• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Uwari wibye miliyoni yatahuwe mu buryo butangaje

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bugesera: Uwari wibye miliyoni yatahuwe mu buryo butangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 37 ukekwaho kwiba arenga 1 000 000 Frw mu modoka y’umucuruzi, yafatiwe mu kabari ko mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, yasinze ari kugurira inzoga abahisi n’abagenzi muri ayo mafaranga yari yibye.

Uyu mugabo yafashwe na Polisi y’u Rwanda ku ya 08 Werurwe 2023 nyuma yuko umucuruzi wari wibwe ayo mafaranga yiyambaje uru rwego arumenyesha ko yaparitse imodoka ku muhanda akinjira mu rugo, agasigamo agakapu karimo 1 500 000 Frw.

Agarutse mu modoka yarebye muri ako gakapu asangamo ibihumbi 350 Frw gusa mu gihe andi yari yayobewe uwayatwaye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana avuga ko abapolisi bahise batangira gushakisha uwaba yibye ayo mafaranga.

Ati “Mu gihe Polisi yatangiye iperereza ryo gushakisha uwibye ayo mafaranga, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ni bwo yahawe amakuru n’umuturage wo mu Mudugudu wa Rukora, ko hari umugabo usanzwe uzwiho ubujura ufite amafaranga menshi kandi wasinze, arimo no kugurira inzoga abantu bo muri ako gasanteri, bicyekwa ko ari ayo yibye.”

SP Hamdun Twizeyimana yakomeje agira ati “Abapolisi bahise bahagera bamusangana ibihumbi 617 ahita atabwa muri yombi.”

Uyu mugabo akimara gufatwa yemeye ko aya mafaranga bamusanganye ari ayo yibye mu modoka yasanze iparitse ku muhanda ifunguye ibirahure, yemera ko andi yayakoreshe icyakora ko atazi umubare wayo.

Uyu mugabo ndetse n’amafaranga yafatanywe, yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyamata kugira ngo iperereza rikomeze, akorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

Next Post

Inka yibwe aho kugira ngo iboneke haboneka inyama zasanganywe uwo batabikegaho

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Inka yibwe aho kugira ngo iboneke haboneka inyama zasanganywe uwo batabikegaho

Inka yibwe aho kugira ngo iboneke haboneka inyama zasanganywe uwo batabikegaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.