Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
4
Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye atangarije ko hari abashaka kumuhirika ku butegetsi, abanyapolitiki baravuga ko ibiri kuba muri iki Gihugu biteye inkeke.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 02 Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yatangizaga umwaka w’Ubucamanza, yumvikanye aburira abashaka kumuhirika ku butegetsi, ababwira ko batazabigeraho.

Ndayishimiye yavuze ko muri iki Gihugu habaye Coup d’etat nyinshi ariko ko itazongera kuba, byumwihariko abifuza kuyimokorera ko “batazabishobora.”

Frédéric Bamvuginyumvira wabaye Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, ubu usigaye uba ku Mugabane w’u Burayi mu Gihugu cy’u Bubiligi, mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya America yavuze ko Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe we, Alain-Guillaume Bunyoni, bakomeje guhangana mu byo bavuga.

Yagize ati “Umukuru w’Igihugu ari kwiyama abo bakorana kandi ba hafi bumva neza ko ntawundi yaba avuga atari Minisitiri w’Intebe we cyane cyane ko na Minisitiri w’Intebe we yavuze ati ‘iyo umuntu ari kugira urusaku akuvuga nabi, ati ‘umenye ko muri icyo gihe wamaze kumusumba’. Bari gusubizanya nta n’umwe uvuga undi mu izina.”

Frédéric Bamvuginyumvira yakomeye avuga ko iyo abayobozi bakuru nk’aba bari ku isonga mu Gihugu, bahanganye nk’uku, biba biteye impungenge.

Yagize ati “Iyo bimeze uko Igihugu kiba kimaze kugwa mu kaga kuko ibyo umukuru w’Igihugu azafata nk’ingingo kugira ngo ahindure icyo kibazo kiri mu Gihugu atari n’ikindi ahubwo ari abasuma benshi batagikurikiza amategeko bigize intagondwa bigize indakorwaho, kandi na bo akaba ari bo benshi kurusha abari inyuma ya Perezida kuko ntawubazi.”

Akomeza avuga ko hari amakuru avuga ko umuyobozi w’Ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD ndetse n’abandi bayobozi bakomeye muri iki Gihugu barimo ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko b’imitwe yombi, baba bari kugirana inama za hato hato kuri iki kibazo kiri muri iki Gihugu.

Avuga ko ibi bibazo bimaze iminsi bivugwa nyuma yuko Perezida Ndayishimiye ashatse guhindura imikorere ya CNDD-FDD yagiye iha rugari bamwe mu bakomeyemo bagakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.

Ati “Uyu munsi kuba bimaze kugenda uko, Perezida Evariste Ndayishimiye byaramugoye uburyo iryo tsinda yarikura mu nzira kugira ngo ahindure ibintu. Ni zo ngorane zihari.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ibyatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye bizagira ingaruka ku mutekano w’abanyagihugu kuko byagaragaje ko mu Gihugu cye harimo ikibazo ku buryo ibyemezo bizafatirwa mu buyobozi bukuru, batazabihuriraho.

Ati “Niyo Perezida yashaka guhindura ibyo bintu, Minisitiri w’Intebe ntabwo azabishyiraho umukono kuko Minisitiri w’Intebe ari muri iryo tsinda ryimonogoje noneho Perezida agashaka kubahindura kandi barahawe uburenganzira n’ishyaka rya CNDD-FDD.”

Mu kwezi gushize, Perezida Evariste Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni; bumvikanye banyuranye ku ngingo y’izamuka ry’ibiciro bikomoka kuri Peteroli.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko iki kibazo kibonerwa umuti mu gihe cya vuba, Bunyoni we avuga ko ntawuzi igihe iki kibazo kizarangirira kuko gishingiye ku mpamvu mpuzamahanga zirimo intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

RADIOTV10

Comments 4

  1. DUSABE says:
    3 years ago

    Se evariste Akore nkumugabo ntibamutere ubwoba

    Reply
  2. MUHORAKEYE Chantal says:
    3 years ago

    Njyewe nshyigikiye mbyimazeyo president ndayishimiye kuko ubusuma butuma igihugu kidatera imbere ,nakure ibisambo munzira abarundi batere imbere

    Reply
  3. Mbanjingabo says:
    3 years ago

    Bunyoni rwose ahubwo perezida yatinze kumukuraho Kuko umuntu ukomeye mugihugu ni umwe gusa (perezida wa République)

    Reply
  4. Niyigarura Desire says:
    3 years ago

    Yaraye abikoze umukuru wacu abandanye aduza ivyubahiro.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Next Post

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.