Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko impande zifite ukuboka mu ntambara iri kubera muri Ukraine, zikwiye guca bugufi, zikaganira ku cyatuma amahoro aboneka, aho gukomeza guhigana ubutwari no gutiza umurindi iyi ntambara hatangwa inkunga z’intwaro.

Perezida Kagame yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023 mu kiganiro n’itangazamukuru ubwo yari kumwe na Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame avuga ko hari umusanzu abantu batanga mu biganiro-mpaka bigamije gushaka amahoro muri biriya bice, kuko iyi ntambara igira ingaruka ku Isi yose, ndetse zageze no ku Rwanda.

Avuga ko iyi ntambara yagiye ivugwaho byinshi n’Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi, ndetse bikavugwa ko biyigiramo uruhare, ariko ko icyari gikwiye kuganirwaho, ari ugushaka umuti w’umuzi w’iyi ntambara.

Ati “Dushobora kuganira, dushobora gutanga umusanzu, dushobora kujya impaka ariko hari ikintu gito dushobora gukora nk’Igihugu nk’u Rwanda, ariko mu gihe yaba ari ugutanga ibitekerezo byatanga umusaruro, iteka ryose twavuga ko habanza gusuzumwa umuzi w’ikibazo.”

Avuga ko Ibihugu by’ibihangange byakunze kujya impaka, hibazwa “ni inde uri mu kuri, ni inde utari mu kuri, ariko byose birangira intambara ikomeje nk’uko imeze ubu. Bigaragara ko hari byinshi bibeshyeho kuruta ibyo batekereza ko ari ukuri.”

Akomeza agira ati “Iyo ushaka amahoro no kuyageraho, utangira guha agaciro iby’ukuri kurusha ibitari ukuri […] bitabaye ibyo, kuba bakomeza kurwana, kuba wakomeza guha intwaro z’ubwoko bwose wizeye ko uruhande rumwe ruzatsinda urundi, bishobora kuzafata igihe kinini, kandi ingaruka na zo zifite igiciriro kinini.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko impande ziri muri ibi bibazo, zikwiye kureba kure kuko iyi ntambara ikomeje kugira ingaruka ziremereye, zikareba icyo zikura muri iyi ntambara n’icyo zihomberamo.

Avuga ko hakunze kubaho impaka ngo Igihugu kimwe cyateye ikindi, abandi bakavuga ko cyagiteye kubera impamvu runaka, ariko ko impaka nk’izi zikwiye guhagarara hakarebwa icyageza ku mahoro.

Ati “Bakeneye kuba baca bugufi bakicara hamwe bakabanza bagatuza ubundi bakareba inzira zabafasha kugera ku mahoro, kandi natwe tukareka gukomeza kugirwaho ingaruka n’ibiri kuba hariya.”

 

U Burayi busa nk’ubumaze kwibagirwa

Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, na we wagarutse kuri iki kibazo, yavuze ko igikenewe cya mbere ari amahoro.

Ati “Kandi kuba ndi hano mu Rwanda, nakumva neza impamvu amahoro ari ingirakamaro. Dusa nk’aho twatese mu Burayi kuba tumaze igihe nta ntambara nyinshi kuva intambara ya kabiri y’Isi yarangira.

Abantu basa nk’abashaka kwibagirwa uburyo intambara igira ingaruka, bashaka kwibagirwa igisobanuro cyo kubura ubuzima, icyo bisobanuye kuba umubyeyi yabura abana be, kuba abagore babura abagabo babo, ubu ni byo turi kubona muri Ukraine.”

Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák avuga ko nk’Igihugu ayoboye bifuza ko iyi ntambara yo muri Ukraine, yahagarara mu gihe cya vuba, hakabaho ibiganiro.

Yavuze ko impande ziri muri iyi ntambara, zikwiye gutekereza by’igihe kirambye, zikareba ingaruka izasiga kuruta kumva ko zakomeza guhigana ubutwari.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Afurika: Ikindi Gihugu cyatangiye inzira ikuriraho inzitizi Perezida kutiyamamariza manda ya 3

Next Post

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.