Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa mbere Perezidansi y’u Burusiya yasubije abashinja Putin urupfu rw’umunyapoliki rwavugishije benshi

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezidansi y’u Burusiya yasubije abashinja Putin urupfu rw’umunyapoliki rwavugishije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya byamaganye amakuru amaze iminsi atangazwa ko Leta y’iki Gihugu iri inyuma y’urupfu rwa Alexei Navalny utaravugaga rumwe na Putin.

Ni nyuma y’uko kuva ku wa Mbere yaba umufasha wa nyakwigendera na nyina umubyara bakomeje kuvuga ko batarabona umubiri wa nyakwigendera ndetse ngo babwiwe ko bazawuhabwa mu byumweru 2 bitewe n’iperereza riri gukorwa ku cyamwishe.

Kuri bo bavuga ko ari amayeri yo gukomeza gutinza umubiri kugira ngo uburozi yahawe bubanze bushire mu mubiri.

Umufasha we Yulia Navalnaya yavuze ko atazacika intege ndetse ko agiye gukomeza urugendo umugabo we yari yaratangiye.

Alexey yaguye muri gereza iri Serbia aho yari yarakatiwe imyak 19. Amakuru ya gereza avuga ko yaguye hasi atakaza ubwenge kuva ubwo ngo byageze aho ashiramo umwuka.

Nyina umubyara ndetse n’abamushyigikiye, bakambitse kuri gereza ngo barebe ko bahabwa umubiri bawushyingure.

Kuva uyu munyapolitiki yakwitaba Imana, ibihugu by’amahanga nka Leta Zunze Ubumwe za America, birashinja Perezida Putin na Leta ye kumwivugana.

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Burusiya [Klemlin], Dmitry Peskov yavuze ko nta ruhare Perezida Putin yagize muri urwo rupfu ndetse ngo hari gukorwa iperereza.

Dmitry Peskov yaboneyeho kwihanganisha umuryango wabuze uwabo, icyakora hari abavuga ko ibyo ari agakino ka politike ndetse bagasaba ubumwe bw’u Burayi kugira icyo babikoraho.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + two =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda wahiriwe na 2023 kurusha abandi yatangaje agaseke azapfundurira abantu uyu mwaka

Next Post

AMAFOTO: Hagaragajwe ‘Couple’ y’ibyamamare bizwi mu Rwanda itembera muri kajugujugu

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Hagaragajwe ‘Couple’ y’ibyamamare bizwi mu Rwanda itembera muri kajugujugu

AMAFOTO: Hagaragajwe 'Couple' y’ibyamamare bizwi mu Rwanda itembera muri kajugujugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.