Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Haravugwa gukwirakwiza intwaro mu Mbonerakure mu bice byegereye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Burundi: Haravugwa gukwirakwiza intwaro mu Mbonerakure mu bice byegereye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoba ni bwose mu baturage bo mu Ntara ya Cibitoke ihererereye mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Burundi, nyuma yuko insoresore zigize Imbonerakure zo muri Komini enye zikora ku Rwanda, ziri guhabwa intwaro nyinshi ndetse n’impuzankano za gisirikare.

Izi nsoresore zo mu Ishyaka riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi zigize itsinda ririzwi nk’Imbonerakure, ziri kugaragara cyane mu masaha y’ijoro, aho zigaragara zitwaje imbunda, ndetse abatuye muri iyi Ntara ikora ku Rwanda, bakavuga ko ari bo ntandaro y’ibibazo by’umutekano n’akajagari bihagaragara.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru SOS Burundi, avuga ko imbunda ndetse n’impuzankano za gisirikare ziri guhabwa abasore bagize Imbonerakure kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 14 Gashyantare 2025.

Amakuru atangwa n’abaturage bo muri aka gace, avuga ko izo ntwaro n’imyambaro ya gisirikare biri guhabwa Imbonerakure zo muri Komini enye ari zo Mugina, Mabayi, Rugombo na Buganda, zose ziri ku mupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru kandi avuga ko kimwe n’abahoze ari abarwanyi muri CNDD-FDD na bo bari guhabwa ibyo bikoresho bya gisirikare.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi kivuga ko hari amakuru avuga ko ibi biri gukorwa kubera ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, kimwe no kwikanga igitero cyaturuka mu majyaruguru y’u Burundi, ubwo ni mu Rwanda.

Ni mu gihe Komanda w’Ingabo muri iyi Ntara, Lt Col Ezéchiel Ndihokubwayo, yahakanye ibitangazwa n’aba baturage, akavuga ko bitiranyije abasirikare n’imbonerakure, kuko abo bari kubona ari abasirikare.

Lt Col Ezéchiel Ndihokubwayo yavuze kandi ko umutekano umeze neza, akizeza abaturage ko badakwiye kugira impungenge ahubwo ko bakwiye gutuza.

Nanone kandi abatuye muri biriya bice, bavuga ko hakajijwe umutekano ku mipaka ihuza u Burundi n’Ibihugu by’ibituranyi nk’uwa Ruhwa uhuza u Burundi n’u Rwanda ndetse n’uwa Rusizi uhuza u Burundi na DRC.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wiyemeje gukorana na mugenzi wa DRC ufite imigambi yo guhangabanya umutekano w’u Rwanda, aherutse kuvuga ko bafite impungenge ko iki Gihugu cy’igituranyi cyazabatera, mu gihe u Rwanda rwakunze kuvuga kenshi ko rutazigera na rimwe ruteza ibibazo mu kindi Gihugu, ariko ko rwo ruzacunga umutekano warwo n’ingamba zose zishoboka kugira ngo hatagira uba hanze akaruhungabanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eight =

Previous Post

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Next Post

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.