Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Bonane Janvier yasezeye ruhago ku myaka 23 y’amavuko

radiotv10by radiotv10
03/10/2021
in SIPORO
0
Bonane Janvier yasezeye ruhago ku myaka 23 y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Bonane Janvier wari umaze igihe ari umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Kiyovu SC yafashe umwanya asezera abakunzi b’umupira w’amaguru ababwira ko gahunda y’umwuga wo gukina umupira abaye ayishyize ku ruhande.

Bonane Janvier “Bojan” w’imyaka 23, anyuze ku mbuga ze nkoranyambaga yavuze ko avuye mu mupira w’amaguru akaba agiye mu kandi kazi gatandukanye no gukina umupira.

Bonane wari umaze imyaka itandatu mu mupira w’amaguru by’umwihariko imyaka ine muri Kiyovu SC avuga ko mu gihe yari amaze mu kibuga anashima abanyamakuru ba siporo bakora mu kugeza amakuru ku banyarwanda no hanze y’igihugu.

Bonane yashimye abatoza bamutoje mu makipe arimo Isonga FA, Kiyovu SC n’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 aherukamo mu 2018-2019.

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga

Bonane Janvier (8) ubwo yari muri 11 b’u Rwanda U20 bahauye na Kenya mu 2018

Bonane Janvier bakunda kwita Bojan, yabaye kapiteni wa Kiyovu SC mu mwaka w’imikino 2019-2020 ubwo yari ahawe inshingano zo kuyobora bagenzi be. Gusa, ntabwo byabaye amahire kuri we kuko nyuma atagiye abona umwanya wo kubanza mu kibuga, kimwe mu bintu abamuba hafi bavuga ko byamubabaje.

Nyuma y’umwaka w’imikino 2020-2021 nibwo ikipe ya Kiyovu Sc yamushyize ku rutonde rw’abakinnyi idakeneye bityo bikomeza kuba umwijima uhisha impano ye, birangira asezeye.

Kiyovu SC yanganyije na Gasogi United – AMAFOTO > Rwanda Magazine

Bonane Janvier (10) yasezeye umupira w’amaguru ku myaka 23

Amakuru Radio&TV10 yamenye nyuma y’isezera rya Bonane Janvier n’uko uyu musore w’imyaka 23 yaba agiye gutangira umwuga w’ubucuruzi.

Bonane Janvier yatangiye umupira w’amaguru mu buryo busonutse akinira Isonga FA (2015-2017) ahita ajya muri Kiyovu Sc mu 2017 kugeza ubu mu 2021.

Bonane Janvier mu 2020 ubwo yavugiraga abakinnyi bagenzi be mu gikombe cy’Ubutwari

Bonane Janvier (8) yabayeho kapiteni wa Kiyovu SC

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Gicumbi FC yanyagiye Kirehe FC, umukino w’Amagaju FC na VJN uvanwa i Nyamagabe ujyanwa i Huye bitunguranye

Next Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Related Posts

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/02/2026
0

Ikipe ya APR FC iri mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ukomoka muri Nigeria, Olorunleke Oluwasegun Ojo, ku buryo nta gihindutse...

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

by radiotv10
10/02/2026
0

Mugabe Aristide wakiniye amakipe anyuranye mu mukino wa Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni wayo, yatangaje ko yahagaritse burundu gukina uyu mukino...

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy'ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa...

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

by radiotv10
08/02/2026
0

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru...

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

IZIHERUKA

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC
MU RWANDA

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.