Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko impande zifite ukuboka mu ntambara iri kubera muri Ukraine, zikwiye guca bugufi, zikaganira ku cyatuma amahoro aboneka, aho gukomeza guhigana ubutwari no gutiza umurindi iyi ntambara hatangwa inkunga z’intwaro.

Perezida Kagame yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023 mu kiganiro n’itangazamukuru ubwo yari kumwe na Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame avuga ko hari umusanzu abantu batanga mu biganiro-mpaka bigamije gushaka amahoro muri biriya bice, kuko iyi ntambara igira ingaruka ku Isi yose, ndetse zageze no ku Rwanda.

Avuga ko iyi ntambara yagiye ivugwaho byinshi n’Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi, ndetse bikavugwa ko biyigiramo uruhare, ariko ko icyari gikwiye kuganirwaho, ari ugushaka umuti w’umuzi w’iyi ntambara.

Ati “Dushobora kuganira, dushobora gutanga umusanzu, dushobora kujya impaka ariko hari ikintu gito dushobora gukora nk’Igihugu nk’u Rwanda, ariko mu gihe yaba ari ugutanga ibitekerezo byatanga umusaruro, iteka ryose twavuga ko habanza gusuzumwa umuzi w’ikibazo.”

Avuga ko Ibihugu by’ibihangange byakunze kujya impaka, hibazwa “ni inde uri mu kuri, ni inde utari mu kuri, ariko byose birangira intambara ikomeje nk’uko imeze ubu. Bigaragara ko hari byinshi bibeshyeho kuruta ibyo batekereza ko ari ukuri.”

Akomeza agira ati “Iyo ushaka amahoro no kuyageraho, utangira guha agaciro iby’ukuri kurusha ibitari ukuri […] bitabaye ibyo, kuba bakomeza kurwana, kuba wakomeza guha intwaro z’ubwoko bwose wizeye ko uruhande rumwe ruzatsinda urundi, bishobora kuzafata igihe kinini, kandi ingaruka na zo zifite igiciriro kinini.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko impande ziri muri ibi bibazo, zikwiye kureba kure kuko iyi ntambara ikomeje kugira ingaruka ziremereye, zikareba icyo zikura muri iyi ntambara n’icyo zihomberamo.

Avuga ko hakunze kubaho impaka ngo Igihugu kimwe cyateye ikindi, abandi bakavuga ko cyagiteye kubera impamvu runaka, ariko ko impaka nk’izi zikwiye guhagarara hakarebwa icyageza ku mahoro.

Ati “Bakeneye kuba baca bugufi bakicara hamwe bakabanza bagatuza ubundi bakareba inzira zabafasha kugera ku mahoro, kandi natwe tukareka gukomeza kugirwaho ingaruka n’ibiri kuba hariya.”

 

U Burayi busa nk’ubumaze kwibagirwa

Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, na we wagarutse kuri iki kibazo, yavuze ko igikenewe cya mbere ari amahoro.

Ati “Kandi kuba ndi hano mu Rwanda, nakumva neza impamvu amahoro ari ingirakamaro. Dusa nk’aho twatese mu Burayi kuba tumaze igihe nta ntambara nyinshi kuva intambara ya kabiri y’Isi yarangira.

Abantu basa nk’abashaka kwibagirwa uburyo intambara igira ingaruka, bashaka kwibagirwa igisobanuro cyo kubura ubuzima, icyo bisobanuye kuba umubyeyi yabura abana be, kuba abagore babura abagabo babo, ubu ni byo turi kubona muri Ukraine.”

Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák avuga ko nk’Igihugu ayoboye bifuza ko iyi ntambara yo muri Ukraine, yahagarara mu gihe cya vuba, hakabaho ibiganiro.

Yavuze ko impande ziri muri iyi ntambara, zikwiye gutekereza by’igihe kirambye, zikareba ingaruka izasiga kuruta kumva ko zakomeza guhigana ubutwari.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 20 =

Previous Post

Afurika: Ikindi Gihugu cyatangiye inzira ikuriraho inzitizi Perezida kutiyamamariza manda ya 3

Next Post

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Related Posts

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
03/11/2025
0

IZIHERUKA

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’
MU RWANDA

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.