Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bitangajwe ko umunyamakuru w’ikinyamakuru Iwacu Info gitangaza amakuru atari mu murongo wa Leta mu Burundi, aburiwe irengero, hasohotse amakuru yemeza ko uwo munyamakuru yabonetse aho yari yagiye mu masengesho yo kwiyiriza ku musozi.

Umunyamakuru Jeremie Misago yari yabuze kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 19 Ugushyingo 2022, aho ikinyamakuru Iwacu Info asanzwe akorera cyakekaga ko yaba yarishwe.

Ubuyobozi bw’iki Kinyamakuru bwari bwanashyize hanze itangazo, buvuga ku ibura ry’uyu munyamakuru wacyo, bwavugaga ko bwashakishirije ahantu hose, yaba ahafungirwa abantu no mu buruhukiro, ariko bagaheba.

Umuyobozi w’iki kinyamakuru witwa Antoine Kaburahe yari yavuze ko yishimiye ko Polisi y’i Bujumbura yatangiye gushakisha uyu munyamakuru.

Gusa ikinyamakuru SOS cyari cyatangaje amakuru avuga ko uyu munyamakuru Misago yageneye umuryango we ubutumwa bw’amashusho awumenyesha ko ari ahantu atazi ariko ko hatekanye.

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Gihugu, iterambere n’umutekano rusange mu Burundi, yemeje ko uyu munyamakuru yabonetse kandi ko atekanye.

Itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Minisiteri kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ugushyingo 2022, rigira riti “Umunyamakuru Misago Jeremie byari byatangajwe ko yaburiwe irengero kuva ku wa Gatandatu nkuko byari byatambutse mu kinyamakuru akorera cya Iwaco Info, yabonywe ejo na Polisi y’u Burundi.”

Ubutumwa bw’Iyi Minisiteri bwatambutse kuri Twitter, bukomeza buvuga ko uyu munyamakuru “yari yagiye gusenga ku musozi wa Magara mu Ntara ya Rumonge yari yajyanye n’abandi.”

Ikinyamakuru Iwacu gisanzwe kizwiho gutangaza amakuru afatwa nk’atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi.

Muri Mutarama 2020, abanyamakuru bane b’iki kinyamakuru Iwacu, bakatiwe n’urukiko rukuru rwa Bubanza mu Burundi gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu banacibwa ihazabu ya miliyoni imwe y’amarundi kuri buri umwe, nyuma yo guhamywa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu guhungabanya umutekano w’Igihugu.

Ni icyaha bakoze mu kwezi k’Ukwakira 2019 ubwo bari bagiye gutaara inkuru y’igitero cy’inyeshyamba mu burengerazuba bw’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 20 =

Previous Post

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Next Post

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego
MU RWANDA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.