Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Burera: Icyo ubuyobozi buvuga ku cyatumye abarenga 40 bajyanwa kwa muganga igitaraganya

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Burera: Icyo ubuyobozi buvuga ku cyatumye abarenga 40 bajyanwa kwa muganga igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, bwagize icyo buvuga ko bantu 44 bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kunywa ubushera, mu mubatizo bari batashye, buvuga igishobora kuba cyabiteye.

Aba baturage bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera mu birori by’umubatizo w’umuturage wo mu Mudugudu wa Gasovu mu Kagari ka Kamanyana, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Ubwo aba baturage banywaga ubwo bushera bw’umuturage wari wacyuje uwo mubatizo, bagaragazaga ibimenyetso binyuranye birimo gucibwamo, kuribwa mu nda, kuruka ndetse no guhinda umuriro.

Bahise bajyanwa kwa muganga ku Kigo Nderabuzima, ariko umunani muri bo bari barembye cyane, bajyanwa ku Bitaro bya Ruhengeri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyandika, Hatumimana Concorde, yavuze ko ubu bushera butari buhumanye nk’uko hari ababikeka, ahubwo ko bishobora kuba biterwa n’umwanda.

Yagize ati “Babwengesheje amazi y’umureko yo mu kigega kandi haba harimo umwanda mwinshi.

Yaboneyeho kugira inama aba baturage ko mu gihe bategura ibyo kunywa n’ibyo kurya, bagomba kujya babikorana isuku, kugira ngo birinde ingaruka nk’izi zatumye bajyanwa kwa muganga.

Ati “Barindwi barorohewe bagomba kurara basezerewe. Umugore nyiri urugo banyoyemo ubwo bushera ni we utarororoherwa, abandi bari kuri Centre de Sante bahise basezererwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 10 =

Previous Post

Turkey: Igitero cy’ubwiyahuzi ku rwego rukomeye mu Gihugu cyashibukanye abagikoze bose

Next Post

Nyamagabe: Abari bafite ikibabaje bari bamaranye imyaka 2 bagarukanye inkuru nziza bavuga n’icyo bayikesha

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Abari bafite ikibabaje bari bamaranye imyaka 2 bagarukanye inkuru nziza bavuga n’icyo bayikesha

Nyamagabe: Abari bafite ikibabaje bari bamaranye imyaka 2 bagarukanye inkuru nziza bavuga n’icyo bayikesha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.