Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Haravugwa gukwirakwiza intwaro mu Mbonerakure mu bice byegereye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Burundi: Haravugwa gukwirakwiza intwaro mu Mbonerakure mu bice byegereye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoba ni bwose mu baturage bo mu Ntara ya Cibitoke ihererereye mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Burundi, nyuma yuko insoresore zigize Imbonerakure zo muri Komini enye zikora ku Rwanda, ziri guhabwa intwaro nyinshi ndetse n’impuzankano za gisirikare.

Izi nsoresore zo mu Ishyaka riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi zigize itsinda ririzwi nk’Imbonerakure, ziri kugaragara cyane mu masaha y’ijoro, aho zigaragara zitwaje imbunda, ndetse abatuye muri iyi Ntara ikora ku Rwanda, bakavuga ko ari bo ntandaro y’ibibazo by’umutekano n’akajagari bihagaragara.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru SOS Burundi, avuga ko imbunda ndetse n’impuzankano za gisirikare ziri guhabwa abasore bagize Imbonerakure kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 14 Gashyantare 2025.

Amakuru atangwa n’abaturage bo muri aka gace, avuga ko izo ntwaro n’imyambaro ya gisirikare biri guhabwa Imbonerakure zo muri Komini enye ari zo Mugina, Mabayi, Rugombo na Buganda, zose ziri ku mupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru kandi avuga ko kimwe n’abahoze ari abarwanyi muri CNDD-FDD na bo bari guhabwa ibyo bikoresho bya gisirikare.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi kivuga ko hari amakuru avuga ko ibi biri gukorwa kubera ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, kimwe no kwikanga igitero cyaturuka mu majyaruguru y’u Burundi, ubwo ni mu Rwanda.

Ni mu gihe Komanda w’Ingabo muri iyi Ntara, Lt Col Ezéchiel Ndihokubwayo, yahakanye ibitangazwa n’aba baturage, akavuga ko bitiranyije abasirikare n’imbonerakure, kuko abo bari kubona ari abasirikare.

Lt Col Ezéchiel Ndihokubwayo yavuze kandi ko umutekano umeze neza, akizeza abaturage ko badakwiye kugira impungenge ahubwo ko bakwiye gutuza.

Nanone kandi abatuye muri biriya bice, bavuga ko hakajijwe umutekano ku mipaka ihuza u Burundi n’Ibihugu by’ibituranyi nk’uwa Ruhwa uhuza u Burundi n’u Rwanda ndetse n’uwa Rusizi uhuza u Burundi na DRC.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wiyemeje gukorana na mugenzi wa DRC ufite imigambi yo guhangabanya umutekano w’u Rwanda, aherutse kuvuga ko bafite impungenge ko iki Gihugu cy’igituranyi cyazabatera, mu gihe u Rwanda rwakunze kuvuga kenshi ko rutazigera na rimwe ruteza ibibazo mu kindi Gihugu, ariko ko rwo ruzacunga umutekano warwo n’ingamba zose zishoboka kugira ngo hatagira uba hanze akaruhungabanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eleven =

Previous Post

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Next Post

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Related Posts

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.