Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

radiotv10by radiotv10
28/07/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw mu gihe mu mezi atandatu y’umwaka ushize rwari rwungutse miliyari 14,8 Frw.

Ni igipimo cyazamutseho 24,1%, kuko urwunguko rw’uru ruganda mu mezi atandatu y’umwaka ushize, rwari miliyari 14,8 Frw.

Uru rwunguko rwa BRALIRWA kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena uyu mwaka wa 2025, rwaturutse ku gipimo cy’ubuguzi bw’abakiliya bw’ibinyobwa byengwa n’uru ruganda.

Ethel Emma-Uche, Umuyobozi Mukuru wa BRALIRWA, yavuze ko iri zamuka ryabonetse “biturutse byumwihariko ku izamuka ry’ibyo abakiliya bagura ndetse no kuzamura ireme ry’ibicuruzwa no kubijyanisha n’ibiciro.”

Muri rusange, muri ayo mezi atandatu ya mbere ya 2025, BRALIRWA yinjije miliyari 32 Frw mu gihe mu gihe nk’icyo umwaka ushize yari yinjije miliyali 26 Frw, bivuze ko hiyongereyeho miliyari 6 Frw.

Iri zamuka kandi ryashobotse bitewe n’ishoramari ry’inyongera ryagiye rikorwa muri uru ruganda, kugira ngo ibinyobwa byengwa n’uru ruganda ndetse na serivisi zarwo zijye ku rwego rwisumbuyeho ndetse no gushyiraho ibiciro bijyanye n’igihe.

BRALIRWA kandi yatangaje ko amafaranga yongerewe mu bikorwa byo kugeza ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye ku baruhagarariye mu bice binyuranye by’Igihugu, yiyongereyeho 22,5% mu mezi atandatu y’uyu mwaka wa 2025 ugereranyije n’ayari yashyizwemo mu gihe nk’iki cy’umwaka ushize wa 2024.

Ethel Emma-Uche yagize ati “Nubwo ishoramari ry’amafaranga ryagiye ryiyongera, ariko inyungu twabonye yashobotse kubera gahunda zashyizweho zo kugabanya ikiguzi no kubyaza umusaruro ibihari.”

Uyu Muyobozi Mukuru wa BRALIRWA yizeje ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka wa 2025, uru ruganda ruzakomeza gukora mu murongo w’ibyifuzo by’abakiliya barwo, ku buryo ibyifuzo byabo bizajya biza imbere mu byemezo byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 16 =

Previous Post

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Next Post

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.