Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

radiotv10by radiotv10
29/06/2021
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko  ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu mudugudu wa Musebeya umurenge wa Rusarabuye mu Karere ka Burera, barinubira ko bashishikarijwe guhuza umusaruro bakazashakirwa isoko, none ngo amaso yaheze mu kirere.

Ni abahinzi bibumbiye muri koperaitve “IHUTE UDASIGARA MUSEBEYA” iherereye  mu mudugudu wa Musebeya Umurenge wa Rusarabuye, mu Karere ka Burera kuri ubu bataka bavuga ko babuze isoko bijejwe.

Aba bahinzi bavuga ko bashishikarijwe kubahiriza amabwiriza y’agasozi ndatwa  bagahinga igihingwa kimwe, nyamara ngo byageze muri Werurwe 2021, basaruye ibigori basabwa kubisaruria hamwe kuko ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB) kibizeza kuzabashakirwa isoko, none ngo  amezi agiye kuba ane ibigori bisharitse  muri hangari.

Umwe muri aba bahinzi yagize ati “ Badusabye guhuriza hamwe umusasruro bakadushkira isoko, none ibigori bigeye gusazira mu bigega”

Undi nawe yavuze ko  hari umukiriya bari barabonye abemerera kuzabagurira umusasruro ariko ngo yaje ntabashe gutwara umusaruro wose.

“Ariko nyuma yaraje  atwara toni 10 gusa muri toni 40, atubwira ko ibigega bye byuzuye.”

See the source image

Abahinzi b’ibigori bo muri Burera barabogoza ko babuze isoko bijejwe na RAB

Aba bahinzi bavuga ko gutinda kubona isoko ry’umusaruro wabo birikubagiraho ingaruka mu buryo bunyuranye, dore ko n’igishoro baba baragikuye mu nguzanyo ya banki n’abandi bashoramari mu buhinzi ku buryo ngo batangiye kwiheba ko utwabo tuzatezwa cyamura.

Umukecuru utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko ubu batewe impungenge n’inguzanyo bari barafashe mu banki, minerivare z’abanyenshuri barikwirukanwa, kubera ko babuze isoko ry’umusaruro.

Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) nicyo aba bahinzi batunga agatoki ko ari cyo cyabashishikarije guhuza umusaruro  kikazabashakira n’isoko ryawo, umuyobozi ushinzwe gufata neza umusaruro muri RAB, Gilbert Rwaganje avuga ko abaguzi bari biteze batabonetse kubera ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ariko ngo babonye abandi ku buryo bitarenza ukwezi  kumwe umusaruro uzaba waraguzwe.

“ Twari dufite abaguzi benshi batwemereye kugura umusaruro, ariko ntibaguze kubera kubura amafaranga byatewe n’icyorezo. Gusa hari abandi bakiriya bashy ubu twamaze kumvikana ku buryo mu mu gihe cy’ukwezi abo bahinzi bazaba bamaze kugurirwa umusaruro wabo.” Gilbert Rwaganje

See the source image

Abahinzi bibumbiye hamwe ngo bashakirwe umusaruro bavuga ko RAB itakoze ibyo yabijeje

Si ubwa mbere ikibazo cy’umusaruro w’ibigori warumbutse ariko ukaburirwa isoko cyumvikanye, icyakora mu bihe binyuranye inzego bireba zagiye zitanga COVID-19 nk’imwe  muri kirogoya ikomeye zatumye isoko riba iyanga.

Ku rundi ruhande ariko ukurkije iby’aba bahinzi bo muri Burera bavuga ,wasanga gahunda yo guhuriza hamwe umusaruro igifite  imbogamzi rutangira, kuko bavuga ko iyo batayoboka guhuriza hamwe umusaruro  ugashakirwa isoko, baba barirwanyeho buri wese ku giti cye akigurishiriza  ngo kabone n’ubwo yagurirwa kuri make ariko akabona ayo yishyura amdeni yariye, gusa n’ubundi bavuga ko nibatagira mpinduka babona, bazaca izindi nzira bise  “ Magendu”.

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka

Next Post

Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.