Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

radiotv10by radiotv10
29/06/2021
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko  ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu mudugudu wa Musebeya umurenge wa Rusarabuye mu Karere ka Burera, barinubira ko bashishikarijwe guhuza umusaruro bakazashakirwa isoko, none ngo amaso yaheze mu kirere.

Ni abahinzi bibumbiye muri koperaitve “IHUTE UDASIGARA MUSEBEYA” iherereye  mu mudugudu wa Musebeya Umurenge wa Rusarabuye, mu Karere ka Burera kuri ubu bataka bavuga ko babuze isoko bijejwe.

Aba bahinzi bavuga ko bashishikarijwe kubahiriza amabwiriza y’agasozi ndatwa  bagahinga igihingwa kimwe, nyamara ngo byageze muri Werurwe 2021, basaruye ibigori basabwa kubisaruria hamwe kuko ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB) kibizeza kuzabashakirwa isoko, none ngo  amezi agiye kuba ane ibigori bisharitse  muri hangari.

Umwe muri aba bahinzi yagize ati “ Badusabye guhuriza hamwe umusasruro bakadushkira isoko, none ibigori bigeye gusazira mu bigega”

Undi nawe yavuze ko  hari umukiriya bari barabonye abemerera kuzabagurira umusasruro ariko ngo yaje ntabashe gutwara umusaruro wose.

“Ariko nyuma yaraje  atwara toni 10 gusa muri toni 40, atubwira ko ibigega bye byuzuye.”

See the source image

Abahinzi b’ibigori bo muri Burera barabogoza ko babuze isoko bijejwe na RAB

Aba bahinzi bavuga ko gutinda kubona isoko ry’umusaruro wabo birikubagiraho ingaruka mu buryo bunyuranye, dore ko n’igishoro baba baragikuye mu nguzanyo ya banki n’abandi bashoramari mu buhinzi ku buryo ngo batangiye kwiheba ko utwabo tuzatezwa cyamura.

Umukecuru utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko ubu batewe impungenge n’inguzanyo bari barafashe mu banki, minerivare z’abanyenshuri barikwirukanwa, kubera ko babuze isoko ry’umusaruro.

Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) nicyo aba bahinzi batunga agatoki ko ari cyo cyabashishikarije guhuza umusaruro  kikazabashakira n’isoko ryawo, umuyobozi ushinzwe gufata neza umusaruro muri RAB, Gilbert Rwaganje avuga ko abaguzi bari biteze batabonetse kubera ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ariko ngo babonye abandi ku buryo bitarenza ukwezi  kumwe umusaruro uzaba waraguzwe.

“ Twari dufite abaguzi benshi batwemereye kugura umusaruro, ariko ntibaguze kubera kubura amafaranga byatewe n’icyorezo. Gusa hari abandi bakiriya bashy ubu twamaze kumvikana ku buryo mu mu gihe cy’ukwezi abo bahinzi bazaba bamaze kugurirwa umusaruro wabo.” Gilbert Rwaganje

See the source image

Abahinzi bibumbiye hamwe ngo bashakirwe umusaruro bavuga ko RAB itakoze ibyo yabijeje

Si ubwa mbere ikibazo cy’umusaruro w’ibigori warumbutse ariko ukaburirwa isoko cyumvikanye, icyakora mu bihe binyuranye inzego bireba zagiye zitanga COVID-19 nk’imwe  muri kirogoya ikomeye zatumye isoko riba iyanga.

Ku rundi ruhande ariko ukurkije iby’aba bahinzi bo muri Burera bavuga ,wasanga gahunda yo guhuriza hamwe umusaruro igifite  imbogamzi rutangira, kuko bavuga ko iyo batayoboka guhuriza hamwe umusaruro  ugashakirwa isoko, baba barirwanyeho buri wese ku giti cye akigurishiriza  ngo kabone n’ubwo yagurirwa kuri make ariko akabona ayo yishyura amdeni yariye, gusa n’ubundi bavuga ko nibatagira mpinduka babona, bazaca izindi nzira bise  “ Magendu”.

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 4 =

Previous Post

AMAG The Black utaremeye indirimbo nshya ya Mico The Best, yahamije ko bafitanye indirimbo igiye gusohoka

Next Post

Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.