Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Haravugwa gukwirakwiza intwaro mu Mbonerakure mu bice byegereye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Burundi: Haravugwa gukwirakwiza intwaro mu Mbonerakure mu bice byegereye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoba ni bwose mu baturage bo mu Ntara ya Cibitoke ihererereye mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Burundi, nyuma yuko insoresore zigize Imbonerakure zo muri Komini enye zikora ku Rwanda, ziri guhabwa intwaro nyinshi ndetse n’impuzankano za gisirikare.

Izi nsoresore zo mu Ishyaka riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi zigize itsinda ririzwi nk’Imbonerakure, ziri kugaragara cyane mu masaha y’ijoro, aho zigaragara zitwaje imbunda, ndetse abatuye muri iyi Ntara ikora ku Rwanda, bakavuga ko ari bo ntandaro y’ibibazo by’umutekano n’akajagari bihagaragara.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru SOS Burundi, avuga ko imbunda ndetse n’impuzankano za gisirikare ziri guhabwa abasore bagize Imbonerakure kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 14 Gashyantare 2025.

Amakuru atangwa n’abaturage bo muri aka gace, avuga ko izo ntwaro n’imyambaro ya gisirikare biri guhabwa Imbonerakure zo muri Komini enye ari zo Mugina, Mabayi, Rugombo na Buganda, zose ziri ku mupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru kandi avuga ko kimwe n’abahoze ari abarwanyi muri CNDD-FDD na bo bari guhabwa ibyo bikoresho bya gisirikare.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi kivuga ko hari amakuru avuga ko ibi biri gukorwa kubera ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, kimwe no kwikanga igitero cyaturuka mu majyaruguru y’u Burundi, ubwo ni mu Rwanda.

Ni mu gihe Komanda w’Ingabo muri iyi Ntara, Lt Col Ezéchiel Ndihokubwayo, yahakanye ibitangazwa n’aba baturage, akavuga ko bitiranyije abasirikare n’imbonerakure, kuko abo bari kubona ari abasirikare.

Lt Col Ezéchiel Ndihokubwayo yavuze kandi ko umutekano umeze neza, akizeza abaturage ko badakwiye kugira impungenge ahubwo ko bakwiye gutuza.

Nanone kandi abatuye muri biriya bice, bavuga ko hakajijwe umutekano ku mipaka ihuza u Burundi n’Ibihugu by’ibituranyi nk’uwa Ruhwa uhuza u Burundi n’u Rwanda ndetse n’uwa Rusizi uhuza u Burundi na DRC.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wiyemeje gukorana na mugenzi wa DRC ufite imigambi yo guhangabanya umutekano w’u Rwanda, aherutse kuvuga ko bafite impungenge ko iki Gihugu cy’igituranyi cyazabatera, mu gihe u Rwanda rwakunze kuvuga kenshi ko rutazigera na rimwe ruteza ibibazo mu kindi Gihugu, ariko ko rwo ruzacunga umutekano warwo n’ingamba zose zishoboka kugira ngo hatagira uba hanze akaruhungabanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Next Post

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima
MU RWANDA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.