Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Arasaba ubutabera nyuma y’uko akubiswe na DASSO agakuramo inda

radiotv10by radiotv10
17/08/2021
in MU RWANDA
0
Bugesera: Arasaba ubutabera nyuma y’uko akubiswe na DASSO agakuramo inda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Turatsinze Jean Claude utuye mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, arasaba ubutabera nyuma y’uko we n’umugore we bakubiswe n’abadaso babaziza kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, umugore we bikamuviramo gukuramo inda.

Ku itariki ya 14 Nyakanga 2021 , nibwo Turatsinze Jean Claude utuye mu murenge wa Mayange, akagari ka Kibenga, umudugudu wa Gahwiji ya 2, avuga ko we n’umugore we  basagariwe n’abadaso bagakubita umugore bikamuviriamo gukuramo inda yari atwite.

Uyu mugabo  avuga ko aba badaso batatu ngo babanje gukurikirana umudamu bamuziza ko atambaye agapfukamunwa neza ariko bamusanze mu iduka aho umugabo we acururiza baza buka umugabo inabi bamushinja gucuruza akabari nyamara ngo nta kigaragaza ko aho hantu higeze akabari, iyo kururukururu niyo yaje kubaviramo gukubitwa bombi binatuma umugore ahita akuramo inda nk’uko abyivugira .

Ati” Baravuze ngo ncuruza inzoga. Baraje bafungura firigo barazibura. Ubwo umudamu yari ahagaze hafi y’urugi baramushikanura agwa hasi, bahita bahamagara gitifu w’umurenge azana na polisi. Bahageze ntibigeze bashaka kumenya ibyabaye, ahubwo bahise bankubita inshyi zo mu matwi  ubundi n’umudamu baramukurubana batwambika amapingu batujyana kudufunga.”

Image

Kayitesi Germaine wakuyemo inda kugeza uyu munsi we unarembye arasaba ubutabera

Uyu mugabo avuga ko atumva impamvu yahohotewe mu gihe  n’amakosa bamushinja hari icyo uwayakoze ateganyirizwa nk’ibihano bityo akibaza icyatumye adacibwa amande ahubwo agakubitanwa n’umudamu bakanafungwa, bikanatuma ahurizamo ingaruka zo gukuramo inda .

Gusa avuga ko nyuma yo gufungurwa ngo yagerageje gukurikirana ikibazo cye ngo arenganurwe ariko ngo yatunguwe no kumva urukiko rwibanze rwa Nyamata rumubwira ko dossiye yashyinguwe kandi atarigeze abazwa n’ikintu na kimwe bityo we akaba abifata nk’ikimenyetso ku karengane avuga yagiriwe.

Kayitesi Germaine wakuyemo inda kugeza uyu munsi we unarembye kuko ubwo twageraga mu rugo iwe twasanze atabasha kugenda akavuga ko akiribwa cyane, barasaba ko inzego zose zibifitiye ububasha zabafasha zikabakurikirana bagahabwa ubutabera kuko ari ibintu byabaye ku manywa y’ihangu abantu bareba ngo bigahumira ku mirari ko umwe muri aba badaso ahora abatera ubwoba avuga ko azica uyu mugore .

Ati” Turifuza ubutabera kuko kugeza ubu turacyanaterwa ubwoba. Reba nk’ejo bundi uwo mudaso witwa Dede ari na we wakubise madamu barahuye aramubwira ngo azamugonga umunsi umwe .”

Umudamu we na we yavuze ko uyu mudaso na none yamubwiye ko azamwica bakamujyana mu irimbi rya Mbyo na we akajya muri gereza.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango uvuga ko wahohotewe, bavuga ko ibi biba barebaga, bagasaba koko byakurikirananwa ubushishozi  bagahabwa ubutabera dore ko uyu muturanyi wabo nta kabari yacuruzaga, usibye inzoga zipfundikiye yatangaga ku uzishaka akajya kuzinywera mu rugo.

