Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ibitero by’indege bya FARDC, nyuma yuko hari ikigabwe muri uyu mujyi kigahitana abantu batatu barimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.

Abaturage benshi baramukiye mu mihanda yo muri uyu mujyi wa Goma, bitwaje ibyapa byamagana amarorerwa akomeje gukorwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Mu butumwa bwanditse ku nyandiko zitwajwe n’aba baturage, harimo ubusaba Perezida Felix Tshisekedi n’ubutegetsi bwe, guhagarika ibi bikorwa bikomeje gutwara ubuzima bw’inzirakarengane.

Iyi myigaragambyo ije nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote bivugwa ko ari icy’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa cyagabwe ku nzu iherereye mu gace ka Himbi muri Komini ya Goma.

Iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abasivile batatu, barimo Umufaransakazi Carine Buisset wari umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) ndetse n’abandi basivile babiri.

Ni igitero gikomeje kwamaganirwa kure, aho ku ikubitiro cyamaganywe n’ubuyobozi bw’iri Huriro AFC/M23 ryahise risohora itangazo ubwo cyari kikimara kuba.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa wanigereye aha hagabwe iki gitero, yatangaje ko ari we cyari kigambiriye kwivugana, kimwe na bamwe mu bandi bayobozi b’iri Huriro, asaba amahanga kugira icyo ikora kuri iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo gikomeza kurenga ku myanzuro n’amasezerano yasinywe.

AFC/M23 kandi ivuga ko amahanga akwiye guhagarika uburyarya, akareka gukomeza kotsa igitutu asaba iri Huriro kubahiriza amasezerano y’agahenge, mu gihe uruhande bahanganye rutahwemye kuyica.

Iri Huriro kandi rivuga ko iyi myitwarire ikomeje kuranga uruhande bahanganye irisunikira na ryo kurenga ku gahenge, kugira ngo ryirwaneho, rinarinde abaturage ubuzima bwabo bugeramiwe.

Corneille Nangaa yasuye ahagabwe kiri gitero
Abitabiriye imyigaragambyo yamagana iki gitero bafitiye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − seven =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Related Posts

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

by radiotv10
12/03/2026
0

Iran yatangaje ko isi igomba kwitegura ko igiciro cya peteroli gishobora gutumbagira kikagera ku madolari 200 ku kagunguru kamwe, nyuma...

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

by radiotv10
11/03/2026
0

Israel yatangaje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, yakomeretse amaguru yombi, umunsi se yiciweho, ari na byo bituma atagaragara mu...

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
11/03/2026
0

Abayobozi banyuranye mu Ihuriro AFC/M23, baravuga ko ibibombe byarashwe mu mujyi wa Goma n’uruhande bahanganye rukoresheje indege zitagira abapilote (drônes)...

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

by radiotv10
11/03/2026
0

Ubushyamirane bwahuje umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo muri Gurupoma ya Luberike...

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

by radiotv10
11/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje inyubako yangijwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’uruhande bahanganye...

IZIHERUKA

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye
MU RWANDA

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

by radiotv10
12/03/2026
0

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

12/03/2026
U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

12/03/2026
Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

12/03/2026
Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Abapolisi b'u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.