Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakwiyambaza Ibihugu mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, atari ikibazo ku Rwanda, ariko ko igiteye impungenge ari imikoranire yabyo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV.

Hamaze iminsi havugwa ku kuba ingabo za MONUSCO ndetse n’iza SADC, kimwe n’iz’u Burundi ziri muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziri gufatanya na FARDC imaze igihe yaranywanye na FDLR, ndetse binakorana mu ntambara yo kurwanya M23.

Mukuralinda avuga ko kuba ingabo za SADC, MONUSCO ndetse n’ingabo z’Ibihugu binyuranye; zikorana na FARDC, ubwabyo atari ikibazo ku Rwanda.

Ati “Ngira ngo byose bishingiye ku masezerano Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guverinoma y’icyo Gihugu bafite nk’uburenganzira bwo kugirana amasezerano n’uwo bashatse, umuryango runaka cyangwa Igihugu runaka.”

Gusa avuga ko ikibazo cyaba ku kuba yaba iyi miryango ndetse n’Ibihugu, byakwemera gukorana n’umutwe w’Iterabwoba, unafite intego zo guhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Ati “Kuba izo ngabo z’Ibihugu bitandukanye zagirana amasezerano na Guverinoma ya Congo, ntakibazo biteye ku Rwanda, ariko ku rundi ruhande kuba bakorana n’umutwe ufite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wanabigerageje, wanabikoze, unabigambiriye byo biteye ikibazo.”

Alain Mukuralinda avuga kandi ko u Rwanda rwakunze kubivuga kuva cyera, ko imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, ikwiye guhagarara, ariko ubutegetsi bwa Congo bukabyirengagiza.

Ati “Ni umutwe wakomotse ku mutwe wa ALIR wigeze gushyirwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba. Ibyo byo rwose biteye impungenge kuba Igihugu cyagirana amasezerano n’ikindi Gihugu n’undi muryango mu bufatanye bavuga ko bugamije kugarura amahoro muri kariya karere, hanyuma hakaza kwiyongeraho n’umutwe nk’uwo bizwi neza ko ugamije gutera cyangwa guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bizwi neza ko washyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.”

Bamwe mu basirikare bafashwe mpiri n’umutwe wa M23, barimo ab’u Burundi, bavuze ko bavuye mu Gihugu cyabo, babwirwa ko bagiye kurwana n’Abanyarwanda, ndetse na FARDC ubwayo ikavuga ko izarasa Abatutsi b’Abanyarwanda kugeza ibasubije mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda.

Mukuralinda avuga ko izi mvugo ubwazo zirimo ikibazo, kuko yaba ari ukuvuga ko “bazasubiza Umututsi ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, bumva ko bamusubije iwabo byaba bifite ishingiro? Nibasobanure neza. Noneho se ni Umututsi w’Umunyekongo, bavuga ko bazasubiza mu Rwanda, ibyo se byo byashoboka?”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko uku kugarura urusobe rw’ingabo muri Congo, atari byo muti w’ibibazo.

Yavuze ko mu buryo bweruye kandi buzwi, ubu FARDC ikorana na MONUSCO, igakorana na bimwe mu Bihugu bya SADC ari byo Malawi, Afurika y’Epfo na Tanzania, hakaba ingabo z’u Burundi, abacancuro, ndetse n’imitwe irimo FDLR.

Ati “Ni ukuvuga ngo muri kiriya Gihugu hari ingabo z’ibindi Bihugu nibura umunani ku ntambara imaze imyaka icumi itarangira […] ikibazo cya mbere twari dukwiye kwibaza, ko n’ubundi ibyo bintu byigeze no kubaho muri za 2013 aho ingabo ziza zikahateranira, bamwe bagatsindwa bagataha, kuki icyo kibazo kitakemutse.”

Mukuralinda avuga ko niba izi ngabo zaje gushyigikira FARDC, barazihaye amakuru atari nko kuba zaraje gufasha iki gisirikare cya Congo kwirukana Abanyarwanda, ubwabyo bizatuma iyi ntambara itarangira, kuko baba birengagije ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Next Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b'Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.