Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Bwa mbere RDF yasobanuye impamvu zatumye hirukanwa burundu Abajenerali babiri

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yatangaje amakuru ku ntandaro y’iyirukanwa ry’abasirikare barimo Abajenerali babiri
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwashyize umucyo ku iyirukanwa ry’Abasirikare bo ku rwego rwa General, barimo ufite ipeti rya Major General n’ufite irya Brigadier General, baherutse kwirukanwa n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, bunasobanura ibyatumye birukanwa, birimo ubusinzi bukabije.

Icyumweru kiruzuye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, yirukanye Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda ndetse n’abandi basirikare bo ku rwego rwa Ofisiye.

Itangazo ryirukana aba basirikare ryasohotse mu ijoro ryo ku ya 07 Kamena 2023, rigaragaza ko aba basirikare birukanywe burundu muri RDF.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023, nyuma y’icyumweru cyuzuye, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwagiranye ikiganiro n’Itangazamakuru, cyagarutse ku iyirukanwa ry’aba basirikare bo ku rwego rwo hejuru ndetse n’abandi 116 bafite andi mapeti, ndetse no gusesa amasezerano y’abandi 112.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga wari wabigarutseho mbere ko kwirukana abasirikare, bishingira ku mpamvu zitandukanye zirimo imyitwarire idahwitse cyangwa ibyaha baba bakoze, yongeye kugaruka ku iyirukanwa rya bariya basirikare bafite amapeti yo hejuru.

Yavuze ko Brig. Gen. Ronald Rwivanga na Maj Gen Aloys Muganga, mu byatumye birukanwa harimo imyitwarire idahwitse y’ubusinzi bukabije, hakaba kandi n’agasuzuguro.

Agaruka kuri buri umwe, Brig Gen Rwivanga yavuze ko kuri Maj Gen Aloys Muganga, yagaragaweho ubusinzi bukabije, naho Brig Gen Francis Mutiganda yirukanirwa gusuzugura inzego za Gisirikare, bikaba binagize icyaha.

Ubwo hari hamaze kwirukanwa aba basirikare, Brig Gen Rwivanga yari yagize ati “Kwirukanwa bibaho kubera impamvu zitandukanye, ariko ahanini ni ibyaha cyangwa imyitwarire y’umwofisiye cyangwa imyitwarire igayitse. Ariko hari n’imyitwarire mibi itajyanye n’uko umusirikare akwiye kwifata, ariko nanone utajyana mu rukiko kubera impamvu zitandukanye.”

Aba basirikare birukanywe ndetse hanaseswa amasezerano y’abandi, nyuma y’umunsi umwe gusa, Perezida wa Repubulika anakoze impinduka mu buyobozi bukuru bwa RDF, zasize General Jean Bosco Kazura asimbuwe na Lt Gen Mabarakh Muganga ku mwanya w’Umugaba Mukuru, ndetse na Maj Gen Vincent Nyakarundi asimbura Muganga wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu, Brig Gen Ronald Rwivanga abajijwe niba ziriya mpinduka zifitanye isano n’iyirukanwa rya bariya basirikare, yasubije agira ati “Ibyo bikorwa byombi byabaye mu gihe cyegeranye ariko nta sano bifitanye. Biratandukanye.”

Brig Gen Rwivanga uyu munsi mu kiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Abanya-Uganda bari bagiye gutegerereza Yezu muri Ethiopia ibyabayeho byatumye bataha atarabageraho

Next Post

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.