Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakwiyambaza Ibihugu mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, atari ikibazo ku Rwanda, ariko ko igiteye impungenge ari imikoranire yabyo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV.

Hamaze iminsi havugwa ku kuba ingabo za MONUSCO ndetse n’iza SADC, kimwe n’iz’u Burundi ziri muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziri gufatanya na FARDC imaze igihe yaranywanye na FDLR, ndetse binakorana mu ntambara yo kurwanya M23.

Mukuralinda avuga ko kuba ingabo za SADC, MONUSCO ndetse n’ingabo z’Ibihugu binyuranye; zikorana na FARDC, ubwabyo atari ikibazo ku Rwanda.

Ati “Ngira ngo byose bishingiye ku masezerano Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guverinoma y’icyo Gihugu bafite nk’uburenganzira bwo kugirana amasezerano n’uwo bashatse, umuryango runaka cyangwa Igihugu runaka.”

Gusa avuga ko ikibazo cyaba ku kuba yaba iyi miryango ndetse n’Ibihugu, byakwemera gukorana n’umutwe w’Iterabwoba, unafite intego zo guhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu.

Ati “Kuba izo ngabo z’Ibihugu bitandukanye zagirana amasezerano na Guverinoma ya Congo, ntakibazo biteye ku Rwanda, ariko ku rundi ruhande kuba bakorana n’umutwe ufite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wanabigerageje, wanabikoze, unabigambiriye byo biteye ikibazo.”

Alain Mukuralinda avuga kandi ko u Rwanda rwakunze kubivuga kuva cyera, ko imikoranire n’uyu mutwe wa FDLR, ikwiye guhagarara, ariko ubutegetsi bwa Congo bukabyirengagiza.

Ati “Ni umutwe wakomotse ku mutwe wa ALIR wigeze gushyirwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba. Ibyo byo rwose biteye impungenge kuba Igihugu cyagirana amasezerano n’ikindi Gihugu n’undi muryango mu bufatanye bavuga ko bugamije kugarura amahoro muri kariya karere, hanyuma hakaza kwiyongeraho n’umutwe nk’uwo bizwi neza ko ugamije gutera cyangwa guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bizwi neza ko washyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.”

Bamwe mu basirikare bafashwe mpiri n’umutwe wa M23, barimo ab’u Burundi, bavuze ko bavuye mu Gihugu cyabo, babwirwa ko bagiye kurwana n’Abanyarwanda, ndetse na FARDC ubwayo ikavuga ko izarasa Abatutsi b’Abanyarwanda kugeza ibasubije mu Gihugu cyabo cy’u Rwanda.

Mukuralinda avuga ko izi mvugo ubwazo zirimo ikibazo, kuko yaba ari ukuvuga ko “bazasubiza Umututsi ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, bumva ko bamusubije iwabo byaba bifite ishingiro? Nibasobanure neza. Noneho se ni Umututsi w’Umunyekongo, bavuga ko bazasubiza mu Rwanda, ibyo se byo byashoboka?”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko uku kugarura urusobe rw’ingabo muri Congo, atari byo muti w’ibibazo.

Yavuze ko mu buryo bweruye kandi buzwi, ubu FARDC ikorana na MONUSCO, igakorana na bimwe mu Bihugu bya SADC ari byo Malawi, Afurika y’Epfo na Tanzania, hakaba ingabo z’u Burundi, abacancuro, ndetse n’imitwe irimo FDLR.

Ati “Ni ukuvuga ngo muri kiriya Gihugu hari ingabo z’ibindi Bihugu nibura umunani ku ntambara imaze imyaka icumi itarangira […] ikibazo cya mbere twari dukwiye kwibaza, ko n’ubundi ibyo bintu byigeze no kubaho muri za 2013 aho ingabo ziza zikahateranira, bamwe bagatsindwa bagataha, kuki icyo kibazo kitakemutse.”

Mukuralinda avuga ko niba izi ngabo zaje gushyigikira FARDC, barazihaye amakuru atari nko kuba zaraje gufasha iki gisirikare cya Congo kwirukana Abanyarwanda, ubwabyo bizatuma iyi ntambara itarangira, kuko baba birengagije ikibazo nyirizina kiri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − one =

Previous Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Next Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b'Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.