Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu biganiro byabereye i Doha muri Qatar, byateguwe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani.

Ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi, byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025 nk’uko tubikesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ya Qatar.

Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko ibi biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iri tangazo, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, ivuga ko “Abakuru b’Ibihugu bashimye intambwe yatewe mu biganiro by’i Luanda n’i Nairobi, kimwe n’inama yahuje EAC na SADC yabere i Dar es Salaam tariki 08 Gashyantare 2025.”

Nanone kandi muri ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu bashimangiye ko bashyigikiye ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zihagarika imirwano mu gihe cya vuba kandi nta mananiza abayeho, nk’uko byanemejwe mu nama zindi ziga kuri ibi bibazo zirimo izi z’i Luanda n’i Nairobi kimwe n’iy’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC na SADC.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar kandi inavuga ko Abakuru b’Ibihugu, bemeranyijwe ko ibi biganiro byatangijwe by’i Doha ari ngombwa mu rwego rwo gushaka umusingi wo gutangira gushaka amahoro arambye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 13 =

Previous Post

Abakinnyi b’Amavubi bagiye gufata mu mugongo bagenzi babo bagize ibyago

Next Post

Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.