Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burkina Faso: Igisirikare cyataye muri yombi Perezida Roch Kabore

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Burkina Faso: Igisirikare cyataye muri yombi Perezida Roch Kabore
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Roch Kabore wa Burkina Faso yafunzwe n’Igisirikare cy’iki gihugu aho ubu afungiye muri kimwe mu bigo bya Gisirikare kiri i Ouagadougou mu murwa mukuru w’iki Gihugu.

Amakuru atangwa na bamwe mu basikirikare barinda Perezida Roch Kabore ndetse na bamwe mu Badipolomate bo mu bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi bo muri Burkina Faso, avuga ko perezida Roch Kabore yatawe muri yombi nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru urugo rwe ruri i Ouagadougou rugoswe n’abasirikare bari bafite imbunda za karundura.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bitangaza ko abatuye hafi y’urugo rwa Perezida Roch Kabore baraye bumvise urusaku rw’amasasu.

Bavuga kandi ko zimwe mu modoka z’umukuru w’igihugu zigaragara ko zarashweho amasasu menshi ndetse zikaba ziriho amaraso.

Kuri iki Cyumweru, Guverinoma y’iki Gihugu yari yahakanye amakuru yo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Roch Kabore, ivuga ko ari ibihuha.

Abasirikare batavuga rumwe n’imiyoborere ya Perezida Roch Kabore ni bo bavugwaho kuba bamutaye muri yombi aho bamaze iminsi basaba gushyigikirwa mu kurwanya imitwe ivuga ko igendera ku mahame ya Kisilamu.

Kugeza ubu Guverinoma y’iki Gihugu ntacyo iratangaza kuri aya makuru muri iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika hamaze iminsi hari umwuka utari mwiza kubera ibikorwa byo kwica abasivile n’amabasirikare byakorwaga n’imitwe ivuga ko igendera ku mahame akarishye ya Kisilamu nka Islamic State na al Qaeda.

Kuri iki Cyumweru abaturage bari babyutse bigaragambya bavuga ko bashyigikiye igisirikare kitavuga rumwe n’imiyoborere ya Perezida Roch Kabore aho banagiye ku biro bikuru by’ishyaka rye.

Src: Reuters

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Inzego zahagurukiye gushakisha Yves Mutabazi waburiwe irengero muri Leta z’Abarabu

Next Post

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.