Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa mbere Perezidansi y’u Burusiya yasubije abashinja Putin urupfu rw’umunyapoliki rwavugishije benshi

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezidansi y’u Burusiya yasubije abashinja Putin urupfu rw’umunyapoliki rwavugishije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya byamaganye amakuru amaze iminsi atangazwa ko Leta y’iki Gihugu iri inyuma y’urupfu rwa Alexei Navalny utaravugaga rumwe na Putin.

Ni nyuma y’uko kuva ku wa Mbere yaba umufasha wa nyakwigendera na nyina umubyara bakomeje kuvuga ko batarabona umubiri wa nyakwigendera ndetse ngo babwiwe ko bazawuhabwa mu byumweru 2 bitewe n’iperereza riri gukorwa ku cyamwishe.

Kuri bo bavuga ko ari amayeri yo gukomeza gutinza umubiri kugira ngo uburozi yahawe bubanze bushire mu mubiri.

Umufasha we Yulia Navalnaya yavuze ko atazacika intege ndetse ko agiye gukomeza urugendo umugabo we yari yaratangiye.

Alexey yaguye muri gereza iri Serbia aho yari yarakatiwe imyak 19. Amakuru ya gereza avuga ko yaguye hasi atakaza ubwenge kuva ubwo ngo byageze aho ashiramo umwuka.

Nyina umubyara ndetse n’abamushyigikiye, bakambitse kuri gereza ngo barebe ko bahabwa umubiri bawushyingure.

Kuva uyu munyapolitiki yakwitaba Imana, ibihugu by’amahanga nka Leta Zunze Ubumwe za America, birashinja Perezida Putin na Leta ye kumwivugana.

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Burusiya [Klemlin], Dmitry Peskov yavuze ko nta ruhare Perezida Putin yagize muri urwo rupfu ndetse ngo hari gukorwa iperereza.

Dmitry Peskov yaboneyeho kwihanganisha umuryango wabuze uwabo, icyakora hari abavuga ko ibyo ari agakino ka politike ndetse bagasaba ubumwe bw’u Burayi kugira icyo babikoraho.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + fifteen =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda wahiriwe na 2023 kurusha abandi yatangaje agaseke azapfundurira abantu uyu mwaka

Next Post

AMAFOTO: Hagaragajwe ‘Couple’ y’ibyamamare bizwi mu Rwanda itembera muri kajugujugu

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Hagaragajwe ‘Couple’ y’ibyamamare bizwi mu Rwanda itembera muri kajugujugu

AMAFOTO: Hagaragajwe 'Couple' y’ibyamamare bizwi mu Rwanda itembera muri kajugujugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.