Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu duce twa Gafumbegeti, Rutorero na Mukoma mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, bakomeje gutahwa n’ubwoba kubera inyeshyamba za FLN zikomeje kuhagarara ari nyinshi ndetse bakavuga ko barambiwe kuba Igisirikare cyabo ntacyo gikora ahubwo bamwe mu bo nzego z’umutekano bagakorana n’izi nyeshyamba zirwanya u Rwanda.

SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, ivuga ko amakuru aturuka mu Gisirikire cy’u Burundi, yemeza ko izi nyeshyamba zivuga Ikinyarwanda ari iz’umutwe wa FLN urwanya u Rwanda.

Izi nyeshyamba zifite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira riri hafi y’u Rwanda, ziva mu birindiro byazo zikaza mu bice bituyemo abaturage zigiye gushaka ibyo kurya.

Umwe mu baturage batuye muri ibi bice, yavuze ko izi nyeshyamba zikorana n’abo mu rwego rw’umutekano bazwi nk’Imbonerakure mu kuza kubashakira ibiryo.

Umwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze kandi yemeje ko aba bagize uyu mutwe wa FLN bakorana n’abacuruzi bo muri aka gace mu kubagemurira ibibaunga.

Ati “Ariko iyo batinze, inyeshyamba z’Abanyarwanda zirara mu baturage zigahungabanya umutekano wabo.”

Yakomeje agira ati “Turambiwe kuba Igisirikare cy’Igihugu ntacyo gikora kandi n’abo mu nzego z’umutekano zacu bakaba mu bugambanyi n’abo barwanyi.”

Undi muyobozi mu nzego z’ibanze, yavuze ko abakuriye izi nyeshyamba birirwa bagenda mu modoka bagiye guhaha ibibatunga.

Ati “Ikibabaje kurushaho ni uko izi nyeshyamba zica abaturage mu gihe zabuze ibizitunga.”

Guverineri w’Intara ya Cibitoke, Carême Bizoza yatangaje ko bagiye kuganira n’abayobozi ba Mabayi na Bukinanyana ndetse n’Igisirikare n’izindi nzego z’umutekano guhagurukira uyu mutwe ukomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage ndetse no mu rwego rwo gusubiza mu buryo umubano w’u Rwanda n’u Burundi umaze igihe urimo igitotsi cyatumye n’abatuye ibi Bihugu batagenderanira uko byari bisanzwe.

Carême Bizoza kandi yaboneyeho guha gasopo abakorana n’izi nyeshyamba bose byumwihariko abacuruzi, abasezeranya ko bagiye guhabwa ibihano biteganywa n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − three =

Previous Post

DRC yagiye kuregera Museveni Igihugu gifasha M23 kandi ngo umuti ntiwaboneka batamwiyambaje

Next Post

Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America

Related Posts

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America

Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.