Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Arasaba ubutabera nyuma y’uko akubiswe na DASSO agakuramo inda

radiotv10by radiotv10
17/08/2021
in MU RWANDA
0
Bugesera: Arasaba ubutabera nyuma y’uko akubiswe na DASSO agakuramo inda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Turatsinze Jean Claude utuye mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, arasaba ubutabera nyuma y’uko we n’umugore we bakubiswe n’abadaso babaziza kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, umugore we bikamuviramo gukuramo inda.

Ku itariki ya 14 Nyakanga 2021 , nibwo Turatsinze Jean Claude utuye mu murenge wa Mayange, akagari ka Kibenga, umudugudu wa Gahwiji ya 2, avuga ko we n’umugore we  basagariwe n’abadaso bagakubita umugore bikamuviriamo gukuramo inda yari atwite.

Uyu mugabo  avuga ko aba badaso batatu ngo babanje gukurikirana umudamu bamuziza ko atambaye agapfukamunwa neza ariko bamusanze mu iduka aho umugabo we acururiza baza buka umugabo inabi bamushinja gucuruza akabari nyamara ngo nta kigaragaza ko aho hantu higeze akabari, iyo kururukururu niyo yaje kubaviramo gukubitwa bombi binatuma umugore ahita akuramo inda nk’uko abyivugira .

Ati” Baravuze ngo ncuruza inzoga. Baraje bafungura firigo barazibura. Ubwo umudamu yari ahagaze hafi y’urugi baramushikanura agwa hasi, bahita bahamagara gitifu w’umurenge azana na polisi. Bahageze ntibigeze bashaka kumenya ibyabaye, ahubwo bahise bankubita inshyi zo mu matwi  ubundi n’umudamu baramukurubana batwambika amapingu batujyana kudufunga.”

Image

Kayitesi Germaine wakuyemo inda kugeza uyu munsi we unarembye arasaba ubutabera

Uyu mugabo avuga ko atumva impamvu yahohotewe mu gihe  n’amakosa bamushinja hari icyo uwayakoze ateganyirizwa nk’ibihano bityo akibaza icyatumye adacibwa amande ahubwo agakubitanwa n’umudamu bakanafungwa, bikanatuma ahurizamo ingaruka zo gukuramo inda .

Gusa avuga ko nyuma yo gufungurwa ngo yagerageje gukurikirana ikibazo cye ngo arenganurwe ariko ngo yatunguwe no kumva urukiko rwibanze rwa Nyamata rumubwira ko dossiye yashyinguwe kandi atarigeze abazwa n’ikintu na kimwe bityo we akaba abifata nk’ikimenyetso ku karengane avuga yagiriwe.

Kayitesi Germaine wakuyemo inda kugeza uyu munsi we unarembye kuko ubwo twageraga mu rugo iwe twasanze atabasha kugenda akavuga ko akiribwa cyane, barasaba ko inzego zose zibifitiye ububasha zabafasha zikabakurikirana bagahabwa ubutabera kuko ari ibintu byabaye ku manywa y’ihangu abantu bareba ngo bigahumira ku mirari ko umwe muri aba badaso ahora abatera ubwoba avuga ko azica uyu mugore .

Ati” Turifuza ubutabera kuko kugeza ubu turacyanaterwa ubwoba. Reba nk’ejo bundi uwo mudaso witwa Dede ari na we wakubise madamu barahuye aramubwira ngo azamugonga umunsi umwe .”

Umudamu we na we yavuze ko uyu mudaso na none yamubwiye ko azamwica bakamujyana mu irimbi rya Mbyo na we akajya muri gereza.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango uvuga ko wahohotewe, bavuga ko ibi biba barebaga, bagasaba koko byakurikirananwa ubushishozi  bagahabwa ubutabera dore ko uyu muturanyi wabo nta kabari yacuruzaga, usibye inzoga zipfundikiye yatangaga ku uzishaka akajya kuzinywera mu rugo.

