Umuhanzi Nyarwanda wahiriwe na 2023 kurusha abandi yatangaje agaseke azapfundurira abantu uyu mwaka

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie uri mu bahanzi Nyarwanda bakomeje guhirwa mu ruganda rwa muzika, yatangaje igihe azashyirira hanze Album ye nshya.

Uyu muhanzi umaze iminsi agaragara mu bikorwa byazamuye izina rye yaba mu Rwanda no hanze yarwo, yatangaje ko azashyira hanze album ye muri Kamena (06) uyu mwaka.

Izindi Nkuru

Yabitangarije mu kiganiro cyatambutse kuri Radio ya Trace FM ikorera muri Kenya ari na ho uyu muhanzi aherereye yagiyeyo mu bikorwa bya muzika, aho yavuze ko amaze iminsi akora kuri uyu album ye.

Yagize ati “Iyi Album maze igihe nyikoraho, ariko mu mpera za Gicurasi bishyira mu kwezi kwa Gatandatu nzayisohora.”

Uyu munanzi uri mu bazwiho ubuhanga mu kuririmba, kandi yaboneyeho kurarikira abantu ko iyi album ye izaba iriho indirimo nziza.

Yagize ati “Mwitege Imiziki myiza. Ikindi ni uko izaba irenze kuko nafashe umwanya uhagije wo kuyitunganya.” 

Bruce Melodie wanakoranye indirimbo n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi, Shaggy, aheruka kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America, anakorerayo ibitaramo yanaririmbanyemo n’uyu muhanzi washimye impano ye.

Kate G. NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru