Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yvan Buravan uvugwaho kuba arembye, yibukije abantu gukomeza kumva indirimbo ye nshya, bamubwira ko bamwifuriza gukira vuba ubundi akaza bakayishimana.

Uyu muhanzi uherutse gusohora indirimbo yise Big Time iri mu zigezweho muri iyi minsi kubera uburyohe bwayo, aravugwaho kuba arembeye muri Kenya aho yagiye kwivuriza indwara y’amayobera.

Buravan umaze iminsi adashyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri uyu wa Kane yashyize agace k’amwe mu mashusho y’iyi ndirimbo ye Big Time, ntiyagira ubutumwa ashyiraho uretse kwandikaho izina ry’iyi ndirimbo gusa.

Bamwe mu bamukurikira, bahise bamubwira ko bishimiye iyi ndirimbo kubera uburyo bwayo ariko ko banamwifuriza gukira vuba.

Uwitwa Leon Pierre Muhire yagize ati “Ukire vuba Burabyo. Nyagasani aguhe kumera neza ubundi dukomeze kwishimira Big Time.”
Uwitwa Allan Mutoni na we yagize ati “Muvandimwe twizere ko uza kumererwa neza ariko.”

Uwitwa Dina Olive na we yagize ati “None se Yvan warakize? Gusa imana ikomeze kukorohereza.”

Benshi mu batanze ibitekerezo kuri iyi ndirimbo, bifurizaga uyu muhanzi gukira, abandi bakagaragaza ko iyi ndirimbo ye ikoranye ubuhanga budasanzwe ku buryo igiye gutuma Buravan yongera kwigarurira imitima y’abatari bacye.

Uyu muhanzi uvugwaho kuba yaragiye kwivuriza muri Kenya, bivugwa ko yabanje kwivuriza mu Rwanda indwara y’igifu ndetse akaza koroherwa ariko nyuma akaza gufatwa n’ubundi burwayi bwatumaga atagira icyo ashyira mu nda ngo kihatinde ari na byo byanatumye ajya kwivuriza muri iki Gihugu cya Kenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Next Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.