Umuryango utanga ubufasha mu by’amategeko  wo uvuga ko mu gihe  ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso bushobora gushyingura dosiye by’agateganyo cyangwa burundu, icyakora ngo uwahohotewe abaye atanyuzwe n’icyemezo we ubwe aregera urukiko  akaba ari we wiburanira nk’uko Me Marie Louise Mukashema  abivuga.

“Iyo ubushinjacyaha bubuze ibimenyetso bufata umwanzuro wo gushyingura dosiye by’agateganyo cyangwa burundu. Icyo gihe iyo uwahohotewe atabyishimiye we aregera urukiko agakusanya ibimenyetso n’abatangabuhamya u bundi agasaba ko ari we uregera urukiko aho kuba ubushinjacyaha.” Me Marie Louise Mukashema

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane ishami ry’urwanda Madamu Ingabire Marie Immaculle avuga ko ubuyobozi n’inzego zireberera  uyu muturage  cyane aho atuye bakwiye kubyinjiramo bakareba ipfundo ry’ikibazo bakamurenganura ,ubundi ababikoze bakabiryozwa .

“Ubundi biranavuna mu mutwe kumva ngo umuyobozi yakubise umuturage. Niba ari byo koko, hari ibintu bibiri byakabaye byarakozwe, icya mbere  abo bakabaye barahagaritswe mu kazi, icya kabiri bagakurikiranwa bakaryozwa ibyo bakoze. Ikindi kandi ubuyobozi bw’akarere uwo muturage atuyemo bukwiye kumukurikirana bukamenya imibereho ye.” Ingabire Marie Immaculle

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Mutabazi Richard  avuga ko usibye n’inzego z’ubutabera nawe ubwe iki kibazo yakikurikiraniye agasanga nta hohoterwa ryabayeho. Ikijyanye n’uko baterwa ubwoba  ko bazicwa byo ngo hari inzego bakabaye barabibwiye.

“Twarabikurikiranye haba ku rwego rw’akarere n’izindi nzego zitandukanye, raporo ya RIB yagaragaje ko nta hohoterwa ryabayeho” Meya Mutabazi

Image

Kayitesi Germaine wakuyemo inda avuga ko we n’umugabo we batizeye umutekano wabo

Iki kibazo cy’abaturage bashinja abayobozi kubahohotera mu buryo bunyuranye bwiganjemo ububabaza umubiri babaziza kwica amabwiriza yo kwirinda COVID-19  cyumvikana kenshi hirya no hino mu gihugu. Gusa inshuro zose byumvikana, MINALOC nka minsiteri ifite mu nshingano inzego z’ibAnze irabyamagana ikavuga ko bidakwiye, ariko uko iminsi ishira aho kugira ngo bihoshe birushaho kugaragara ariko abakurikiranira hafi bavuga ko iki kibazo umuti wacyo uzaboneka igihe bitahariwe urwego rumwe kandi ababikoze bakabiryozwa by’intangarugero ku buryo babera akabarore abasigaye.

Inkuru ya: Nyiransabimana Eugenie/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 1 =

Previous Post

CHINA: Perezida w’ubushinwa yashimiye Iran mu mubano w’imyaka 50 bamaranye

Next Post

2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

Related Posts

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Inzu y’igorofa y’umuryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro, nyuma...

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

by radiotv10
23/02/2026
0

Umushumba wa Diyoseze Gatulika ya Butare, Musenyeri Jean Bosco NTAGUNGIRA yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa wanabaye mu Buyobozi bwa...

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

by radiotv10
23/02/2026
0

Richard Kamanzi, wahoze afite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) muri Polisi y'u Rwanda wari mu kiruhuko, yitabye Imana...

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

by radiotv10
23/02/2026
0

Nyuma yuko abatuye mu Murenge wa Jenda batabaje bavuga ko barembejwe n’inzoga z’inkorano zirimo iyamamaye cyane ku izina ry’Igisabasaba ubuyobozi...

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

by radiotv10
23/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko ikorwa ry’umuhanda uhuza uwa kaburimbo munini ugana...

IZIHERUKA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi
MU RWANDA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

23/02/2026
TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

23/02/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.