• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bwa mbere umuhanzi Sintex yavuze uko yahuye n’umugore we baherutse gusezerana

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bwa mbere umuhanzi Sintex yavuze uko yahuye n’umugore we baherutse gusezerana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Arnold Mazimpaka uzwi nka Sintex, yavuze uko yamenyanye n’umugore we Keza Shadia baherutse gusezerana imbere y’amategeko, avuga ko byagizwemo uruhare n’inshuti ye.

Sintex n’umugore we Shadia, basezeranye muri Kanama uyu mwaka, mu Murenge wa Kimironko, mu muhango wamenyekanye ukiba dore ko wateguranywe ibanga rikomeye.

Uyu muhanzi w’injyana ya Dancehall umaze amezi abiri asezeranye n’umugore we usanzwe utuye muri Canada, yavuze ko uyu mugore we yari asanzwe ari inshuti y’inshuti ye.

Ati “Umunsi umwe tuza guhura, ariko serious cyane kandi nanjye ndi umuntu uri serious cyane, ugasanga na we ntavuga nanjye simvuga. Ntakintu nyine cyabaye aho. Nyine turaganira, turasuhuzanya turataha.”

Sintex avuga ko uku guhura bombi bagaceceka, byamweretse ko bashobora guhuza, agahita yiyemeza gukomeza urugendo rwo kumugira umukunzi.

Ati “buriya umuntu muhuza uhita umubona ako kanya. Hacaho nk’ukwezi, igihe kimwe turi kuganira na wa muntu [inshuti ye yari isanzwe ari n’inshuti y’uyu mukunzi we] ndamubaza nti ‘ese amakuru ya Keza? Ni bwo twahise twongera kuvugana, noneho twongeye kuvugana tumera nk’aho twari dukumburanye, mpaka, kuva ubwo amateka y’urukundo yatangiriye aho.”

Umuhanzi Sintex avuga ko uko bagendaga bavugana, yabonye ko ari we ugomba kumubera umugore, agahita afata icyemezo cyo kumusaba kubana, ubu bakaba baramaze gusezerana mu mategeko.

Sintex kandi aherutse gushyira hanze indirimbo yise Keza izanitirirwa album ye, rikaba ari n’izina ry’umugore we.

Sintex avuga ko yiyemeje gukunda Shadia urudashira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Next Post

Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Next Post
Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba

Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.