Umuryango utanga ubufasha mu by’amategeko  wo uvuga ko mu gihe  ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso bushobora gushyingura dosiye by’agateganyo cyangwa burundu, icyakora ngo uwahohotewe abaye atanyuzwe n’icyemezo we ubwe aregera urukiko  akaba ari we wiburanira nk’uko Me Marie Louise Mukashema  abivuga.

“Iyo ubushinjacyaha bubuze ibimenyetso bufata umwanzuro wo gushyingura dosiye by’agateganyo cyangwa burundu. Icyo gihe iyo uwahohotewe atabyishimiye we aregera urukiko agakusanya ibimenyetso n’abatangabuhamya u bundi agasaba ko ari we uregera urukiko aho kuba ubushinjacyaha.” Me Marie Louise Mukashema

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane ishami ry’urwanda Madamu Ingabire Marie Immaculle avuga ko ubuyobozi n’inzego zireberera  uyu muturage  cyane aho atuye bakwiye kubyinjiramo bakareba ipfundo ry’ikibazo bakamurenganura ,ubundi ababikoze bakabiryozwa .

“Ubundi biranavuna mu mutwe kumva ngo umuyobozi yakubise umuturage. Niba ari byo koko, hari ibintu bibiri byakabaye byarakozwe, icya mbere  abo bakabaye barahagaritswe mu kazi, icya kabiri bagakurikiranwa bakaryozwa ibyo bakoze. Ikindi kandi ubuyobozi bw’akarere uwo muturage atuyemo bukwiye kumukurikirana bukamenya imibereho ye.” Ingabire Marie Immaculle

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Mutabazi Richard  avuga ko usibye n’inzego z’ubutabera nawe ubwe iki kibazo yakikurikiraniye agasanga nta hohoterwa ryabayeho. Ikijyanye n’uko baterwa ubwoba  ko bazicwa byo ngo hari inzego bakabaye barabibwiye.

“Twarabikurikiranye haba ku rwego rw’akarere n’izindi nzego zitandukanye, raporo ya RIB yagaragaje ko nta hohoterwa ryabayeho” Meya Mutabazi

Image

Kayitesi Germaine wakuyemo inda avuga ko we n’umugabo we batizeye umutekano wabo

Iki kibazo cy’abaturage bashinja abayobozi kubahohotera mu buryo bunyuranye bwiganjemo ububabaza umubiri babaziza kwica amabwiriza yo kwirinda COVID-19  cyumvikana kenshi hirya no hino mu gihugu. Gusa inshuro zose byumvikana, MINALOC nka minsiteri ifite mu nshingano inzego z’ibAnze irabyamagana ikavuga ko bidakwiye, ariko uko iminsi ishira aho kugira ngo bihoshe birushaho kugaragara ariko abakurikiranira hafi bavuga ko iki kibazo umuti wacyo uzaboneka igihe bitahariwe urwego rumwe kandi ababikoze bakabiryozwa by’intangarugero ku buryo babera akabarore abasigaye.

Inkuru ya: Nyiransabimana Eugenie/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − two =

Previous Post

CHINA: Perezida w’ubushinwa yashimiye Iran mu mubano w’imyaka 50 bamaranye

Next Post

2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

Related Posts

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

by radiotv10
19/05/2026
0

Pererezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteze ko mu ntangiro za 2030 ruzaba rufite amashanyarazi akomoka ku ngufu za...

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

by radiotv10
19/05/2026
0

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y'Ihuriro Nyafurika ry'Ingufu za Nikeleyeri 'Nuclear Energy...

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

by radiotv10
19/05/2026
0

Mu Kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, Polisi ifatanyije n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo bane bari...

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

by radiotv10
19/05/2026
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, baravuga ko babangamiwe n'urubyiruko runywa ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano bikabasaza...

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

by radiotv10
18/05/2026
1

Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yo mu Karere ka Rusizi, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri
MU RWANDA

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

by radiotv10
19/05/2026
0

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

19/05/2026
Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

19/05/2026
BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

19/05/2026
Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

19/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.