Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakwiyambaza Ibihugu mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, atari ikibazo ku Rwanda, ariko ko igiteye impungenge ari imikoranire yabyo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV.

Hamaze iminsi havugwa ku kuba ingabo za MONUSCO ndetse n’iza SADC, kimwe n’iz’u Burundi ziri muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziri gufatanya na FARDC imaze igihe yaranywanye na FDLR, ndetse binakorana mu ntambara yo kurwanya M23.

Mukuralinda avuga ko kuba ingabo za SADC, MONUSCO ndetse n’ingabo z’Ibihugu binyuranye; zikorana na FARDC, ubwabyo atari ikibazo ku Rwanda.

Ati “Ngira ngo byose bishingiye ku masezerano Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guverinoma y’icyo Gihugu bafite nk’uburenganzira bwo kugirana amasezerano n’uwo bashatse, umuryango runaka cyangwa Igihugu runaka.”

Gusa avuga ko ikibazo cyaba ku kuba yaba iyi miryango ndetse n’Ibihugu, byakwemera gukorana n’umutwe w’Iterabwoba, unafite intego zo guhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Ati “Kuba izo ngabo z’Ibihugu bitandukanye zagirana amasezerano na Guverinoma ya Congo, ntakibazo biteye ku Rwanda, ariko ku rundi ruhande kuba bakorana n’umutwe ufite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wanabigerageje, wanabikoze, unabigambiriye byo biteye ikibazo.”

Alain Mukuralinda avuga kandi ko u Rwanda rwakunze kubivuga kuva cyera, ko imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, ikwiye guhagarara, ariko ubutegetsi bwa Congo bukabyirengagiza.

Ati “Ni umutwe wakomotse ku mutwe wa ALIR wigeze gushyirwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba. Ibyo byo rwose biteye impungenge kuba Igihugu cyagirana amasezerano n’ikindi Gihugu n’undi muryango mu bufatanye bavuga ko bugamije kugarura amahoro muri kariya karere, hanyuma hakaza kwiyongeraho n’umutwe nk’uwo bizwi neza ko ugamije gutera cyangwa guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bizwi neza ko washyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.”

Bamwe mu basirikare bafashwe mpiri n’umutwe wa M23, barimo ab’u Burundi, bavuze ko bavuye mu Gihugu cyabo, babwirwa ko bagiye kurwana n’Abanyarwanda, ndetse na FARDC ubwayo ikavuga ko izarasa Abatutsi b’Abanyarwanda kugeza ibasubije mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda.

Mukuralinda avuga ko izi mvugo ubwazo zirimo ikibazo, kuko yaba ari ukuvuga ko “bazasubiza Umututsi ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, bumva ko bamusubije iwabo byaba bifite ishingiro? Nibasobanure neza. Noneho se ni Umututsi w’Umunyekongo, bavuga ko bazasubiza mu Rwanda, ibyo se byo byashoboka?”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko uku kugarura urusobe rw’ingabo muri Congo, atari byo muti w’ibibazo.

Yavuze ko mu buryo bweruye kandi buzwi, ubu FARDC ikorana na MONUSCO, igakorana na bimwe mu Bihugu bya SADC ari byo Malawi, Afurika y’Epfo na Tanzania, hakaba ingabo z’u Burundi, abacancuro, ndetse n’imitwe irimo FDLR.

Ati “Ni ukuvuga ngo muri kiriya Gihugu hari ingabo z’ibindi Bihugu nibura umunani ku ntambara imaze imyaka icumi itarangira […] ikibazo cya mbere twari dukwiye kwibaza, ko n’ubundi ibyo bintu byigeze no kubaho muri za 2013 aho ingabo ziza zikahateranira, bamwe bagatsindwa bagataha, kuki icyo kibazo kitakemutse.”

Mukuralinda avuga ko niba izi ngabo zaje gushyigikira FARDC, barazihaye amakuru atari nko kuba zaraje gufasha iki gisirikare cya Congo kwirukana Abanyarwanda, ubwabyo bizatuma iyi ntambara itarangira, kuko baba birengagije ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + two =

Previous Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Next Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b'Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.