Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ubwoba ni bwose mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Ubwoba ni bwose mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, batangaje ko bafitiye impungenge z’umutekano wabo, nyuma y’inama bakoranye n’ishyaka riri ku butegetsi.

Izi nama zahuriyemo abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, zabaye ku itariki ya 11, n’itariki 12 z’uku kwezi kwa Nzeri 2024, indi yongera kuba ku itariki 20 z’uku kwezi. Zaberaga mu Ntara ya Burunga, iherereye mu majyepfo y’u Burundi.

SOS Media Burundi dukesha iyi nkuru, yanditse ko abayobozi b’amashyaka ya UPRONA na CNL atavuga rumwe n’ubutegetsi, batewe ubwoba n’ishyaka riri ku butegetsi ko mu gihe bakomeza ibikorwa bidahuye n’iby’ishyaka riri ku butegetsi, ngo bashobora kuzirengera ingaruka zabyo.

Abayobozi b’aya mashyaka bagaragarije impungenge ikinyamakuru SOS Media Burundi ko icyabateye ubwoba kurusha ibindi, ari uko abayobozi bayo mu Karere ka Giharo mu Ntara ya Burunga, bagarutsweho cyane muri iyo nama.

Umutangabuhamya wo mu ishyaka rya UPORNA waganiriye na SOS Media Burundi utagaragajwe amazina ye, yavuze ko nk’uwitwa Juma Théoneste uherutse kuva mu ishyaka rya CNDD-FDD akinjira muri UPRONA, yagarutsweho cyane mu nama yo kuwa 11 Nzeri 2024, ko imyitwarire ye ikwiriye gukorwaho iperereza ryihariye.

Indi nama nk’iyi yabereye mu Karere ka Giharo ku wa 20 Nzeri 2024, yari ihuriwemo n’abarimo bose bigisha mu mashuri yo mukarere ka Giharo, umunyamabanga wa CNDD-FDD mu Karere ka Musongati witwa Rénovat Hakizimana, yihanangiriza abarimu batabarizwa mu ishyaka CNDD-FDD ko umwarimu wese uzahirahira agatanga ibindi bitekerezo bidafite aho bihuriye n’ibyo ishyaka rya CNDD-FDD, azabifungirwa.

Aya magambo ni yo yateye ubwoba bamwe mu bayobozi b’amashyaka ya UPRONA na CNL, kubera ko ubusanzwe bazi neza ko ibitangiye ari imvugo birangira bishyizwe mu bikorwa.

Bahereye aha, basabye ko inzego bireba cyane cyane iz’umutekano, zikwiye kubaba hafi kuko bafitiye ubwoba aya magambo yavuze n’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 4 =

Previous Post

Hahishuwe amayeri y’ukekwaho kuba ruharwa mu bucuruzi bw’urumogi wafatanywe imifuka 40 ayivanye muri Congo

Next Post

Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.