Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

radiotv10by radiotv10
28/07/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw mu gihe mu mezi atandatu y’umwaka ushize rwari rwungutse miliyari 14,8 Frw.

Ni igipimo cyazamutseho 24,1%, kuko urwunguko rw’uru ruganda mu mezi atandatu y’umwaka ushize, rwari miliyari 14,8 Frw.

Uru rwunguko rwa BRALIRWA kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena uyu mwaka wa 2025, rwaturutse ku gipimo cy’ubuguzi bw’abakiliya bw’ibinyobwa byengwa n’uru ruganda.

Ethel Emma-Uche, Umuyobozi Mukuru wa BRALIRWA, yavuze ko iri zamuka ryabonetse “biturutse byumwihariko ku izamuka ry’ibyo abakiliya bagura ndetse no kuzamura ireme ry’ibicuruzwa no kubijyanisha n’ibiciro.”

Muri rusange, muri ayo mezi atandatu ya mbere ya 2025, BRALIRWA yinjije miliyari 32 Frw mu gihe mu gihe nk’icyo umwaka ushize yari yinjije miliyali 26 Frw, bivuze ko hiyongereyeho miliyari 6 Frw.

Iri zamuka kandi ryashobotse bitewe n’ishoramari ry’inyongera ryagiye rikorwa muri uru ruganda, kugira ngo ibinyobwa byengwa n’uru ruganda ndetse na serivisi zarwo zijye ku rwego rwisumbuyeho ndetse no gushyiraho ibiciro bijyanye n’igihe.

BRALIRWA kandi yatangaje ko amafaranga yongerewe mu bikorwa byo kugeza ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye ku baruhagarariye mu bice binyuranye by’Igihugu, yiyongereyeho 22,5% mu mezi atandatu y’uyu mwaka wa 2025 ugereranyije n’ayari yashyizwemo mu gihe nk’iki cy’umwaka ushize wa 2024.

Ethel Emma-Uche yagize ati “Nubwo ishoramari ry’amafaranga ryagiye ryiyongera, ariko inyungu twabonye yashobotse kubera gahunda zashyizweho zo kugabanya ikiguzi no kubyaza umusaruro ibihari.”

Uyu Muyobozi Mukuru wa BRALIRWA yizeje ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka wa 2025, uru ruganda ruzakomeza gukora mu murongo w’ibyifuzo by’abakiliya barwo, ku buryo ibyifuzo byabo bizajya biza imbere mu byemezo byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 18 =

Previous Post

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Next Post

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

by radiotv10
28/07/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara baturiye ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.