8) ubwo yari muri 11 b’u Rwanda U20 bahauye na Kenya mu 2018

Bonane Janvier bakunda kwita Bojan, yabaye kapiteni wa Kiyovu SC mu mwaka w’imikino 2019-2020 ubwo yari ahawe inshingano zo kuyobora bagenzi be. Gusa, ntabwo byabaye amahire kuri we kuko nyuma atagiye abona umwanya wo kubanza mu kibuga, kimwe mu bintu abamuba hafi bavuga ko byamubabaje.

Nyuma y’umwaka w’imikino 2020-2021 nibwo ikipe ya Kiyovu Sc yamushyize ku rutonde rw’abakinnyi idakeneye bityo bikomeza kuba umwijima uhisha impano ye, birangira asezeye.

Kiyovu SC yanganyije na Gasogi United – AMAFOTO > Rwanda Magazine

Bonane Janvier (10) yasezeye umupira w’amaguru ku myaka 23

Amakuru Radio&TV10 yamenye nyuma y’isezera rya Bonane Janvier n’uko uyu musore w’imyaka 23 yaba agiye gutangira umwuga w’ubucuruzi.

Bonane Janvier yatangiye umupira w’amaguru mu buryo busonutse akinira Isonga FA (2015-2017) ahita ajya muri Kiyovu Sc mu 2017 kugeza ubu mu 2021.

Bonane Janvier mu 2020 ubwo yavugiraga abakinnyi bagenzi be mu gikombe cy’Ubutwari

Bonane Janvier (8) yabayeho kapiteni wa Kiyovu SC

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Gicumbi FC yanyagiye Kirehe FC, umukino w’Amagaju FC na VJN uvanwa i Nyamagabe ujyanwa i Huye bitunguranye

Next Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.