Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakwiyambaza Ibihugu mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, atari ikibazo ku Rwanda, ariko ko igiteye impungenge ari imikoranire yabyo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV.

Hamaze iminsi havugwa ku kuba ingabo za MONUSCO ndetse n’iza SADC, kimwe n’iz’u Burundi ziri muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziri gufatanya na FARDC imaze igihe yaranywanye na FDLR, ndetse binakorana mu ntambara yo kurwanya M23.

Mukuralinda avuga ko kuba ingabo za SADC, MONUSCO ndetse n’ingabo z’Ibihugu binyuranye; zikorana na FARDC, ubwabyo atari ikibazo ku Rwanda.

Ati “Ngira ngo byose bishingiye ku masezerano Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guverinoma y’icyo Gihugu bafite nk’uburenganzira bwo kugirana amasezerano n’uwo bashatse, umuryango runaka cyangwa Igihugu runaka.”

Gusa avuga ko ikibazo cyaba ku kuba yaba iyi miryango ndetse n’Ibihugu, byakwemera gukorana n’umutwe w’Iterabwoba, unafite intego zo guhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Ati “Kuba izo ngabo z’Ibihugu bitandukanye zagirana amasezerano na Guverinoma ya Congo, ntakibazo biteye ku Rwanda, ariko ku rundi ruhande kuba bakorana n’umutwe ufite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wanabigerageje, wanabikoze, unabigambiriye byo biteye ikibazo.”

Alain Mukuralinda avuga kandi ko u Rwanda rwakunze kubivuga kuva cyera, ko imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, ikwiye guhagarara, ariko ubutegetsi bwa Congo bukabyirengagiza.

Ati “Ni umutwe wakomotse ku mutwe wa ALIR wigeze gushyirwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba. Ibyo byo rwose biteye impungenge kuba Igihugu cyagirana amasezerano n’ikindi Gihugu n’undi muryango mu bufatanye bavuga ko bugamije kugarura amahoro muri kariya karere, hanyuma hakaza kwiyongeraho n’umutwe nk’uwo bizwi neza ko ugamije gutera cyangwa guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bizwi neza ko washyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.”

Bamwe mu basirikare bafashwe mpiri n’umutwe wa M23, barimo ab’u Burundi, bavuze ko bavuye mu Gihugu cyabo, babwirwa ko bagiye kurwana n’Abanyarwanda, ndetse na FARDC ubwayo ikavuga ko izarasa Abatutsi b’Abanyarwanda kugeza ibasubije mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda.

Mukuralinda avuga ko izi mvugo ubwazo zirimo ikibazo, kuko yaba ari ukuvuga ko “bazasubiza Umututsi ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, bumva ko bamusubije iwabo byaba bifite ishingiro? Nibasobanure neza. Noneho se ni Umututsi w’Umunyekongo, bavuga ko bazasubiza mu Rwanda, ibyo se byo byashoboka?”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko uku kugarura urusobe rw’ingabo muri Congo, atari byo muti w’ibibazo.

Yavuze ko mu buryo bweruye kandi buzwi, ubu FARDC ikorana na MONUSCO, igakorana na bimwe mu Bihugu bya SADC ari byo Malawi, Afurika y’Epfo na Tanzania, hakaba ingabo z’u Burundi, abacancuro, ndetse n’imitwe irimo FDLR.

Ati “Ni ukuvuga ngo muri kiriya Gihugu hari ingabo z’ibindi Bihugu nibura umunani ku ntambara imaze imyaka icumi itarangira […] ikibazo cya mbere twari dukwiye kwibaza, ko n’ubundi ibyo bintu byigeze no kubaho muri za 2013 aho ingabo ziza zikahateranira, bamwe bagatsindwa bagataha, kuki icyo kibazo kitakemutse.”

Mukuralinda avuga ko niba izi ngabo zaje gushyigikira FARDC, barazihaye amakuru atari nko kuba zaraje gufasha iki gisirikare cya Congo kwirukana Abanyarwanda, ubwabyo bizatuma iyi ntambara itarangira, kuko baba birengagije ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eight =

Previous Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Next Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b'Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.