Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ubwoba ni bwose mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Ubwoba ni bwose mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, batangaje ko bafitiye impungenge z’umutekano wabo, nyuma y’inama bakoranye n’ishyaka riri ku butegetsi.

Izi nama zahuriyemo abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, zabaye ku itariki ya 11, n’itariki 12 z’uku kwezi kwa Nzeri 2024, indi yongera kuba ku itariki 20 z’uku kwezi. Zaberaga mu Ntara ya Burunga, iherereye mu majyepfo y’u Burundi.

SOS Media Burundi dukesha iyi nkuru, yanditse ko abayobozi b’amashyaka ya UPRONA na CNL atavuga rumwe n’ubutegetsi, batewe ubwoba n’ishyaka riri ku butegetsi ko mu gihe bakomeza ibikorwa bidahuye n’iby’ishyaka riri ku butegetsi, ngo bashobora kuzirengera ingaruka zabyo.

Abayobozi b’aya mashyaka bagaragarije impungenge ikinyamakuru SOS Media Burundi ko icyabateye ubwoba kurusha ibindi, ari uko abayobozi bayo mu Karere ka Giharo mu Ntara ya Burunga, bagarutsweho cyane muri iyo nama.

Umutangabuhamya wo mu ishyaka rya UPORNA waganiriye na SOS Media Burundi utagaragajwe amazina ye, yavuze ko nk’uwitwa Juma Théoneste uherutse kuva mu ishyaka rya CNDD-FDD akinjira muri UPRONA, yagarutsweho cyane mu nama yo kuwa 11 Nzeri 2024, ko imyitwarire ye ikwiriye gukorwaho iperereza ryihariye.

Indi nama nk’iyi yabereye mu Karere ka Giharo ku wa 20 Nzeri 2024, yari ihuriwemo n’abarimo bose bigisha mu mashuri yo mukarere ka Giharo, umunyamabanga wa CNDD-FDD mu Karere ka Musongati witwa Rénovat Hakizimana, yihanangiriza abarimu batabarizwa mu ishyaka CNDD-FDD ko umwarimu wese uzahirahira agatanga ibindi bitekerezo bidafite aho bihuriye n’ibyo ishyaka rya CNDD-FDD, azabifungirwa.

Aya magambo ni yo yateye ubwoba bamwe mu bayobozi b’amashyaka ya UPRONA na CNL, kubera ko ubusanzwe bazi neza ko ibitangiye ari imvugo birangira bishyizwe mu bikorwa.

Bahereye aha, basabye ko inzego bireba cyane cyane iz’umutekano, zikwiye kubaba hafi kuko bafitiye ubwoba aya magambo yavuze n’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Hahishuwe amayeri y’ukekwaho kuba ruharwa mu bucuruzi bw’urumogi wafatanywe imifuka 40 ayivanye muri Congo

Next Post

Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.