• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yvan Buravan uvugwaho kuba arembye, yibukije abantu gukomeza kumva indirimbo ye nshya, bamubwira ko bamwifuriza gukira vuba ubundi akaza bakayishimana.

Uyu muhanzi uherutse gusohora indirimbo yise Big Time iri mu zigezweho muri iyi minsi kubera uburyohe bwayo, aravugwaho kuba arembeye muri Kenya aho yagiye kwivuriza indwara y’amayobera.

Buravan umaze iminsi adashyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri uyu wa Kane yashyize agace k’amwe mu mashusho y’iyi ndirimbo ye Big Time, ntiyagira ubutumwa ashyiraho uretse kwandikaho izina ry’iyi ndirimbo gusa.

Bamwe mu bamukurikira, bahise bamubwira ko bishimiye iyi ndirimbo kubera uburyo bwayo ariko ko banamwifuriza gukira vuba.

Uwitwa Leon Pierre Muhire yagize ati “Ukire vuba Burabyo. Nyagasani aguhe kumera neza ubundi dukomeze kwishimira Big Time.”
Uwitwa Allan Mutoni na we yagize ati “Muvandimwe twizere ko uza kumererwa neza ariko.”

Uwitwa Dina Olive na we yagize ati “None se Yvan warakize? Gusa imana ikomeze kukorohereza.”

Benshi mu batanze ibitekerezo kuri iyi ndirimbo, bifurizaga uyu muhanzi gukira, abandi bakagaragaza ko iyi ndirimbo ye ikoranye ubuhanga budasanzwe ku buryo igiye gutuma Buravan yongera kwigarurira imitima y’abatari bacye.

Uyu muhanzi uvugwaho kuba yaragiye kwivuriza muri Kenya, bivugwa ko yabanje kwivuriza mu Rwanda indwara y’igifu ndetse akaza koroherwa ariko nyuma akaza gufatwa n’ubundi burwayi bwatumaga atagira icyo ashyira mu nda ngo kihatinde ari na byo byanatumye ajya kwivuriza muri iki Gihugu cya Kenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 16 =

Previous Post

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Next Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Related Posts

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.