Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
4
Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye atangarije ko hari abashaka kumuhirika ku butegetsi, abanyapolitiki baravuga ko ibiri kuba muri iki Gihugu biteye inkeke.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 02 Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yatangizaga umwaka w’Ubucamanza, yumvikanye aburira abashaka kumuhirika ku butegetsi, ababwira ko batazabigeraho.

Ndayishimiye yavuze ko muri iki Gihugu habaye Coup d’etat nyinshi ariko ko itazongera kuba, byumwihariko abifuza kuyimokorera ko “batazabishobora.”

Frédéric Bamvuginyumvira wabaye Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, ubu usigaye uba ku Mugabane w’u Burayi mu Gihugu cy’u Bubiligi, mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya America yavuze ko Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe we, Alain-Guillaume Bunyoni, bakomeje guhangana mu byo bavuga.

Yagize ati “Umukuru w’Igihugu ari kwiyama abo bakorana kandi ba hafi bumva neza ko ntawundi yaba avuga atari Minisitiri w’Intebe we cyane cyane ko na Minisitiri w’Intebe we yavuze ati ‘iyo umuntu ari kugira urusaku akuvuga nabi, ati ‘umenye ko muri icyo gihe wamaze kumusumba’. Bari gusubizanya nta n’umwe uvuga undi mu izina.”

Frédéric Bamvuginyumvira yakomeye avuga ko iyo abayobozi bakuru nk’aba bari ku isonga mu Gihugu, bahanganye nk’uku, biba biteye impungenge.

Yagize ati “Iyo bimeze uko Igihugu kiba kimaze kugwa mu kaga kuko ibyo umukuru w’Igihugu azafata nk’ingingo kugira ngo ahindure icyo kibazo kiri mu Gihugu atari n’ikindi ahubwo ari abasuma benshi batagikurikiza amategeko bigize intagondwa bigize indakorwaho, kandi na bo akaba ari bo benshi kurusha abari inyuma ya Perezida kuko ntawubazi.”

Akomeza avuga ko hari amakuru avuga ko umuyobozi w’Ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD ndetse n’abandi bayobozi bakomeye muri iki Gihugu barimo ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko b’imitwe yombi, baba bari kugirana inama za hato hato kuri iki kibazo kiri muri iki Gihugu.

Avuga ko ibi bibazo bimaze iminsi bivugwa nyuma yuko Perezida Ndayishimiye ashatse guhindura imikorere ya CNDD-FDD yagiye iha rugari bamwe mu bakomeyemo bagakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.

Ati “Uyu munsi kuba bimaze kugenda uko, Perezida Evariste Ndayishimiye byaramugoye uburyo iryo tsinda yarikura mu nzira kugira ngo ahindure ibintu. Ni zo ngorane zihari.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ibyatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye bizagira ingaruka ku mutekano w’abanyagihugu kuko byagaragaje ko mu Gihugu cye harimo ikibazo ku buryo ibyemezo bizafatirwa mu buyobozi bukuru, batazabihuriraho.

Ati “Niyo Perezida yashaka guhindura ibyo bintu, Minisitiri w’Intebe ntabwo azabishyiraho umukono kuko Minisitiri w’Intebe ari muri iryo tsinda ryimonogoje noneho Perezida agashaka kubahindura kandi barahawe uburenganzira n’ishyaka rya CNDD-FDD.”

Mu kwezi gushize, Perezida Evariste Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni; bumvikanye banyuranye ku ngingo y’izamuka ry’ibiciro bikomoka kuri Peteroli.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko iki kibazo kibonerwa umuti mu gihe cya vuba, Bunyoni we avuga ko ntawuzi igihe iki kibazo kizarangirira kuko gishingiye ku mpamvu mpuzamahanga zirimo intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

RADIOTV10

Comments 4

  1. DUSABE says:
    3 years ago

    Se evariste Akore nkumugabo ntibamutere ubwoba

    Reply
  2. MUHORAKEYE Chantal says:
    3 years ago

    Njyewe nshyigikiye mbyimazeyo president ndayishimiye kuko ubusuma butuma igihugu kidatera imbere ,nakure ibisambo munzira abarundi batere imbere

    Reply
  3. Mbanjingabo says:
    3 years ago

    Bunyoni rwose ahubwo perezida yatinze kumukuraho Kuko umuntu ukomeye mugihugu ni umwe gusa (perezida wa République)

    Reply
  4. Niyigarura Desire says:
    3 years ago

    Yaraye abikoze umukuru wacu abandanye aduza ivyubahiro.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + ten =

Previous Post

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Next Post

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.