Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bitangajwe ko umunyamakuru w’ikinyamakuru Iwacu Info gitangaza amakuru atari mu murongo wa Leta mu Burundi, aburiwe irengero, hasohotse amakuru yemeza ko uwo munyamakuru yabonetse aho yari yagiye mu masengesho yo kwiyiriza ku musozi.

Umunyamakuru Jeremie Misago yari yabuze kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 19 Ugushyingo 2022, aho ikinyamakuru Iwacu Info asanzwe akorera cyakekaga ko yaba yarishwe.

Ubuyobozi bw’iki Kinyamakuru bwari bwanashyize hanze itangazo, buvuga ku ibura ry’uyu munyamakuru wacyo, bwavugaga ko bwashakishirije ahantu hose, yaba ahafungirwa abantu no mu buruhukiro, ariko bagaheba.

Umuyobozi w’iki kinyamakuru witwa Antoine Kaburahe yari yavuze ko yishimiye ko Polisi y’i Bujumbura yatangiye gushakisha uyu munyamakuru.

Gusa ikinyamakuru SOS cyari cyatangaje amakuru avuga ko uyu munyamakuru Misago yageneye umuryango we ubutumwa bw’amashusho awumenyesha ko ari ahantu atazi ariko ko hatekanye.

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Gihugu, iterambere n’umutekano rusange mu Burundi, yemeje ko uyu munyamakuru yabonetse kandi ko atekanye.

Itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Minisiteri kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ugushyingo 2022, rigira riti “Umunyamakuru Misago Jeremie byari byatangajwe ko yaburiwe irengero kuva ku wa Gatandatu nkuko byari byatambutse mu kinyamakuru akorera cya Iwaco Info, yabonywe ejo na Polisi y’u Burundi.”

Ubutumwa bw’Iyi Minisiteri bwatambutse kuri Twitter, bukomeza buvuga ko uyu munyamakuru “yari yagiye gusenga ku musozi wa Magara mu Ntara ya Rumonge yari yajyanye n’abandi.”

Ikinyamakuru Iwacu gisanzwe kizwiho gutangaza amakuru afatwa nk’atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi.

Muri Mutarama 2020, abanyamakuru bane b’iki kinyamakuru Iwacu, bakatiwe n’urukiko rukuru rwa Bubanza mu Burundi gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu banacibwa ihazabu ya miliyoni imwe y’amarundi kuri buri umwe, nyuma yo guhamywa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu guhungabanya umutekano w’Igihugu.

Ni icyaha bakoze mu kwezi k’Ukwakira 2019 ubwo bari bagiye gutaara inkuru y’igitero cy’inyeshyamba mu burengerazuba bw’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Next Post

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Related Posts

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, has said that he always asks God for forgiveness for...

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Daniel Paluku Kisaka Yereyere wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku butegetsi bwa...

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko iteka ahora asaba Imana imbabazi ku byo yaba ataritwayeho neza...

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

by radiotv10
14/08/2025
0

Inzego z’umutekano muri Uganda ziri gukora iperereza nyuma yuko hafashwe abagabo icyenda bahoze mu gisirikare cy’iki Gihugu bagiye muri Ukraine...

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

by radiotv10
14/08/2025
0

Haravugwa imirwano muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, ihanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye...

IZIHERUKA

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni
AMAHANGA

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.