• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Burera: Binubira kuba abana babo birirwa bazerera, ubuyobozi buti “Nimwe mufite igisubizo”

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in Uncategorized
0
Burera: Binubira kuba abana babo birirwa bazerera, ubuyobozi buti “Nimwe mufite igisubizo”
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Rukoro mu Kagari ka Kayenzi Umurenge wa Kagogo mu Karere ka Burera bamaze iminsi bagaragaza ko batishimiye kuba abana babo birirwa bazerera kuko batagira irerero, basubijwe n’ubuyobozi bwababwiye ko igisubizo bagifite mu biganza byabo.

Aba baturage bavuga ko muri uyu Mudugudu hari abana benshi kandi ababyeyi babo bakaba batirirwa mu rugo kiko baba bagiye kubashakishiriza icyabatunga.

Ibi bituma abana birirwa bazerera kuko muri uyu Mudugudu hataba irerero nyamara bakavuga ko bahora bumva mu bindi bice bibamo amarero afasha ababyeyi kureta abana babo no gukangura ubwenge bwabo.

Umwe muri aba baturage yabwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ati “Bitera n’abana bacu uburara, bakirirwa babunga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko gahunda iriho muri iki gihe atari ukubaka amarerero menshi mu Midugudu ahubwo ababyeyi bo mu Mudugudu runaka bahitamo urugo rw’umuturage bumvikanyeho rukifashishwa nk’irerero.

Ati “Kuba bakigaragaje ni ukubashimira ariko turaza gusaba ubuyobozi bubereye kgira ngo bubashe bwongere bubafashe uko Policy (umurongo mugari) iteye kubera ko igisubizi kuri muri bo.”

Uyu muyobozi kandi akomeza avuga ko n’ahandi muri aka Karere, ubuyobozi bwegereye abaturage bukwiye kubafasha kubona inzu mbonezamikurire z’abana bato kuko byibuze mu karere hose hagombye kuba hari bene izi nzu 1 713 kuko buri Mudugudu ukwiye kuba ufite eshatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

Uganda: Umupolisi ushinjwa gushimuta Abanyarwanda barimo Joel Mutabazi yasubiye mu rukiko

Next Post

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.