Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bitangajwe ko umunyamakuru w’ikinyamakuru Iwacu Info gitangaza amakuru atari mu murongo wa Leta mu Burundi, aburiwe irengero, hasohotse amakuru yemeza ko uwo munyamakuru yabonetse aho yari yagiye mu masengesho yo kwiyiriza ku musozi.

Umunyamakuru Jeremie Misago yari yabuze kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 19 Ugushyingo 2022, aho ikinyamakuru Iwacu Info asanzwe akorera cyakekaga ko yaba yarishwe.

Ubuyobozi bw’iki Kinyamakuru bwari bwanashyize hanze itangazo, buvuga ku ibura ry’uyu munyamakuru wacyo, bwavugaga ko bwashakishirije ahantu hose, yaba ahafungirwa abantu no mu buruhukiro, ariko bagaheba.

Umuyobozi w’iki kinyamakuru witwa Antoine Kaburahe yari yavuze ko yishimiye ko Polisi y’i Bujumbura yatangiye gushakisha uyu munyamakuru.

Gusa ikinyamakuru SOS cyari cyatangaje amakuru avuga ko uyu munyamakuru Misago yageneye umuryango we ubutumwa bw’amashusho awumenyesha ko ari ahantu atazi ariko ko hatekanye.

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Gihugu, iterambere n’umutekano rusange mu Burundi, yemeje ko uyu munyamakuru yabonetse kandi ko atekanye.

Itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Minisiteri kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ugushyingo 2022, rigira riti “Umunyamakuru Misago Jeremie byari byatangajwe ko yaburiwe irengero kuva ku wa Gatandatu nkuko byari byatambutse mu kinyamakuru akorera cya Iwaco Info, yabonywe ejo na Polisi y’u Burundi.”

Ubutumwa bw’Iyi Minisiteri bwatambutse kuri Twitter, bukomeza buvuga ko uyu munyamakuru “yari yagiye gusenga ku musozi wa Magara mu Ntara ya Rumonge yari yajyanye n’abandi.”

Ikinyamakuru Iwacu gisanzwe kizwiho gutangaza amakuru afatwa nk’atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi.

Muri Mutarama 2020, abanyamakuru bane b’iki kinyamakuru Iwacu, bakatiwe n’urukiko rukuru rwa Bubanza mu Burundi gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu banacibwa ihazabu ya miliyoni imwe y’amarundi kuri buri umwe, nyuma yo guhamywa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu guhungabanya umutekano w’Igihugu.

Ni icyaha bakoze mu kwezi k’Ukwakira 2019 ubwo bari bagiye gutaara inkuru y’igitero cy’inyeshyamba mu burengerazuba bw’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 7 =

Previous Post

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Next Post

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Hemejwe igihe abantu bazatangira kujya gutura ku kwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.