Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Habonetse imirambo bikekwa ko ari iy’inyeshyamba z’umutwe urwanya u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Burundi: Habonetse imirambo bikekwa ko ari iy’inyeshyamba z’umutwe urwanya u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ishyamba rya Kibira riri mu Ntara ya Cibitoke ikora ku Rwanda, habonetse imirambo icyenda (9) bikekwa ko ari iy’inyeshyamba z’Abanyarwanda bo mu mitwe irwanya u Rwanda.

Iyi mirambo yabonywe n’abarinzi b’iri shyamba mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho yabonetse muri Zone ya Butahana muri Komini ya Mabayi muri iyi Ntara ya Cibitoke.

Ibinyamakuru by’i Burundi bivuga ko iyi mirambo yari yaratangiye kwangirika, bikaba bikekwa ko ari iy’inyeshyamba zaguye mu mirwano yazihuje n’ingabo z’u Burundi ziri guhashya imitwe iri muri iri shyamba.

Iri shyamba kandi rizwiho kuba ribarizwamo inyeshyamba z’imitwe irwanya u Rwanda irimo FLN, wagiye ugaba ibitero mu Rwanda uturutse muri iri shyamba, ugasanga ingabo z’u Rwanda ziri maso zigahita ziwamurura ndetse zimwe mu nyeshyamba z’uyu mutwe zikahasiga ubuzima.

Abarundi baturiye iri shyamba, babwite SOS Medias Burundi ko atari rimwe cyangwa kabiri habonetse imirambo y’izi nyeshyamba z’Abanyarwanda ahubwo ko ikunze kuhaboneka.

SOS Medias ivuga kuri imirambo y’aba barwanyi, basanze yambaye impuzankano y’Igisirikare cya Congo ikunda kwambarwa n’imitwe irwanya u Rwanda

Igirisikare cy’u Burundi cyakomeje kwizeza ko cyahagurukiye kurwanya imitwe iri mu ishyamba rya Kibira irwanya u Rwanda.

Umubabo w’u Burundi n’u Rwanda wari umaze igihe urimo igitotsi, wongeye kugenda neza nkuko byemezwa n’abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi ndetse bikaba bigaragazwa n’ibikorwa byasubukuwe birimo gufungura imipaka.

Muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo Perezida Kagame yagarukaga ku ntambwe yariho iterwa mu kubyutsa umubano w’ibi Bihugu, yavuze ku bibazo by’umutekano biri mu byatumaga umubano utagenda neza.

Icyo gihe yari yagize ati “Abaturukaga mu ishyamba rya Kibira bakaza bagahungabanya umutekano w’u Rwanda bakongera bagasubirayo, ibyo turagenda tubyumvikana n’u Burundi uburyo tuzakemura icyo kibazo kiveho burundu. Ababiri inyuma rero bo bazarushaho kugira ibyago.”

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu kiganiro aherutse kugirana na France 24 na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yagarutse ku mubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, avuga ko wifashe neza ndetse ko n’ibibazo byari bimaze imyaka irindwi byarangiye ko ibisigaye ari bicye kandi na byo biri kuganirwaho kugira ngo bikemuke burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

Kigali: Hasojwe irushanwa rya Tennis ryateguwe na Cogebanque ryanitabiriwe n’ikipe y’i Goma

Next Post

DRC: Aho kujya mu Misa bagiye mu myigaragambyo yo kwikoma u Rwanda

Related Posts

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa
AMAHANGA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Aho kujya mu Misa bagiye mu myigaragambyo yo kwikoma u Rwanda

DRC: Aho kujya mu Misa bagiye mu myigaragambyo yo kwikoma u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.